• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Batswe amafaranga bizezwa inkunga none amaso yaheze mu kirere

radiotv10by radiotv10
27/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Batswe amafaranga bizezwa inkunga none amaso yaheze mu kirere
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kigarama mu Murenge wa Musha mu Karere ka Gisagara, bavuga ko ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwabatse amafaranga bubizeza kujya kubashakira inkunga, none imyaka ibiri irihiritse bagitegereje.

Aba baturage bavuga ko amafaranga bayakwaga n’abayobozi bo mu Midugudu n’Utugari, kandi ko bayabatse mu byiciro binyuranye.

Niyibera Yozefa yagize ati “Sedo yaraje anyaka amafaranga ibihumbi bitatu ambwira ko bagiye kutuguriza ibihumbi magana abiri ngo twiteze imbere, batwaka n’andi ngo yo gufunguza konti azanyuraho ndetse n’andi y’ibindi bipapuro, hashize iminsi  tubajije iby’ayo mafaranga baradutuka none kuri ubu imyaka ishize ari ibiri dutegereje ayo mafaranga turaheba.”

Havugimana Innocent na we yagize ati “Baduciye amafaranga 3 600 nyuma dutanga andi 3 000 yo kugura impapuro, badutegeka gutanga n’andi yo gufunguza konti batubwira ko bagiye kuduha ibihumbi 200 none kuri ubu twarategereje turaheba n’amafaranga yacu twatanze yahereyemo burundu wanabaza abo bayobozi ntibagire icyo batubwira.”

Aba baturage basaba ko basubizwa amafaranga yabo batanze cyangwa bagahabwa iyo nkunga bemerewe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musha, Kimonyo Innocent avuga ko aya mafaranga yari yatanzwe n’abaturage kugira ngo bigirwe imishinga kugira ngo babone inkunga muri gahunda ya VUP Financial Services.

Ati “Bayahaye aba Agent bo kubigira imishinga. Imishinga yemejwe barayabonye, abo imishinga itemejwe basaba ko basubizwa ya mafaranga 6 000 bahaye aba Agent kandi biragoye ko umu Agent yagusubiza amafaranga.”

Uyu muyobozi avuga ko nyuma yo kubona ko aba baturage batasubizwa amafaranga batanze, baganirijwe bakizezwa ko abo imishinga yabo itemejwe, bategereza ku buryo hagize amafaranga aboneka muri iriya gahunda, bazajya na bo bayahabwa.

Bavuga ko ubuyobozi bwabatengushye

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + five =

Previous Post

Cameroon: Abana bari bashimuswe n’umutwe w’iterabwoba ukabajyana mu kindi Gihugu bacyuwe

Next Post

Imibare mishya iteye inkeke y’abahitanywe n’icyorezo cyibasiye impunzi z’Abanya-Sudani muri Tchad

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Imibare mishya iteye inkeke y’abahitanywe n’icyorezo cyibasiye impunzi z’Abanya-Sudani muri Tchad

Imibare mishya iteye inkeke y’abahitanywe n’icyorezo cyibasiye impunzi z’Abanya-Sudani muri Tchad

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.