Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imurikagurisha ry’Intara y’Iburasirazuba ryagarukanye impinduka zashyize igorora abamurika

radiotv10by radiotv10
24/08/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Imurikagurisha ry’Intara y’Iburasirazuba ryagarukanye impinduka zashyize igorora abamurika
Share on FacebookShare on Twitter

Imurikagurisha ryo ku rwego rw’Intara y’Iburasirazuba ribaye ku nshuro yaryo ya 14 riri kubera mu Karere ka Rwamagana, ryagarukanye impinduka, zirimo kongera iminsi rizamara kuko yikubye kabiri nyuma yuko bisabwe n’abarikamo ibikorwa byabo.

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorere mu Ntara y’Iburasirazuba, Nkurunziza Jean de Dieu yagaragaje impinduka zabaye mu Imurikagurisha ry’uyu mwaka, aho iminsi yiyongereye ndetse rikaba ririmo amahirwe menshi ku bamurika ndetse n’abaryitabira.

Yagize ati “Iri murikagurisha rizamara iminsi 23. Ni umwihariko kuko ryamaraga iminsi 14 cyangwa 12 ariko ku cyifuzo cy’abaza kumurika, mu cyifuzo cy’abikorera bifuje ko iminsi yakwiyongera kuko harimo kumurika no kugurisha kugira ngo ibyo bazanye kumurika babashe kugurisha.

Ikindi ni uko iyi Ntara yacu murabizi ko irimo ubuhinzi n’Ubworozi, harimo ibikorwa byinshi bizafasha aborozi n’abahinzi haba mu ikoranabuhanga mu buhinzi no mu biryo by’amatungo.”

Bamwe mu bamurika ibikorwa byabo barishimira ko bahawe iminsi ihagije ku buryo bizabafasha gukura inyungu ifatika muri iri murikagurisha ndetse n’ibikorwa byabo bikarushaho kumenyekana.

Ndayambaje Janvier ati “Icyo dushimira Urugaga rw’Abikorera ni uko nyuma yo kumva ubusabe bwacu kuko dukeneye kwereka abaturage bo mu Ntara yacu, barigize ibyumweru bitatu, kandi turashima ko dukomeje gucuruza.”

Rugira Aime Jerome yaje kumurika ibikorwa by’ubukerarugendo, na we yagize ati “Ni iterambere kuri twe ryo kugaragaza ibyo dukora mu Ntara yacu kandi twizeye ko tuzagira aho tuva n’aho tugera.”

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa ubwo yafunguraga ku mugaragaro iri murikagurisha, yasabye abaturage gukomeza guteza imbere ibikorerwa imbere mu Gihugu bashyigikira gahunda ya ‘made in Rwanda’.

Ati “Harimo ibyiza byinshi tugenda tugeraho, dufitemo n’umwihariko mu bihinzi, ubworozi, bakabyongerera agaciro, harimo ingana ziciriritse n’ininini zikora iby’iwacu yaba imyenda, yaba kongerera agaciro ibyavuye mu buhinzi n’ubworozi, yaba inganda zikora ibiryo by’amatungo, amavuta yo mu bwoko butandukanye ariko kandi n’ubukorikori cyane cyane mu bikorwa by’urubyiruko.”

Iri murikabikorwa ry’Intara y’Iburasirazuba riri kubera mu Karere ka Rwamagana, ryitabiriwe n’abamurika ibikorwa byabo 260, rikaba rizasozwa tariki 09 Nzeri 2025.

Ubwo hafungurwaga ku mugaragaro iri murikagurisha
Habayeho gusura bimwe mu bikorwa biri kumurikirwamo
Guverineri Pudence Rubingisa yasabye abaryitabiriye kuribyaza umusaruro

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + eighteen =

Previous Post

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

Next Post

Post-grad panic: What happens after university?

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Post-grad panic: What happens after university?

Post-grad panic: What happens after university?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.