• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imurikagurisha ry’Intara y’Iburasirazuba ryagarukanye impinduka zashyize igorora abamurika

radiotv10by radiotv10
24/08/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Imurikagurisha ry’Intara y’Iburasirazuba ryagarukanye impinduka zashyize igorora abamurika
Share on FacebookShare on Twitter

Imurikagurisha ryo ku rwego rw’Intara y’Iburasirazuba ribaye ku nshuro yaryo ya 14 riri kubera mu Karere ka Rwamagana, ryagarukanye impinduka, zirimo kongera iminsi rizamara kuko yikubye kabiri nyuma yuko bisabwe n’abarikamo ibikorwa byabo.

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorere mu Ntara y’Iburasirazuba, Nkurunziza Jean de Dieu yagaragaje impinduka zabaye mu Imurikagurisha ry’uyu mwaka, aho iminsi yiyongereye ndetse rikaba ririmo amahirwe menshi ku bamurika ndetse n’abaryitabira.

Yagize ati “Iri murikagurisha rizamara iminsi 23. Ni umwihariko kuko ryamaraga iminsi 14 cyangwa 12 ariko ku cyifuzo cy’abaza kumurika, mu cyifuzo cy’abikorera bifuje ko iminsi yakwiyongera kuko harimo kumurika no kugurisha kugira ngo ibyo bazanye kumurika babashe kugurisha.

Ikindi ni uko iyi Ntara yacu murabizi ko irimo ubuhinzi n’Ubworozi, harimo ibikorwa byinshi bizafasha aborozi n’abahinzi haba mu ikoranabuhanga mu buhinzi no mu biryo by’amatungo.”

Bamwe mu bamurika ibikorwa byabo barishimira ko bahawe iminsi ihagije ku buryo bizabafasha gukura inyungu ifatika muri iri murikagurisha ndetse n’ibikorwa byabo bikarushaho kumenyekana.

Ndayambaje Janvier ati “Icyo dushimira Urugaga rw’Abikorera ni uko nyuma yo kumva ubusabe bwacu kuko dukeneye kwereka abaturage bo mu Ntara yacu, barigize ibyumweru bitatu, kandi turashima ko dukomeje gucuruza.”

Rugira Aime Jerome yaje kumurika ibikorwa by’ubukerarugendo, na we yagize ati “Ni iterambere kuri twe ryo kugaragaza ibyo dukora mu Ntara yacu kandi twizeye ko tuzagira aho tuva n’aho tugera.”

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa ubwo yafunguraga ku mugaragaro iri murikagurisha, yasabye abaturage gukomeza guteza imbere ibikorerwa imbere mu Gihugu bashyigikira gahunda ya ‘made in Rwanda’.

Ati “Harimo ibyiza byinshi tugenda tugeraho, dufitemo n’umwihariko mu bihinzi, ubworozi, bakabyongerera agaciro, harimo ingana ziciriritse n’ininini zikora iby’iwacu yaba imyenda, yaba kongerera agaciro ibyavuye mu buhinzi n’ubworozi, yaba inganda zikora ibiryo by’amatungo, amavuta yo mu bwoko butandukanye ariko kandi n’ubukorikori cyane cyane mu bikorwa by’urubyiruko.”

Iri murikabikorwa ry’Intara y’Iburasirazuba riri kubera mu Karere ka Rwamagana, ryitabiriwe n’abamurika ibikorwa byabo 260, rikaba rizasozwa tariki 09 Nzeri 2025.

Ubwo hafungurwaga ku mugaragaro iri murikagurisha
Habayeho gusura bimwe mu bikorwa biri kumurikirwamo
Guverineri Pudence Rubingisa yasabye abaryitabiriye kuribyaza umusaruro

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 5 =

Previous Post

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

Next Post

Post-grad panic: What happens after university?

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Post-grad panic: What happens after university?

Post-grad panic: What happens after university?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.