Sunday, October 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Batswe amafaranga bizezwa inkunga none amaso yaheze mu kirere

radiotv10by radiotv10
27/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Batswe amafaranga bizezwa inkunga none amaso yaheze mu kirere
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kigarama mu Murenge wa Musha mu Karere ka Gisagara, bavuga ko ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwabatse amafaranga bubizeza kujya kubashakira inkunga, none imyaka ibiri irihiritse bagitegereje.

Aba baturage bavuga ko amafaranga bayakwaga n’abayobozi bo mu Midugudu n’Utugari, kandi ko bayabatse mu byiciro binyuranye.

Niyibera Yozefa yagize ati “Sedo yaraje anyaka amafaranga ibihumbi bitatu ambwira ko bagiye kutuguriza ibihumbi magana abiri ngo twiteze imbere, batwaka n’andi ngo yo gufunguza konti azanyuraho ndetse n’andi y’ibindi bipapuro, hashize iminsi  tubajije iby’ayo mafaranga baradutuka none kuri ubu imyaka ishize ari ibiri dutegereje ayo mafaranga turaheba.”

Havugimana Innocent na we yagize ati “Baduciye amafaranga 3 600 nyuma dutanga andi 3 000 yo kugura impapuro, badutegeka gutanga n’andi yo gufunguza konti batubwira ko bagiye kuduha ibihumbi 200 none kuri ubu twarategereje turaheba n’amafaranga yacu twatanze yahereyemo burundu wanabaza abo bayobozi ntibagire icyo batubwira.”

Aba baturage basaba ko basubizwa amafaranga yabo batanze cyangwa bagahabwa iyo nkunga bemerewe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musha, Kimonyo Innocent avuga ko aya mafaranga yari yatanzwe n’abaturage kugira ngo bigirwe imishinga kugira ngo babone inkunga muri gahunda ya VUP Financial Services.

Ati “Bayahaye aba Agent bo kubigira imishinga. Imishinga yemejwe barayabonye, abo imishinga itemejwe basaba ko basubizwa ya mafaranga 6 000 bahaye aba Agent kandi biragoye ko umu Agent yagusubiza amafaranga.”

Uyu muyobozi avuga ko nyuma yo kubona ko aba baturage batasubizwa amafaranga batanze, baganirijwe bakizezwa ko abo imishinga yabo itemejwe, bategereza ku buryo hagize amafaranga aboneka muri iriya gahunda, bazajya na bo bayahabwa.

Bavuga ko ubuyobozi bwabatengushye

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Cameroon: Abana bari bashimuswe n’umutwe w’iterabwoba ukabajyana mu kindi Gihugu bacyuwe

Next Post

Imibare mishya iteye inkeke y’abahitanywe n’icyorezo cyibasiye impunzi z’Abanya-Sudani muri Tchad

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
26/10/2025
3

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

by radiotv10
25/10/2025
0

Mu biganiro nyunguranabitekerezo mu Karere ka Kicukiro, Hon. Edda Mukabagwiza wo mu Muryango Unity Club Intwararumuri, yibukije ko kugira ngo...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
25/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi,...

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
26/10/2025
3

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

25/10/2025
Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imibare mishya iteye inkeke y’abahitanywe n’icyorezo cyibasiye impunzi z’Abanya-Sudani muri Tchad

Imibare mishya iteye inkeke y’abahitanywe n’icyorezo cyibasiye impunzi z’Abanya-Sudani muri Tchad

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.