Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Baltasar wagarutsweho cyane kubera amashusho ye yasakaye yafatiwe igihano n’Urukiko

radiotv10by radiotv10
28/08/2025
in AMAHANGA
0
Baltasar wagarutsweho cyane kubera amashusho ye yasakaye yafatiwe igihano n’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Baltasar Ebang Engonga wo muri Guinée Equatorial akaba na Mwishywa wa Perezida w’iki Gihugu, wagarutsweho cyane ubwo hasakaraga amashusho bivugwa ko yafataga ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’abagore batandukanye, yakatiwe gufungwa imyaka umunani ahamijwe ibyaha byo kunyereza umutungo wa Leta no kwigwizaho imitungo.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Intara ya Bioko, aho Baltasar Ebang Engonga n’abandi batanu bahoze ari abayobozi muri Guverinoma ya kiriya Gihugu, baregwaga mu rubanza rumwe rwo kunyereza ibihumbi n’ibihumbi by’amadolari mu mari ya Leta.

Baltasar Engonga yagarutsweho cyane umwaka ushize ubwo hasakaraga amashusho ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’abagore batandukanye, barimo abagore b’abayobozi bakomeye muri kiriya Gihugu, aho byavugwaga ko yaryamanye n’abagore barenga 400.

Urukiko rw’Intara ya Bioko, rwahamije uyu Baltasar Ebang Engonga n’abandi batatu bahoze ari Abayobozi Bakuru muri Minisiteri y’Imari, ibyaha birimo gukoresha imari ya Leta mu nyungu zabo bwite, ndetse no kunyereza amafaranga menshi mu mari y’Igihugu.

Uru rukiko rwakatiye Baltasar igihano cyo gufungwa imyaka umunani, ndetse no gutanga ihazabu ibarirwa mu bihumbi Magana by’amadolari.

Uretse igihano cyo gufungwa imyaka umunani, Baltasar Ebang Engonga yanafatiwe igihano cyo gutanga ihazabu y’ibihumbi 220$.

Mu bandi bahoze ari abayobozi baregwa hamwe na Baltasar, harimo Rolando Asumu Ndong Oyé, Carmelo Julio Motogo Ndong, na Florentina Ngangá Iñandji, bo bahamijwe kuba abafatanyacyaha muri biriya byaha, bakatirwa igifungo cy’imyaka itatu ndetse no gutanga ihazabu iri hagati ya Miliyoni 16 na 31 z’ama CFA.

Baltazar Ebang Engonga usanzwe ari mwishywa wa Perezida Teodoro Obiang Nguema, yagize imyanya mu nzego nkuru, aho yahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Iperereza ku mari ya Leta.

Baltasar Ebang Engonga yahoze ari Umuyobozi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Al Merreikh yo muri Sudani ibaye ikipe ya kane ije gukorera Pre-season mu Rwanda

Next Post

Urugendo rwa Nshimiyimana wanyuze mu buzima bwo ku muhanda ubu akaba ari Umupadiri

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urugendo rwa Nshimiyimana wanyuze mu buzima bwo ku muhanda ubu akaba ari Umupadiri

Urugendo rwa Nshimiyimana wanyuze mu buzima bwo ku muhanda ubu akaba ari Umupadiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.