Monday, November 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje umusaruro uva mu mubano mwiza uri hagati y’u Rwanda na Misiri

radiotv10by radiotv10
24/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje umusaruro uva mu mubano mwiza uri hagati y’u Rwanda na Misiri
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko umubano n’imikoranire myiza biri hagati y’u Rwanda na Misiri, ukomeje kuzanira inyungu Ibihugu byombi, byumwihariko ku Rwanda, agaragaza ko byarufashije guteza imbere urwego rw’ubuzima.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kabiri ubwo yagiriraga uruzinduko mu Gihugu cya Misiri, yabanje kwakirwamo na Perezida wacyo, Abdel Fattah Saeed Hussein Khalil el-Sisi.

Nyuma y’ibiganiro Abakuru b’Ibihugu bagiranye, Perezida Kagame yashimiye Misiri ku ruhare ikomeje kugira mu iterambere ry’inzego zitandukanye mu Rwanda. Umukuru w’igihugu yashimagiye ko biteguye kurushaho gufatanya na Misiri Mu bikorwa byose bigamije iterambere rihuriweho.

Yagize ati “Turi gufatanya kubaka ivuriro rigezweho rivura umutima. Iki ni igikorwa gikomeye kuko kizafasha mu kongera inzobere zivura umutima mu rwanda no hanze yarwo. Misiri kandi ikomeje no guhugura Abanyarwanda bakora mu rwego rw’ubuzima.”

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwashyizeho umurongo wo kugira urwego rw’ubuzima ruhendutse kandi ruteye imbere, bityo ko iyi mikoranire yarwo na Misiri, ari amaboko iki Gihugu cyungutse.

Ati “Twanafatanyije n’abafatanyabikorwa kubaka uruganda rukora inkingo. Urwego rw’ubuzima mu misiri ndetse n’abashoramari na bo badufasha muri iki gikorwa. Turashaka ko birenga urwego biriho. Kuba u Rwanda na misiri bahanye ubutaka ni ingenzi cyane, kuko bizatuma Ibihugu byacu bigera ku masoko menshi yo mu karere.”

Muri 2022 Perezida Kagame ni bwo yaherukaga mu Misi, aho icyo gihe yavugiye i Cairo ko Ibihugu byombi bishyize imbere imikoranire igamije guhangana n’ibibazo byugarije Isi.

Icyo gihe yari yagize ati “Amasezerano yasinywe uyu munsi; azubakira ku mubano umaze igihe kinini hagati y’u Rwanda na Misiri, ndetse atange n’inyungu zihuriweho mu nzego zitandukanye.

Icyorezo cya Covid-19 cyatwibukije ko twegeranye twese kurusha uko byahoze, kandi cyerekanye ko nta Gihugu na kimwe gishobora guhangana n’ikibazo cyugarije isi yose ari kimwe, ni yo mpamvu ari ingenzi gukorana. Gukomeza gushaka ahandi twakorana ni ingenzi mu kuzahura ubukungu bwacu no kubaka ubudahangarwa bwacu ku bibazo bishobora kuzaza mu bihe biri imbere.”

Nyuma y’urwo ruzinduko; muri 2024 u Rwanda na Misiri bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu kuvura indwara z’umutima mu bitaro biri kubakwa i Masaka ku bufatanye bw’Ibihugu byombi. Aya masezerano afite agaciro ka miliyoni 3,3 USD.

Muri uwo mwaka kandi u Rwanda na Misiri bemeranyije imikoranire mu rwego rwo gutwara abantu n’ibintu. U rwanda rwemereye Misiri korohereza ibicuruzwa bivayo byerekeza mu Rwanda no muri aka karere.

U Rwanda rwahaye Misiri Hegitari 10 z’ubutaka mu Karere ka Kirehe hafi y’umupaka w’u Rwanda na Tanzania, bwagenewe kubakwaho ahantu ibicuruzwa biva mu Misiri bizajya bishyirwa mbere yo kujya ku isoko.

Mu kwezi kwa 6/2025; Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu byombi bemeranyije imikoranire mu bya gisirikare. Ibi ni bimwe mu musaruro wa dipolomasi y’Ibihugu byombi imaze imyaka 49.

Muri 2017 ubwo Perezida wa Misiri aheruka mu Rwanda; Perezida Kagame yavuze ko Misiri ari umufatanyabikorwa mwiza, ashimangira ko u Rwanda rwahisemo korohereza Abanyamisiri basura u Rwanda.

Uyu mubano w’u Rwanda na Misiri umaze imyaka myinshi. Misiri yafunguye ambasade yayo mu Rwanda mu mwaka wa 1976. Ibi Bihugu bimaze imyaka 16 byemeranyije imikoranire mu nzego zirimo ubuhinzi, za gasutamo, iterambere ry’urubyiruko, guteza imbere inganda, ibikomoka kuri peterole n’amabuye y’agaciro, uburezi, ubuzima, umuco, ndetse n’imikoranire mu bumenyi n’ikoranabuhanga.

Perezida Kagame na Abdel Fattah wa Misiri banayoboye ibiganiro by’amatsinda y’abayobozi b’Ibihugu byombi
Hanasinywe andi masezerano
Perezida Kagame yashimiye Abdel Fattah n’Abanyamisiri

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − six =

Previous Post

Kathia n’umugabo we Adonis bagaragaje bari mu bihe byiza mu kwa buki ahantu hanogeye ijisho

Next Post

Rusizi: Imiryango 32 y’abasigajwe inyuma n’amateka yabaga ahadakwiriye yamaze kubakirwa inzu z’icyitegererezo

Related Posts

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusaza w’imyaka 72 wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, wakoraga akazi ko gucukura imva, bamusanze ku nzira...

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

by radiotv10
10/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bahawe amatara akoresha imirasire y’izuba, nyuma...

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

Ikigo gisuzuma ubuziranenge bw'Ibinyabiziga by’umwihariko ibirimo moto zidakoresha amashanyarazi zizajya zipimwa imyuka zisohora, kigiye gutangira gukora, kikaba giherereye mu Murenge...

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

In today’s fast-changing world, having a degree alone isn’t enough. Many opportunities require practical skills that schools don’t always teach....

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

IZIHERUKA

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?
SIPORO

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

10/11/2025
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

10/11/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

10/11/2025
Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

10/11/2025
Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

10/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Imiryango 32 y’abasigajwe inyuma n’amateka yabaga ahadakwiriye yamaze kubakirwa inzu z’icyitegererezo

Rusizi: Imiryango 32 y’abasigajwe inyuma n’amateka yabaga ahadakwiriye yamaze kubakirwa inzu z’icyitegererezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.