Monday, September 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo gihabwa abavuga ko igiciro cyo kohererezanya amafaranga kuri Telefone kigihanitse mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/08/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Igisubizo gihabwa abavuga ko igiciro cyo kohererezanya amafaranga kuri Telefone kigihanitse mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe hari abagitaka ko igiciciro cyo kohererezanya amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga rya telefone kikiri hejuru, Banki Nkuru y’u Rwanda iratangaza ko bidashobora gukorerwa ubuntu, ariko kuba kikiri hejuru byo bishobora gusuzumwa ku buryo mu gihe kiri imbere cyagabanywa.

Ni mu gihe bamwe mu bakoresha ubu buryo byumwihariko abacuruzi bavuga ko igiciro cyo kohererezanya no kwakira amafaranga kuri telefone kiri hejuru.

Uwitwa Dushime Theophile yagize ati “Ikiguzi cyo kohererezanya amafaranga hifashishijwe telefone kiri hejuru cyane ubu kugira ngo wohereze amafaranga ibihumbi Magana atandatu (600 000 Frw) baguca ibihumbi bitandatu (6 000 Frw). Ibaze uri bwohereze ayo mafaranga inshuro eshatu ubwo baguca ibihumbi cumi n’umunani (18 000 Frw) uri kumva ukuntu ari menshi, uba uhomba amafaranga menshi.”

Fabrice na we yagize ati “Nkanjye ndi umucuruzi, hari ubwo umukiliya aza hari nk’ibintu namusaba kwishyura kuri telefone akabyanga bitewe nuko abona bari bumukate amafaranga menshi yo kohereza.”

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye avuga ko abakunze gutaka ko ibiciro byo kohererezanya amafaranga biri hejuru, bagomba kumva ko ari serivisi igomba kwishyurwa.

Ati “Icyo twagiye tugarukaho ni uko ntabwo iyo serivise yatangirwa ubuntu kubera ko ibigo biyitanga ni ibigo byikorera, n’iyo yaba ari Leta na yo iba yashoyemo imari, ariko icyagiye kigaragara ni uko muri iyi myaka itanu ikiguzi cyabyo cyakomeje kwiyongera.”

Yakomeje agira ati “Ubu rero hari ibindi turimo kureba dufatanyije na RSwitch iyi ni company ya Leta turi kureba ishoramari ryajyamo kugira ngo ikiguzi cyongere kigabanuke cyane ku bantu bohererezanya, icyo dushaka ni uko icyo kiguzi kitabangamira umuturage, rero gahunda ya e-cash nikomeza kwitabirwa ndetse n’ishoramari Leta turizera ko ibi bizatuma iki kiguzi kigabanuka mu mezi ari imbere.”

Imibare ya Banki Nkuru y’u Rwanda igaragaza ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2022-2023, kohererezanya amafaranga hifashishijwe telefoni byaje ku mwanya wa mbere mu nzira zo kwishyurana, kuko byari byihariye byihariye 52% by’ibikorwa byose byo kwishyurana byakozwe na 45% ku by’amafaranga yose yakoreshejwe.

BNR kandi igaragaza ko mu kwezi kwa gatandatu umwaka ushize wa 2024 ijanisha ry’ubwishyu bukoresheje ikoranabuhanga ku musaruro mbumbe w’Igihugu ryari rifite agaciro kagera kuri 265%, naho mu kwezi nk’uko muri uyu mwaka wa 2025 iyi mibare yarazamutse, kuko yageze kuri 343%.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + eighteen =

Previous Post

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Next Post

Agasuzuguro, gushyogozanya,…-Impamvu Ishyaka riyoborwa na Dr.Frank Habineza ryahagaritse bamwe mu bari mu buyobozi

Related Posts

Perezida Kagame yagaragaje uruhare urubyiruko rukeneweho mu kurandura inzara yugarije Abanyafurika

Perezida Kagame yagaragaje uruhare urubyiruko rukeneweho mu kurandura inzara yugarije Abanyafurika

by radiotv10
01/09/2025
0

Perezida Paul Kagame witabiriye inama Nyafurika yiga ku kwihaza mu biribwa, yavuze ko urubyiruko rukwiye kwitabira ubuhinzi kugira ngo bahangane...

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

by radiotv10
01/09/2025
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere ‘Meteo Rwanda’ cyatangaje ko imvura iteganyijwe mu kwezi kwa Nzeri uyu mwaka, iri hejuru y’ikigero...

Rusizi: Baranenga World Vision gutererana umwana wagonzwe n’imodoka yayo akabura uwamukurikirana

Rusizi: Baranenga World Vision gutererana umwana wagonzwe n’imodoka yayo akabura uwamukurikirana

by radiotv10
01/09/2025
0

Abaturage bo mu Kagari ka Gakoni mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi baratabariza umwana w’imyaka 9 umaze imyaka...

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

by radiotv10
01/09/2025
0

Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda RAB, cyagaragarije abatunze imbwa ibyo bagomba kubahiriza, aho buri wese uyitunze agomba kubimenyesha...

Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa

Hatangajwe umubare w’imanza zaciwe nk’Inkiko z’u Rwanda n’izakemuwe hakoreshejwe ubuhuza n’ubwumvikane

by radiotv10
01/09/2025
0

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga akaba na Perezida w’Inama Nkuru y’Ubucamanza, yagaragaje ku mu mwaka w’Ubucamanza wa 2024-2025, imanza zirenga ibihumbi 15...

IZIHERUKA

Agahinda gakomeje kuba kenshi muri Afghanistan ku bw’imibare y’abahitanywe n’umutingito
AMAHANGA

Agahinda gakomeje kuba kenshi muri Afghanistan ku bw’imibare y’abahitanywe n’umutingito

by radiotv10
01/09/2025
0

Perezida Kagame yagaragaje uruhare urubyiruko rukeneweho mu kurandura inzara yugarije Abanyafurika

Perezida Kagame yagaragaje uruhare urubyiruko rukeneweho mu kurandura inzara yugarije Abanyafurika

01/09/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yongeye kwihanangiriza Ubutegetsi bwa Congo iha integuza FARDC, FDLR n’abacancuro

01/09/2025
Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

01/09/2025
Rusizi: Baranenga World Vision gutererana umwana wagonzwe n’imodoka yayo akabura uwamukurikirana

Rusizi: Baranenga World Vision gutererana umwana wagonzwe n’imodoka yayo akabura uwamukurikirana

01/09/2025
Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye

Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye

01/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Agasuzuguro, gushyogozanya,…-Impamvu Ishyaka riyoborwa na Dr.Frank Habineza ryahagaritse bamwe mu bari mu buyobozi

Agasuzuguro, gushyogozanya,…-Impamvu Ishyaka riyoborwa na Dr.Frank Habineza ryahagaritse bamwe mu bari mu buyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Agahinda gakomeje kuba kenshi muri Afghanistan ku bw’imibare y’abahitanywe n’umutingito

Perezida Kagame yagaragaje uruhare urubyiruko rukeneweho mu kurandura inzara yugarije Abanyafurika

AFC/M23 yongeye kwihanangiriza Ubutegetsi bwa Congo iha integuza FARDC, FDLR n’abacancuro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.