Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo RwandAir yizeza abagenzi nyuma yo kubona izindi ndege ebyiri za Boeing 737-800

radiotv10by radiotv10
28/08/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Icyo RwandAir yizeza abagenzi nyuma yo kubona izindi ndege ebyiri za Boeing 737-800
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’u Rwanda y’ingendo z’indege RwandAir yatangaje ko yabonye izindi ndege ebyiri zo mu bwoko bwa Boeing 737-800, ikizeza abagenzi ko ihindagurika ry’ingendo zayo zabayeho mu bihe bitambutse rigiye gukemuka.

Izi ndege ebyiri zo mu bwoko bwa Boeing 737-800, imwe yari yaramaze kugera mu Rwanda mu ntangiro z’uku kwezi, ndetse yatangiye ibikorwa by’ingendo, mu gihe indi yahasesekaye mu ijoro ryo hirya y’ejo.

RwandAir itangaza ko izi ndege ebyiri zombi zifite ubushobozi bwo gutwara abagenzi 174 zizatangirira ku ngendo ngufi n’izo mu bice bitari ibya kure.

Iyi sosiyete y’u Rwanda y’ingendo z’indege kandi itangaza ko hateganyijwe indi ndege ya gatatu mu gihembwe cya kane cy’uyu mwaka.

Naho izi ebyiri, imwe ifitemo n’imyanya 12 y’icyubahiro izwi nka Business Class seat, n’indi 162 isanzwe (Economy Class seats).

RwandAir kandi irateganya kwakira indi ndege nini izwi nka Airbus A330-200, izayifasha kwagura ingendo ndende mu byerecyezo bihuza Afurika n’ibindi bice by’Isi.

Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo yagize ati “RwandAir yishimiye gukemura imbogamizi zabaye mu ngengabihe y’ingendo zacu mu byumweru bitambutse, kandi tunakira indege zacu mu bikorwa.”

Yakomeje agira ati “Turisegura ku bakiliya bacu bose bagizweho ingaruka n’ihinduka rya gahunda z’ingendo zabo, kandi tubashimira ukwihangana bagize ubwo twariho tubishakira umuti.”

yavuze ko kuba izi ndege zaje, bigiye gufasha iyi Sosiyete ya RwandAir kuzamura icyizere isanzwe ifitiwe kandi bikanayifasha gukorera kuri gahunda ingendo zayo, no gukomeza gutanga serivisi zinoze.

Mbere yuko izi ndege ibyiri za Boeing ziza, RwandAir yari isanganwe indege 14 zirimo izo mu bwoko bwa Boeing, Airbus ndetse na Bombardier, bivuze ko ubu umubare wazo wageze ku ndege 16.

Iyi sosiyete kandi ifite intego yo kugira indege 21 no kongera umubare w’abagenzi itwara ukarenga miliyoni 2,1 mu mwaka wa 2029 uvuye kuri miliyoni imwe wabarwaga muri 2023.

RwandAir yakiriye indege ebyiri

Zifite imyanya 12 Business Class
Ndetse Economy Class

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Gahunda y’ingendo z’abanyeshuri bazasubira ku mashuri yatangajwe

Next Post

Icyatumye umukino wa APR na Pyramids uhindurirwa igihe wagombaga kubera

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye umukino wa APR na Pyramids uhindurirwa igihe wagombaga kubera

Icyatumye umukino wa APR na Pyramids uhindurirwa igihe wagombaga kubera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.