Thursday, September 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje umusaruro uva mu mubano mwiza uri hagati y’u Rwanda na Misiri

radiotv10by radiotv10
24/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje umusaruro uva mu mubano mwiza uri hagati y’u Rwanda na Misiri
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko umubano n’imikoranire myiza biri hagati y’u Rwanda na Misiri, ukomeje kuzanira inyungu Ibihugu byombi, byumwihariko ku Rwanda, agaragaza ko byarufashije guteza imbere urwego rw’ubuzima.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kabiri ubwo yagiriraga uruzinduko mu Gihugu cya Misiri, yabanje kwakirwamo na Perezida wacyo, Abdel Fattah Saeed Hussein Khalil el-Sisi.

Nyuma y’ibiganiro Abakuru b’Ibihugu bagiranye, Perezida Kagame yashimiye Misiri ku ruhare ikomeje kugira mu iterambere ry’inzego zitandukanye mu Rwanda. Umukuru w’igihugu yashimagiye ko biteguye kurushaho gufatanya na Misiri Mu bikorwa byose bigamije iterambere rihuriweho.

Yagize ati “Turi gufatanya kubaka ivuriro rigezweho rivura umutima. Iki ni igikorwa gikomeye kuko kizafasha mu kongera inzobere zivura umutima mu rwanda no hanze yarwo. Misiri kandi ikomeje no guhugura Abanyarwanda bakora mu rwego rw’ubuzima.”

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwashyizeho umurongo wo kugira urwego rw’ubuzima ruhendutse kandi ruteye imbere, bityo ko iyi mikoranire yarwo na Misiri, ari amaboko iki Gihugu cyungutse.

Ati “Twanafatanyije n’abafatanyabikorwa kubaka uruganda rukora inkingo. Urwego rw’ubuzima mu misiri ndetse n’abashoramari na bo badufasha muri iki gikorwa. Turashaka ko birenga urwego biriho. Kuba u Rwanda na misiri bahanye ubutaka ni ingenzi cyane, kuko bizatuma Ibihugu byacu bigera ku masoko menshi yo mu karere.”

Muri 2022 Perezida Kagame ni bwo yaherukaga mu Misi, aho icyo gihe yavugiye i Cairo ko Ibihugu byombi bishyize imbere imikoranire igamije guhangana n’ibibazo byugarije Isi.

Icyo gihe yari yagize ati “Amasezerano yasinywe uyu munsi; azubakira ku mubano umaze igihe kinini hagati y’u Rwanda na Misiri, ndetse atange n’inyungu zihuriweho mu nzego zitandukanye.

Icyorezo cya Covid-19 cyatwibukije ko twegeranye twese kurusha uko byahoze, kandi cyerekanye ko nta Gihugu na kimwe gishobora guhangana n’ikibazo cyugarije isi yose ari kimwe, ni yo mpamvu ari ingenzi gukorana. Gukomeza gushaka ahandi twakorana ni ingenzi mu kuzahura ubukungu bwacu no kubaka ubudahangarwa bwacu ku bibazo bishobora kuzaza mu bihe biri imbere.”

Nyuma y’urwo ruzinduko; muri 2024 u Rwanda na Misiri bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu kuvura indwara z’umutima mu bitaro biri kubakwa i Masaka ku bufatanye bw’Ibihugu byombi. Aya masezerano afite agaciro ka miliyoni 3,3 USD.

Muri uwo mwaka kandi u Rwanda na Misiri bemeranyije imikoranire mu rwego rwo gutwara abantu n’ibintu. U rwanda rwemereye Misiri korohereza ibicuruzwa bivayo byerekeza mu Rwanda no muri aka karere.

U Rwanda rwahaye Misiri Hegitari 10 z’ubutaka mu Karere ka Kirehe hafi y’umupaka w’u Rwanda na Tanzania, bwagenewe kubakwaho ahantu ibicuruzwa biva mu Misiri bizajya bishyirwa mbere yo kujya ku isoko.

Mu kwezi kwa 6/2025; Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu byombi bemeranyije imikoranire mu bya gisirikare. Ibi ni bimwe mu musaruro wa dipolomasi y’Ibihugu byombi imaze imyaka 49.

Muri 2017 ubwo Perezida wa Misiri aheruka mu Rwanda; Perezida Kagame yavuze ko Misiri ari umufatanyabikorwa mwiza, ashimangira ko u Rwanda rwahisemo korohereza Abanyamisiri basura u Rwanda.

Uyu mubano w’u Rwanda na Misiri umaze imyaka myinshi. Misiri yafunguye ambasade yayo mu Rwanda mu mwaka wa 1976. Ibi Bihugu bimaze imyaka 16 byemeranyije imikoranire mu nzego zirimo ubuhinzi, za gasutamo, iterambere ry’urubyiruko, guteza imbere inganda, ibikomoka kuri peterole n’amabuye y’agaciro, uburezi, ubuzima, umuco, ndetse n’imikoranire mu bumenyi n’ikoranabuhanga.

Perezida Kagame na Abdel Fattah wa Misiri banayoboye ibiganiro by’amatsinda y’abayobozi b’Ibihugu byombi
Hanasinywe andi masezerano
Perezida Kagame yashimiye Abdel Fattah n’Abanyamisiri

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − sixteen =

Previous Post

Kathia n’umugabo we Adonis bagaragaje bari mu bihe byiza mu kwa buki ahantu hanogeye ijisho

Next Post

Rusizi: Imiryango 32 y’abasigajwe inyuma n’amateka yabaga ahadakwiriye yamaze kubakirwa inzu z’icyitegererezo

Related Posts

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

by radiotv10
25/09/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) kuba ryarahisemo ko Shampiyona y’Isi ibera mu Rwanda, ndetse akaba...

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

by radiotv10
25/09/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye bashyira mu majwi bamwe mu banyerondo gukorana n’abagira uruhare...

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

by radiotv10
25/09/2025
0

Ikirego cya Muganga Chantal wari wareze Dr Nsabimana Ernest wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, amushinja kuba barigeze gukundana akamwizeje kuzamugira...

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

by radiotv10
25/09/2025
1

Rwanda is rolling out a new digital ID system, launched by the National Identification Agency (NIDA) in August 2025, to...

Eng.-What students in Kigali are busy with after their schools were closed

Eng.-What students in Kigali are busy with after their schools were closed

by radiotv10
25/09/2025
0

Some students in Kigali City say that after classes were suspended because of the UCI World Cycling Championship, they have...

IZIHERUKA

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda
SIPORO

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda

by radiotv10
25/09/2025
0

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

25/09/2025
Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

25/09/2025
Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

25/09/2025
Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

25/09/2025
Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

25/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Imiryango 32 y’abasigajwe inyuma n’amateka yabaga ahadakwiriye yamaze kubakirwa inzu z’icyitegererezo

Rusizi: Imiryango 32 y’abasigajwe inyuma n’amateka yabaga ahadakwiriye yamaze kubakirwa inzu z’icyitegererezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.