• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

radiotv10by radiotv10
13/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu babiri mu bagize agatsiko k’abagizi ba nabi baherutse gutegera abageni mu nzira mu murenge wa Bushenge bakabakubita ndeste bakanabambura ibyo bari bafite birimo imyenda bari kwambara mu bukwe batawe muri yombi mu gihe abari bakubiswe bamaze kuva mu bitaro ndeste bari kwitegura  biteganyijwe ko bazasubukura ubukwe bwabo.

Byari byabaye mu ijiro ryo ku wa 3 w’iki cyumweru aho Habumugisha Fiston na Muhawenayo Jeannette bari gushyingirwa ku wa 4 batezwe n’abagizi ba nabi bakabakubita bikomeye  bakajyanwa mu bitaro ari indembe bituma ubukwe busubikwa.

Inzego z’ubuyobozi n’iz’umutekano zahise zitangira gushakisha abari bakoze urwo rugomo na cyane ko hari abahise bamenywa amazina, kugeza ubu abagera kuri babiri bakaba bamaze gufatwa.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bushenge Habumugisha Hyacinthe yagize ati “Bafashwe kandi bari mu maboko ya police station ya Shangi kugira ngo bakurikiranwe”.

Mu bafashwe harimo Ntibaziyandemye Valens w’imyaka 25 wari muri batatu bakubise abo bageni ndetse na Niyobuhungiro Eric w’imyaka 29 bivugwa ko ari umwambari ukomeye w’uwitwa Sibomana Athanase bita Kivatiri ukuriye uwo mutwe w’abagizi ba nabi ariko we akaba atarafatwa.

Mu gihe hagishakishwa abandi barimo uwitwa Dushime wahise amenywa n’umugeni ubwo babakubitaga, Amakuru agera kuri Radio&Tv10 aravuga ko abageni basezerewe n’ibitaro bya Bushenge aho bari kwitegura gusubukura ubukwe bwabo.

Uwitwa Sinumvayabo Costasie uri mu bategura ubu bukwe yagize ati “Bameze neza ariko baracyababara baracumbagira gake, ariko umusore arifuza ko bashyingirwa akabona uko asubira ku kazi kuko uruhushya yahawe ruri kurangira”.

Amakuru aturuka mu kagari ka Impala aho uru rugomo rwabereye aravuga ko mu kanya gashize hari undi umaze gutabwa muri yombi nyuma y’uko hari abamubonye ari kugurisha inkweto umusore yari kwambara mu bukwe bagatanga amakuru ku buyozi.

Gusubikwa k’ubu bukwe kwatewe n’urwo rugomo byashyize mu gihombo imiryango yari gushyingirana ngo kuko ibiribwa byari gukoreshwa mu bukwe byari byamaze gutekwa ndeste n’inshuti n’abavandimwe baturuka kure nabo bari bamaze kugera ahari bubere ibyo birori ariko bikarangira bitabaye.

Habumugisha Fiston na Muhawenayo Jeannette bajyanywe mu bitaro mu gihe biteguraga gukora ubukwe

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 1 =

Previous Post

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Next Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z'INGENZI Z'IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.