Tuesday, November 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibikubiye mu ibaruwa y’ubwegure bwa Vital Kamerhe wari Perezida w’Inteko ya Congo

radiotv10by radiotv10
23/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibikubiye mu ibaruwa y’ubwegure bwa Vital Kamerhe wari Perezida w’Inteko ya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Vital Kamerhe uri mu bakomeye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yeguye ku mwanya wa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, aho yatangaje ko yeguye ku bushake no ku mpamvu ze bwite.

Uyu munyapolitiki uvugwaho kugira amacenga n’uburyarya muri politiki, yeguye nyuma y’igitutu kidasanzwe yari amaze iminsi yotswa na bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko, basaba ko yegura.

Ni mu gihe we yari aherutse guca bugufi, agasaba imbabazi, ariko kuri uyu wa Mbere tariki 22 Nzeri 2025, bikaba byarangiye yeguye kuri izi nshingano yari amazeho amezi ane dore ko yari yazigiyeho muri Gicurasi uyu mwaka.

Uretse Abadepite 200 bari baherutse gushyira umukono ku nyandiko isaba uyu munyapolitiki n’abandi bagenzi be bane kwegura, bashinjwa n’ishyaka rya Perezida Felix Tshisekedi rya UPDS n’andi mashyaka, kubangamira ibikorwa by’Inteko, n’imicungire mibi.

Mu ibaruwa ya Vital Kamerhe yandikiye Visi Perezida wa Mbere w’Inteko Ishinga Amategeko ya Congo kuri uyu wa Mbere tariki 22 Nzeri, yavuze ko yifuza kumumenyesha ko “ku mpamvu zinturutseho ku giti cyanjye, ubwegure buturutse ku bushake ku nshingano za Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Kamerhe wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’Igihugu, nko kuba yarakuriye Ibiro bya Perezida Felix Tshisekedi, ariko muri 2020, aza guhura n’ibibazo bikomeye, kuko yatawe muri yombi ashinjwa kunyereza miliyoni zikabakaba 48 USD zari zigenewe kubaka amacumbi y’abasirikare n’Abapolisi.

Gusa nyuma y’imyaka ibiri, muri 2022 yagizwe umwere, akigera hanze, anakirwa na Perezida Tshisekedi, ndetse muri 2023 aza kumuha izindi nshingano, dore ko yamugize Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ubukungu.

Hari amakuru kandi yavugaga ko uyu Munyapolitiki uzwiho amacenga mu mukino wa Politiki, ashaka kuziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba muri 2028.

Binavugwa ko ishyaka rya Tshisekedi ari ryo riri inyuma y’uku kwegura kwe, nyuma yo kumenya uyu mugambi afite wo kuziyamamaza, ndetse ko ashobora kuzitambika umugambi wo guhindura itegeko Nshinga ufitwe na Perezida.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − fourteen =

Previous Post

Nyamasheke: Batekereza kurandura icyayi bitewe n’uruganda rutinda kubishyura bikabatera ubukene

Next Post

Fast Fashion vs. Made in Rwanda: Where Should We Invest?

Related Posts

Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

by radiotv10
11/11/2025
0

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yavuze ko nta Munya-Uganda ushobora kuzana imikino yo kujya mu muhanda ngo agiye kwigaragambya...

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

by radiotv10
10/11/2025
0

Pariki yo mu Kibaya cya N’Sele izwi cyane i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, isanzwe ari iya Joseph...

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

by radiotv10
10/11/2025
0

Leta ya Tanzania yagejeje mu nkiko abantu amagana ibarega icyaha cya gucura umugambi wo kugambanira Igihugu, nyuma y’imyigaragambyo yabaye mu...

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

by radiotv10
10/11/2025
0

Colonel Fureko usanzwe akomoka mu Banyamulenge ukorana n’Umutwe wa Wazalendo na FARDC guhangana na AFC/M23, yatawe muri yombi anakorerwa iyicarubozo...

Umusirikare mu gisirikare cya Congo yishwe nyuma yo gushaka kwivugana komanda we

Umusirikare mu gisirikare cya Congo yishwe nyuma yo gushaka kwivugana komanda we

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusirikare mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bivugwa ko yari yasinze, yishwe nyuma yo gushaka kwivugana umukuriye,...

IZIHERUKA

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose
MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

by radiotv10
11/11/2025
0

Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

11/11/2025
Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

10/11/2025
Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

10/11/2025
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

10/11/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

10/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Fast Fashion vs. Made in Rwanda: Where Should We Invest?

Fast Fashion vs. Made in Rwanda: Where Should We Invest?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.