Saturday, October 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

radiotv10by radiotv10
03/09/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’
Share on FacebookShare on Twitter

Hashyizwe hanze amashusho yerekana ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique mu guhangana n’ibyihebe mu Ntara ya Cabo Delgado, aho abasirikare b’u Rwanda bagaragaza ubumenyi budasanzwe mu rugamba, banahabwa amabwiriza yo kurasa umwanzi ‘nta kumubabarira’.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, aherutse kugirana n’Abasirikare, Abapolisi n’Abacungagereza barenga 6 000 i Gabiro, yibukije Ingabo z’u Rwanda, ko zigomba kugira ubumenyi buhagije buzifasha guhangana n’umwanzi.

Byumwihariko, Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yasabye Abasirikare kugira ubumenyi mu kurasa, kuko uretse kuba bifasha guhashya umwanzi, binafasha Igihugu gukoresha neza amikoro macye gifite kuko n’amasasu asigaye ahenze ku buryo hari igisasasu gisigaye kigura ari hagati ya 3 000 USD na 5 000 USD.

Perezida Kagame yagize ati “Kurasa uwakuzanyeho intambara, ntabwo ari ugufata imbarutso ukarasa amasasu, aho ntabwo uba warwanye. Ririya sasu rigomba kugenda ryanditseho izina ry’uwo warigeneye.”

Ingabo z’u Rwanda zagiye zoherezwa mu butumwa bw’amahoro mu bice binyuranye, uretse kuba zivugwa imyato ku myitwarire iboneye, zinavugwaho ubuhanga budasanzwe mu guhangana n’umwanzi mu rugamba rwo kumuhashya.

Amashusho yashyizwe hanze n’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, agaragaza ibikorwa bya gisirikare abasirikare b’u Rwanda bahuriyeho n’aba Mozambique mu guhashya ibyihebe mu Ntara ya Cabo Delgado, agaragaza abasirikare ba DRF bari kurwanira ku butaka, mu mazi no mu kirere.

Muri aya mashusho, bigaragara ko abasirikare babanza guhabwa amabwiriza n’Umugaba Mukuru wabo, aho agaragaramo Lt Gen Innocent Kabandana wigeze kuyobora izi ngabo, aha ikaze abasirikare mu rugamba bari bagiye kwinjiramo.

Muri aya mashusho, Lt Gen Kabandana agira ati “Icyo tuzakora ni ikintu cyoroshye, ni ugufasha iki Gihugu kuzana ituze n’amahoro turwanyije ibyihebe biri mu gace ka Cabo Delgado.”

Brig Gen Pascal Muhizi na we wigeze kuyobora izi ngabo ziri muri Cabo Delgado, na we agaragara muri aya mashusho, aha amabwiriza abasirikare b’u Rwanda.

We abaha ubutumwa agira ati “Icyo tuzi adui (umwanzi) turamurusha ukuri, kandi turamurusha imyitozo. Nimureke rero dukore akazi kacu neza, tumukubite kandi ntimukangwe […] arashaka kuraswa nta mbabazi kuko na we nagufata arakwica…”

Muri aya mashusho, abasirikare b’u Rwanda bagaragaramo bari mu mashyamba barasa urufaya rw’amasasu, ndetse bakoresha ibimodoka by’intambara bizwi nk’ibifaru, mu gihe abandi baba bari kurasira mu mazi, ndetse abandi bakoresha indege za kajugujugu z’urugamba barasa umwanzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 13 =

Previous Post

Perezida w’u Bushinwa yahaye Isi umuburo ku mahitamo ari imbere yayo

Next Post

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Related Posts

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

by radiotv10
25/10/2025
0

Mu biganiro nyunguranabitekerezo mu Karere ka Kicukiro, Hon. Edda Mukabagwiza wo mu Muryango Unity Club Intwararumuri, yibukije ko kugira ngo...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
25/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi,...

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

by radiotv10
24/10/2025
0

Umugore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Gihango yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana ubwo umugabo we yari yagiye kwivuza, yataha...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA
FOOTBALL

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.