Monday, October 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeye ko kiremerewe n’ibibazo biri mu rwego rw’Ubuzima

radiotv10by radiotv10
26/08/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Igihugu kimwe muri Afurika cyemeye ko kiremerewe n’ibibazo biri mu rwego rw’Ubuzima
Share on FacebookShare on Twitter

Leta y’Igihugu cya Botswana yatangaje ko yugarijwe n’ibibazo biri mu rwego rw’ubuzima, nyuma yuko iki Gihugu kiri guhura n’ibibazo byo kubura imiti n’ibikoresho byo mu buvuzi.

Mu itangazo ryanyujijwe kuri Televiziyo y’Igihugu, Perezida wa Botswana, Duma Boko yavuze ko Igihugu gifite ikibazo gikomeye cyo kuba nta bikoresho bikoreshwa kwa muganga bihagije gifite.

Gusa yatanze ihumure ko Guverinoma iri gukora ibishoboka byose ngo ibone amafaranga yo gukemura iki kibazo mu buryo bwihuse.

Umukuru w’iki Gihugu yashimangiye ko bishobora kutazoroha bitewe n’ubushobozi Igihugu gifite, ariko barimo bagerageza.

Ubukungu bwa Botswana ituwe n’abaturage barenga Miliyoni ebyiri n’igice, bwahirimye nyuma yuko amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Diyama akumiriwe ku isoko mpuzamahanga, kandi iki Gihugu cyari mu bya mbere bikomeye muri ubu bucuruzi.

Haje kwikubitamo ingaruka zaturutse ku ihagarikwa ry’inkunga Leta Zunze Ubumwe za America yahaga iki Gihugu, ibyaje no kugira ingaruka zirimo ubukene bukabije mu baturage, ndetse n’ibibazo by’ubuzima kuko imiti igabanya ubukana bwa Virusi itera SIDA yahise ihagarara, ndetse n’iy’igituntu, nkuko biherutse gutangazwa na Minisitiri w’Ubuzima Dr Stephen Modise.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 20 =

Previous Post

IFOTO: Umuhanzi Andy Bumuntu yagaragaye mu isura nshya

Next Post

Hadutse akavuyo ubwo hashyingurwaga Colonel w’Umunyamulenge wa FARDC wahitanywe n’impanuka ya kajugujugu

Related Posts

AFC/M23 yashenguwe n’urupfu rwa Musenyeri wo muri Kiliziya Gatulika i Goma

AFC/M23 yashenguwe n’urupfu rwa Musenyeri wo muri Kiliziya Gatulika i Goma

by radiotv10
27/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryababajwe n’urupfu rwa Musenyeri Faustin Ngabu wabaye Umushumba...

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

by radiotv10
25/10/2025
0

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon, Issa Tchiroma Bakary, wamaze kwitangaza nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, yatangaje ko igihe hatangazwa...

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

by radiotv10
24/10/2025
0

Abantu 25 baburiye ubuzima mu mpanuka yabereye muri Leta ya Andhra Pradesh mu majyepfo y’u Buhindi, nyuma yuko bisi itwara...

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Umutekano mu Bufaransa, yavuze ko Nicolas Sarközy wayoboye iki Gihugu, mu myaka itanu azamara muri Gereza La Santé afungiyemo,...

Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

by radiotv10
24/10/2025
0

Ibihano Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Turmp yafatitye kompanyi ebyiri zicuruza ibikomoka kuri petrole zo mu Burusiya,...

IZIHERUKA

Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri
MU RWANDA

Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri

by radiotv10
27/10/2025
0

AFC/M23 yashenguwe n’urupfu rwa Musenyeri wo muri Kiliziya Gatulika i Goma

AFC/M23 yashenguwe n’urupfu rwa Musenyeri wo muri Kiliziya Gatulika i Goma

27/10/2025
Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

27/10/2025
Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

27/10/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

25/10/2025
Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hadutse akavuyo ubwo hashyingurwaga Colonel w’Umunyamulenge wa FARDC wahitanywe n’impanuka ya kajugujugu

Hadutse akavuyo ubwo hashyingurwaga Colonel w’Umunyamulenge wa FARDC wahitanywe n’impanuka ya kajugujugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri

AFC/M23 yashenguwe n’urupfu rwa Musenyeri wo muri Kiliziya Gatulika i Goma

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.