Monday, August 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imurikagurisha ry’Intara y’Iburasirazuba ryagarukanye impinduka zashyize igorora abamurika

radiotv10by radiotv10
24/08/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Imurikagurisha ry’Intara y’Iburasirazuba ryagarukanye impinduka zashyize igorora abamurika
Share on FacebookShare on Twitter

Imurikagurisha ryo ku rwego rw’Intara y’Iburasirazuba ribaye ku nshuro yaryo ya 14 riri kubera mu Karere ka Rwamagana, ryagarukanye impinduka, zirimo kongera iminsi rizamara kuko yikubye kabiri nyuma yuko bisabwe n’abarikamo ibikorwa byabo.

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorere mu Ntara y’Iburasirazuba, Nkurunziza Jean de Dieu yagaragaje impinduka zabaye mu Imurikagurisha ry’uyu mwaka, aho iminsi yiyongereye ndetse rikaba ririmo amahirwe menshi ku bamurika ndetse n’abaryitabira.

Yagize ati “Iri murikagurisha rizamara iminsi 23. Ni umwihariko kuko ryamaraga iminsi 14 cyangwa 12 ariko ku cyifuzo cy’abaza kumurika, mu cyifuzo cy’abikorera bifuje ko iminsi yakwiyongera kuko harimo kumurika no kugurisha kugira ngo ibyo bazanye kumurika babashe kugurisha.

Ikindi ni uko iyi Ntara yacu murabizi ko irimo ubuhinzi n’Ubworozi, harimo ibikorwa byinshi bizafasha aborozi n’abahinzi haba mu ikoranabuhanga mu buhinzi no mu biryo by’amatungo.”

Bamwe mu bamurika ibikorwa byabo barishimira ko bahawe iminsi ihagije ku buryo bizabafasha gukura inyungu ifatika muri iri murikagurisha ndetse n’ibikorwa byabo bikarushaho kumenyekana.

Ndayambaje Janvier ati “Icyo dushimira Urugaga rw’Abikorera ni uko nyuma yo kumva ubusabe bwacu kuko dukeneye kwereka abaturage bo mu Ntara yacu, barigize ibyumweru bitatu, kandi turashima ko dukomeje gucuruza.”

Rugira Aime Jerome yaje kumurika ibikorwa by’ubukerarugendo, na we yagize ati “Ni iterambere kuri twe ryo kugaragaza ibyo dukora mu Ntara yacu kandi twizeye ko tuzagira aho tuva n’aho tugera.”

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa ubwo yafunguraga ku mugaragaro iri murikagurisha, yasabye abaturage gukomeza guteza imbere ibikorerwa imbere mu Gihugu bashyigikira gahunda ya ‘made in Rwanda’.

Ati “Harimo ibyiza byinshi tugenda tugeraho, dufitemo n’umwihariko mu bihinzi, ubworozi, bakabyongerera agaciro, harimo ingana ziciriritse n’ininini zikora iby’iwacu yaba imyenda, yaba kongerera agaciro ibyavuye mu buhinzi n’ubworozi, yaba inganda zikora ibiryo by’amatungo, amavuta yo mu bwoko butandukanye ariko kandi n’ubukorikori cyane cyane mu bikorwa by’urubyiruko.”

Iri murikabikorwa ry’Intara y’Iburasirazuba riri kubera mu Karere ka Rwamagana, ryitabiriwe n’abamurika ibikorwa byabo 260, rikaba rizasozwa tariki 09 Nzeri 2025.

Ubwo hafungurwaga ku mugaragaro iri murikagurisha
Habayeho gusura bimwe mu bikorwa biri kumurikirwamo
Guverineri Pudence Rubingisa yasabye abaryitabiriye kuribyaza umusaruro

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + eighteen =

Previous Post

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

Next Post

Post-grad panic: What happens after university?

Related Posts

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda barenga 500 batahutse bavuye muri Congo

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda barenga 500 batahutse bavuye muri Congo

by radiotv10
25/08/2025
0

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 532 bari barahungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baje ku bw’icyemezo cyafatiwe mu nama iherutse...

Umunyamakuru wari mu bamaze igihe mu itangazamkuru mu Rwanda yitabye Imana

Umunyamakuru wari mu bamaze igihe mu itangazamkuru mu Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
25/08/2025
0

Kassim Yussuf wari Umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA, wamenyekanye cyane mu kiganiro Samedi Détente kuri Radio Rwanda, yitabye imana azize...

Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

Amashuri yisumbuye ya Leta yashyiriweho umwihariko ku musanzu ntarengwa utangwa n’ababyeyi

by radiotv10
25/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi yibukije amashuri ya Leta n’afashwa na Leta ku bw’amasezerano, kubahiriza amabwiriza yashyizweho muri 2022 agena umusanzu utangwa n’ababyeyi,...

Rusizi: Ni inde wigiza nkana hagati y’Ubuyobozi n’umuturage ushinjwa kugurisha igishanga cya Leta?

Rusizi: Ni inde wigiza nkana hagati y’Ubuyobozi n’umuturage ushinjwa kugurisha igishanga cya Leta?

by radiotv10
25/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rwimbogo buvuga ko hamaze kugaragara abaturage bagera kuri 50 bahaye mugenzi wawo amafaranga akabagurisha igishanga cya Leta,...

Post-grad panic: What happens after university?

Post-grad panic: What happens after university?

by radiotv10
25/08/2025
0

Graduating from university is often seen as the happiest moment in a young person’s life. Family and friends celebrate, pictures...

IZIHERUKA

Imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Masisi yongeye gukara
AMAHANGA

Imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Masisi yongeye gukara

by radiotv10
25/08/2025
0

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda barenga 500 batahutse bavuye muri Congo

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda barenga 500 batahutse bavuye muri Congo

25/08/2025
Andi makuru y’ibyabaye ubwo abacancuro bamanikiraga amaboko M23 n’ibyabanjirije kunyuzwa mu Rwanda bataha

Abacancuro bongeye gushyirwa mu majwi mu ntambara yo muri Congo

25/08/2025
Umunyamakuru wari mu bamaze igihe mu itangazamkuru mu Rwanda yitabye Imana

Umunyamakuru wari mu bamaze igihe mu itangazamkuru mu Rwanda yitabye Imana

25/08/2025
Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

Amashuri yisumbuye ya Leta yashyiriweho umwihariko ku musanzu ntarengwa utangwa n’ababyeyi

25/08/2025
Rusizi: Ni inde wigiza nkana hagati y’Ubuyobozi n’umuturage ushinjwa kugurisha igishanga cya Leta?

Rusizi: Ni inde wigiza nkana hagati y’Ubuyobozi n’umuturage ushinjwa kugurisha igishanga cya Leta?

25/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Post-grad panic: What happens after university?

Post-grad panic: What happens after university?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Masisi yongeye gukara

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda barenga 500 batahutse bavuye muri Congo

Abacancuro bongeye gushyirwa mu majwi mu ntambara yo muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.