Thursday, September 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

radiotv10by radiotv10
03/09/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’
Share on FacebookShare on Twitter

Hashyizwe hanze amashusho yerekana ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique mu guhangana n’ibyihebe mu Ntara ya Cabo Delgado, aho abasirikare b’u Rwanda bagaragaza ubumenyi budasanzwe mu rugamba, banahabwa amabwiriza yo kurasa umwanzi ‘nta kumubabarira’.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, aherutse kugirana n’Abasirikare, Abapolisi n’Abacungagereza barenga 6 000 i Gabiro, yibukije Ingabo z’u Rwanda, ko zigomba kugira ubumenyi buhagije buzifasha guhangana n’umwanzi.

Byumwihariko, Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yasabye Abasirikare kugira ubumenyi mu kurasa, kuko uretse kuba bifasha guhashya umwanzi, binafasha Igihugu gukoresha neza amikoro macye gifite kuko n’amasasu asigaye ahenze ku buryo hari igisasasu gisigaye kigura ari hagati ya 3 000 USD na 5 000 USD.

Perezida Kagame yagize ati “Kurasa uwakuzanyeho intambara, ntabwo ari ugufata imbarutso ukarasa amasasu, aho ntabwo uba warwanye. Ririya sasu rigomba kugenda ryanditseho izina ry’uwo warigeneye.”

Ingabo z’u Rwanda zagiye zoherezwa mu butumwa bw’amahoro mu bice binyuranye, uretse kuba zivugwa imyato ku myitwarire iboneye, zinavugwaho ubuhanga budasanzwe mu guhangana n’umwanzi mu rugamba rwo kumuhashya.

Amashusho yashyizwe hanze n’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, agaragaza ibikorwa bya gisirikare abasirikare b’u Rwanda bahuriyeho n’aba Mozambique mu guhashya ibyihebe mu Ntara ya Cabo Delgado, agaragaza abasirikare ba DRF bari kurwanira ku butaka, mu mazi no mu kirere.

Muri aya mashusho, bigaragara ko abasirikare babanza guhabwa amabwiriza n’Umugaba Mukuru wabo, aho agaragaramo Lt Gen Innocent Kabandana wigeze kuyobora izi ngabo, aha ikaze abasirikare mu rugamba bari bagiye kwinjiramo.

Muri aya mashusho, Lt Gen Kabandana agira ati “Icyo tuzakora ni ikintu cyoroshye, ni ugufasha iki Gihugu kuzana ituze n’amahoro turwanyije ibyihebe biri mu gace ka Cabo Delgado.”

Brig Gen Pascal Muhizi na we wigeze kuyobora izi ngabo ziri muri Cabo Delgado, na we agaragara muri aya mashusho, aha amabwiriza abasirikare b’u Rwanda.

We abaha ubutumwa agira ati “Icyo tuzi adui (umwanzi) turamurusha ukuri, kandi turamurusha imyitozo. Nimureke rero dukore akazi kacu neza, tumukubite kandi ntimukangwe […] arashaka kuraswa nta mbabazi kuko na we nagufata arakwica…”

Muri aya mashusho, abasirikare b’u Rwanda bagaragaramo bari mu mashyamba barasa urufaya rw’amasasu, ndetse bakoresha ibimodoka by’intambara bizwi nk’ibifaru, mu gihe abandi baba bari kurasira mu mazi, ndetse abandi bakoresha indege za kajugujugu z’urugamba barasa umwanzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + seventeen =

Previous Post

Perezida w’u Bushinwa yahaye Isi umuburo ku mahitamo ari imbere yayo

Next Post

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Related Posts

Kugenda n’indege ntibikwiye kuba iby’abakire gusa-Perezida yagaragaje impinduka zikenewe mu ngendo zo mu kirere

Kugenda n’indege ntibikwiye kuba iby’abakire gusa-Perezida yagaragaje impinduka zikenewe mu ngendo zo mu kirere

by radiotv10
04/09/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko urwego rw’ubwikorezi n’ingendo zo mu kirere, rukwiye gushyirwamo politiki n’imirongo bituma ikiguzi cyarwo kigabanuka, bityo...

Amakuru agezweho ku watangaje ibihuha bica igikuba cy’ibyo yavugaga ko byabaye i Musanze

by radiotv10
04/09/2025
0

Umugabo w’imyaka 36 y’amavuko uherutse gutangaza amakuru y’ibinyoma aca igikuba, akoresheje YouTube, avuga ko ko i Musanze hatewe igisasu, yatawe...

Ibyo wamenya ku ndege zitwara-Drone zizakora nka Taxi mu Rwanda bibaye bwa mbere muri Afurika

Ibyo wamenya ku ndege zitwara-Drone zizakora nka Taxi mu Rwanda bibaye bwa mbere muri Afurika

by radiotv10
04/09/2025
0

Mu Rwanda hamuritswe umushinga w’ikoreshwa ry’indege nto zitagira abapilote zizakora nka taxi zitwara abagenzi, aho iki Gihugu kibaye icya 21...

Eng.- VIDEO: Inside the RDF’s battle against terrorists in Cabo Delgado

Eng.- VIDEO: Inside the RDF’s battle against terrorists in Cabo Delgado

by radiotv10
04/09/2025
0

A video has been released showing the operations of Rwandan Defense Forces (RDF) alongside Mozambican forces in the fight against...

Ingabo z’u Rwanda zagobotse abayobozi b’ibanze muri Mozambique zibaha inyoroshyarugendo

Ingabo z’u Rwanda zagobotse abayobozi b’ibanze muri Mozambique zibaha inyoroshyarugendo

by radiotv10
04/09/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, zahaye amagare abayobozi bo mu nzego z’ibanze...

IZIHERUKA

Abahanzi babiri bakundana Chryso Ndasingwa na Sharon basezeranye imbere y’amategeko
IBYAMAMARE

Abahanzi babiri bakundana Chryso Ndasingwa na Sharon basezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
04/09/2025
0

Kugenda n’indege ntibikwiye kuba iby’abakire gusa-Perezida yagaragaje impinduka zikenewe mu ngendo zo mu kirere

Kugenda n’indege ntibikwiye kuba iby’abakire gusa-Perezida yagaragaje impinduka zikenewe mu ngendo zo mu kirere

04/09/2025
Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

Eng.- Amahoro Stadium ranked among the Top 10 best in Africa

04/09/2025
Ibikubiye mu itangazo ryasohowe na AFC/M23 ku biri kubera muri Uvira na Ituri

Ibikubiye mu itangazo ryasohowe na AFC/M23 ku biri kubera muri Uvira na Ituri

04/09/2025
Inkuru ibabaje kuri Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’

Inkuru ibabaje kuri Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’

04/09/2025
Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

04/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abahanzi babiri bakundana Chryso Ndasingwa na Sharon basezeranye imbere y’amategeko

Kugenda n’indege ntibikwiye kuba iby’abakire gusa-Perezida yagaragaje impinduka zikenewe mu ngendo zo mu kirere

Eng.- Amahoro Stadium ranked among the Top 10 best in Africa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.