Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo Min.Nduhungirehe yahaye Umudepite w’u Bubiligi wagaragarije u Rwanda ishyari

radiotv10by radiotv10
22/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Igisubizo Min.Nduhungirehe yahaye Umudepite w’u Bubiligi wagaragarije u Rwanda ishyari
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yagaragarije Umudepite wo mu Bubiligi wanenze kuba u Rwanda rwarahawe kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare, ko yari akwiye mbere ya byose guterwa ishema no kuba Ababiligi benewabo bari kwitwara neza, bari no gufanwa n’abanyagihugu bagenzi babo mu Rwanda bishimiyemo, ati “ubundi unywe utuzi dushyushye biragenda neza.”

Ni nyuma yuko Depite Lydia Mutyebele Ngoi w’i Bruxelles yanditse ubutumwa kuri X agaragaza ko atishimiye kuba u Rwanda rwarahawe kwakira irushangwa mpuzamahanga ryo gusiganwa ku magare ryatangiye i Kigali kuri iki Cyumweru tariki 21 Nzeri 2025.

Lydia Mutyebele Ngoi yanditse agira ati “Hakumiriwe u Burusiya kubera ibyaha bwabwo, ariko mu Rwanda harambuwe tapis rouge [ashaka kugaragaza ko uko u Burusiya bwahawe ibihano ngo ari na ko u Rwanda rwari rukwiye gukomwa kuri byose birimo n’iri rushanwa].”

Uyu Mudepite akomeza ashinja uburyarya abahaye u Rwanda kwakira iri rushanwa, ngo kuko iki Gihugu kibangamira uburenganzira bwa muntu.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, asubiza uyu Mudepite, yamugaragarije ko ibyo yavuze bitari bikwiye, ndetse ko mbere ya byose yari akwiye kubanza kureba uburyo Ababiliri mu Rwanda bishimiye iri rushanwa, ndetse baje no gufana bene wabo dore ko ku munsi wa mbere Umubiligi yanegukanye umudali wa zahabu.

Yagize ati “Madamu Depite, wagombye kubanza kuramutsa Ababiligi bene wanyu bari Kigali. Umukinnyi rurangira wanyu Remco Evenepoel yanatsinze ku nshuro ya gatatu yikurikiranya mu cyiciro cyo gusiganwa ku giti cy’umuntu.”

Minisitiri Nduhungirehe yasoje ubutumwa bwe, akoresheje imvugo irimo urwenya, asa nk’ucyebura uriya munyapolitiki ko ibyo yatangaje bitari bikwiye, ati “Ubundi unywe utuzi dushyushye, rwose biraza kumera neza.”

Ubu butumwa bwa Amb. Nduhungirehe kandi buherekejwe n’amafoto agaragaza Ababiligi benshi bazamuye amabendera y’Igihugu cyabo bari gufana abakinnyi baturutse iwabo, barimo Remco Evenepoel wegukanye Umudali wa Zahabu mu gusiganwa ku giti cy’umuntu (Individual Time Trial) mu cyiciro cy’abagabo bakuru, wanatwaye uyu mwanya wa mbere ku nshuro ya gatatu yikurikiranya muri iyi shampiyona y’Isi.

Nduhungirehe kandi yanagaragarije uyu Mudepite, ko iri rushanwa riri kubera mu Rwanda ryanitabiriwe n’Ibihugu 108 birimo n’icyabo, rikaba ririmo abakinnyi 769.

Uriya Mudepite washatse kuvanga Politiki na Siporo, yatanze ubutumwa mu gihe i Kigali mu Rwanda, hari Ababiligi benshi bari no gufana abakinnyi benshi baturutse muri kiriya Gihugu cy’i Burayi, banagaragaje akanyamuneza ko kuba bishimiye kuba bari mu Gihugu kibafashe neza, gitekanye.

U Bubiligi, Igihugu cyagize uruhare runini mu icengezamatwa ryagejeje ku mateka mabi yabaye mu Rwanda, cyakomeje kubanira nabi iki Gihugu bwanakolonije, ariko biba akarusho mu bihe bitambutse bya vuba aha aho cyazamuye ibirego byinshi kigendeye ku binyoma byahimbwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kinagisabira ibihano mu mahanga yose.

Ibi byatumye muri Werurwe uyu mwaka, Guverinoma y’u Rwanda ica umubano n’iki Gihugu, inategeka Abadipolomate bacyo bari bahari, kuva mu Rwanda.

Minisitiri Olivier Ndhungirehe
Nduhungirehe yagaragaje ko Ababiligi bishimye mu Rwanda ndetse n’amabendera y’Igihugu cyabo bari kuyahazamura ntacyo bikanga
Yanerekanye ko Umukinnyi w’Umubiligi Remco Evenepoel na we ameze neza ndetse ari kwegukana imidali ya zahabu i Kigali

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − nine =

Previous Post

He came from America to visit parts of Rwanda and built an amazing school

Next Post

Kigali, on top of the UCI World

Related Posts

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka
MU RWANDA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali, on top of the UCI World

Kigali, on top of the UCI World

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.