Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Masisi yongeye gukara

radiotv10by radiotv10
25/08/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Masisi yongeye gukara
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bice bimwe byo muri Sheferi ya Osso Banyungu muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imirwano ihanganishije AFC/M23 na Wazalendo yumvikanyemo imbunda zimereye.

Iyi mirwano yaramukiye mu duce twa Biholo na Muhemba muri Sheferi ya Osso Banyungu, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Kanama 2025 nk’uko tubikesha inyamakuru ACTUALITE.CD.

Iki gitangazamakuru kivuga ko iyi mirwano yatangijwe n’abarwanyi ba AFC/M23 bari baturutse mu bice bya Nyabiondo na Kasopo bagabye ibitero ku barwanyi ba Wazalendo bakunze kuvugwaho ibikorwa by’amahano bakorera abaturage.

Amakuru yatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, avuga ko iyi mirwano yari igikomeje hagati y’impande zombi, aho Ihuriro AFC/M23 ryakunze kuvuga kenshi ko ritazihanganira amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye, ahubwo ko rizajya rijya guhangana na rwo aho ruri.

Ubwo iyi mirwano yatangiraga mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, muri ibi bice yabereyemo humvikanye urusaku rw’imbunda zirimo inini ndetse n’into, aho impande zombi zari zikomeje gukozanyaho.

Amakuru avuga ko Ihuriro AFC/M23 rishaka kugira ibirindiro i Masisi ahakomeje kuyoborwa n’umutwe wa Wazalendo wakunze gutungwa agatoki gukora ibikorwa bidahwitse ubikorera abaturage, ari na ko ugaba ibitero ku barwanyi ba AFC/M23.

Iyi mirwano yadutse mu gihe kuri iki Cyumweru uruhande rwa Leta ya Kinshasa rwari rwagabye ibitero mu bice binyuranye mu Ntara ya Kivu y’Epfo byumwihariko mu gace ka Kadasomwa.

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje iby’ibi bitero byagabwe kuri iki Cyumweru, ryavuze ko byari birimo abacancuro bongeye kwiyambazwa n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, ryongera kwibutsa ko ritazihanganira ibi bikorwa by’ubushotoranyi, ahubwo ko rizajya guhangana n’abakomeje kubuzamura, rikabasanga aho bari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda barenga 500 batahutse bavuye muri Congo

Next Post

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.