Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo gihabwa abavuga ko igiciro cyo kohererezanya amafaranga kuri Telefone kigihanitse mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/08/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Igisubizo gihabwa abavuga ko igiciro cyo kohererezanya amafaranga kuri Telefone kigihanitse mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe hari abagitaka ko igiciciro cyo kohererezanya amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga rya telefone kikiri hejuru, Banki Nkuru y’u Rwanda iratangaza ko bidashobora gukorerwa ubuntu, ariko kuba kikiri hejuru byo bishobora gusuzumwa ku buryo mu gihe kiri imbere cyagabanywa.

Ni mu gihe bamwe mu bakoresha ubu buryo byumwihariko abacuruzi bavuga ko igiciro cyo kohererezanya no kwakira amafaranga kuri telefone kiri hejuru.

Uwitwa Dushime Theophile yagize ati “Ikiguzi cyo kohererezanya amafaranga hifashishijwe telefone kiri hejuru cyane ubu kugira ngo wohereze amafaranga ibihumbi Magana atandatu (600 000 Frw) baguca ibihumbi bitandatu (6 000 Frw). Ibaze uri bwohereze ayo mafaranga inshuro eshatu ubwo baguca ibihumbi cumi n’umunani (18 000 Frw) uri kumva ukuntu ari menshi, uba uhomba amafaranga menshi.”

Fabrice na we yagize ati “Nkanjye ndi umucuruzi, hari ubwo umukiliya aza hari nk’ibintu namusaba kwishyura kuri telefone akabyanga bitewe nuko abona bari bumukate amafaranga menshi yo kohereza.”

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye avuga ko abakunze gutaka ko ibiciro byo kohererezanya amafaranga biri hejuru, bagomba kumva ko ari serivisi igomba kwishyurwa.

Ati “Icyo twagiye tugarukaho ni uko ntabwo iyo serivise yatangirwa ubuntu kubera ko ibigo biyitanga ni ibigo byikorera, n’iyo yaba ari Leta na yo iba yashoyemo imari, ariko icyagiye kigaragara ni uko muri iyi myaka itanu ikiguzi cyabyo cyakomeje kwiyongera.”

Yakomeje agira ati “Ubu rero hari ibindi turimo kureba dufatanyije na RSwitch iyi ni company ya Leta turi kureba ishoramari ryajyamo kugira ngo ikiguzi cyongere kigabanuke cyane ku bantu bohererezanya, icyo dushaka ni uko icyo kiguzi kitabangamira umuturage, rero gahunda ya e-cash nikomeza kwitabirwa ndetse n’ishoramari Leta turizera ko ibi bizatuma iki kiguzi kigabanuka mu mezi ari imbere.”

Imibare ya Banki Nkuru y’u Rwanda igaragaza ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2022-2023, kohererezanya amafaranga hifashishijwe telefoni byaje ku mwanya wa mbere mu nzira zo kwishyurana, kuko byari byihariye byihariye 52% by’ibikorwa byose byo kwishyurana byakozwe na 45% ku by’amafaranga yose yakoreshejwe.

BNR kandi igaragaza ko mu kwezi kwa gatandatu umwaka ushize wa 2024 ijanisha ry’ubwishyu bukoresheje ikoranabuhanga ku musaruro mbumbe w’Igihugu ryari rifite agaciro kagera kuri 265%, naho mu kwezi nk’uko muri uyu mwaka wa 2025 iyi mibare yarazamutse, kuko yageze kuri 343%.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Next Post

Agasuzuguro, gushyogozanya,…-Impamvu Ishyaka riyoborwa na Dr.Frank Habineza ryahagaritse bamwe mu bari mu buyobozi

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Agasuzuguro, gushyogozanya,…-Impamvu Ishyaka riyoborwa na Dr.Frank Habineza ryahagaritse bamwe mu bari mu buyobozi

Agasuzuguro, gushyogozanya,…-Impamvu Ishyaka riyoborwa na Dr.Frank Habineza ryahagaritse bamwe mu bari mu buyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.