• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeye ko kiremerewe n’ibibazo biri mu rwego rw’Ubuzima

radiotv10by radiotv10
26/08/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Igihugu kimwe muri Afurika cyemeye ko kiremerewe n’ibibazo biri mu rwego rw’Ubuzima
Share on FacebookShare on Twitter

Leta y’Igihugu cya Botswana yatangaje ko yugarijwe n’ibibazo biri mu rwego rw’ubuzima, nyuma yuko iki Gihugu kiri guhura n’ibibazo byo kubura imiti n’ibikoresho byo mu buvuzi.

Mu itangazo ryanyujijwe kuri Televiziyo y’Igihugu, Perezida wa Botswana, Duma Boko yavuze ko Igihugu gifite ikibazo gikomeye cyo kuba nta bikoresho bikoreshwa kwa muganga bihagije gifite.

Gusa yatanze ihumure ko Guverinoma iri gukora ibishoboka byose ngo ibone amafaranga yo gukemura iki kibazo mu buryo bwihuse.

Umukuru w’iki Gihugu yashimangiye ko bishobora kutazoroha bitewe n’ubushobozi Igihugu gifite, ariko barimo bagerageza.

Ubukungu bwa Botswana ituwe n’abaturage barenga Miliyoni ebyiri n’igice, bwahirimye nyuma yuko amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Diyama akumiriwe ku isoko mpuzamahanga, kandi iki Gihugu cyari mu bya mbere bikomeye muri ubu bucuruzi.

Haje kwikubitamo ingaruka zaturutse ku ihagarikwa ry’inkunga Leta Zunze Ubumwe za America yahaga iki Gihugu, ibyaje no kugira ingaruka zirimo ubukene bukabije mu baturage, ndetse n’ibibazo by’ubuzima kuko imiti igabanya ubukana bwa Virusi itera SIDA yahise ihagarara, ndetse n’iy’igituntu, nkuko biherutse gutangazwa na Minisitiri w’Ubuzima Dr Stephen Modise.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

IFOTO: Umuhanzi Andy Bumuntu yagaragaye mu isura nshya

Next Post

Hadutse akavuyo ubwo hashyingurwaga Colonel w’Umunyamulenge wa FARDC wahitanywe n’impanuka ya kajugujugu

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Hadutse akavuyo ubwo hashyingurwaga Colonel w’Umunyamulenge wa FARDC wahitanywe n’impanuka ya kajugujugu

Hadutse akavuyo ubwo hashyingurwaga Colonel w’Umunyamulenge wa FARDC wahitanywe n’impanuka ya kajugujugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.