Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

radiotv10by radiotv10
13/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu babiri mu bagize agatsiko k’abagizi ba nabi baherutse gutegera abageni mu nzira mu murenge wa Bushenge bakabakubita ndeste bakanabambura ibyo bari bafite birimo imyenda bari kwambara mu bukwe batawe muri yombi mu gihe abari bakubiswe bamaze kuva mu bitaro ndeste bari kwitegura  biteganyijwe ko bazasubukura ubukwe bwabo.

Byari byabaye mu ijiro ryo ku wa 3 w’iki cyumweru aho Habumugisha Fiston na Muhawenayo Jeannette bari gushyingirwa ku wa 4 batezwe n’abagizi ba nabi bakabakubita bikomeye  bakajyanwa mu bitaro ari indembe bituma ubukwe busubikwa.

Inzego z’ubuyobozi n’iz’umutekano zahise zitangira gushakisha abari bakoze urwo rugomo na cyane ko hari abahise bamenywa amazina, kugeza ubu abagera kuri babiri bakaba bamaze gufatwa.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bushenge Habumugisha Hyacinthe yagize ati “Bafashwe kandi bari mu maboko ya police station ya Shangi kugira ngo bakurikiranwe”.

Mu bafashwe harimo Ntibaziyandemye Valens w’imyaka 25 wari muri batatu bakubise abo bageni ndetse na Niyobuhungiro Eric w’imyaka 29 bivugwa ko ari umwambari ukomeye w’uwitwa Sibomana Athanase bita Kivatiri ukuriye uwo mutwe w’abagizi ba nabi ariko we akaba atarafatwa.

Mu gihe hagishakishwa abandi barimo uwitwa Dushime wahise amenywa n’umugeni ubwo babakubitaga, Amakuru agera kuri Radio&Tv10 aravuga ko abageni basezerewe n’ibitaro bya Bushenge aho bari kwitegura gusubukura ubukwe bwabo.

Uwitwa Sinumvayabo Costasie uri mu bategura ubu bukwe yagize ati “Bameze neza ariko baracyababara baracumbagira gake, ariko umusore arifuza ko bashyingirwa akabona uko asubira ku kazi kuko uruhushya yahawe ruri kurangira”.

Amakuru aturuka mu kagari ka Impala aho uru rugomo rwabereye aravuga ko mu kanya gashize hari undi umaze gutabwa muri yombi nyuma y’uko hari abamubonye ari kugurisha inkweto umusore yari kwambara mu bukwe bagatanga amakuru ku buyozi.

Gusubikwa k’ubu bukwe kwatewe n’urwo rugomo byashyize mu gihombo imiryango yari gushyingirana ngo kuko ibiribwa byari gukoreshwa mu bukwe byari byamaze gutekwa ndeste n’inshuti n’abavandimwe baturuka kure nabo bari bamaze kugera ahari bubere ibyo birori ariko bikarangira bitabaye.

Habumugisha Fiston na Muhawenayo Jeannette bajyanywe mu bitaro mu gihe biteguraga gukora ubukwe

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Next Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage
AMAHANGA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z'INGENZI Z'IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.