• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Muri Congo batangiye gukingira icyorezo cya Ebola hanatangwa n’umuburo

radiotv10by radiotv10
15/09/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Muri Congo batangiye gukingira icyorezo cya Ebola hanatangwa n’umuburo
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryatangiye gukingira abakozi b’inzego z’ubuzima n’abantu bahuye n’abanduye icyorezo cya Ebola, rivuga ko gishobora gukwirakwira kikagera no mu Bihugu by’abaturanyi.

Iki gikorwa cyo gukingira aba bantu, cyakozwemu rwego rwo guhangana n’icyorezo gishya cya Ebola cyagaragaye mu Ntara ya Kasai muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Doze 400 za mbere z’urukingo rwa Ebola Ervebo zamaze kugezwa i Bulape, aho iki cyorezo cyagaragaye bwa mbere, zivuye mu bubiko bw’Igihugu burimo doze 2,000.

Itsinda Mpuzamahanga rishinzwe gukurikirana itangwa ry’inkingo (International Coordinating Group on Vaccine Provision) ryemeje kohereza izindi doze ibihumbi 45 kugira ngo zifashe gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo.

Icyorezo cyatangajwe mu ntangiriro za Nzeri, ubwo cyari kigarutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu myaka itatu ishize. kugeza ubu hamaze kuboneka abantu 32 bakekwaho kuba baranduye, abagera kuri 20 bemejwe ko banduye, mugihe 16 bamaze guhitanwa n’iki cyorezo nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima i Kinshasa.

Umuyobozi w’Ishami rya OMS rishinzwe Porogaramu, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Otim, yaburiye ko iki cyorezo gishobora gukwira cyane, ku buryo gishobora no kwambukiranya imipaka, by’umwihariko kikajya mu Gihugu gituranyi cya Angola.

Patrick Otim, kandi yanibukije ko iki kibazo gikeneye kwitabwaho byihutirwa, aburira ko gutinda mu gutanga ubufasha byatuma kugihagarika bigorana cyane.

Ni mugihe Abakozi b’imiryango itanga ubufasha bagaragaje impungenge ku kugabanuka kw’inkunga z’amahanga no ku bindi bikorwa by’ubutabazi byatangiye gucika intege, nyuma yaho Leta Zunze Ubumwe za America zihagaritse inkunga zageneraga urwego rw’ubuzima mu Bihugu byinshi bya Africa binyuze mu Kigega cya USAID.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 16 =

Previous Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Eng.: In a strong message Joseph Kabila reveals what he wants for the Congolese

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Eng.: In a strong message Joseph Kabila reveals what he wants for the Congolese

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.