Thursday, September 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) kuba ryarahisemo ko Shampiyona y’Isi ibera mu Rwanda, ndetse akaba ari no ku nshuro ya mbere ibereye ku Mugabane wa Afurika, bikaba bishimangira intambwe nziza itewe.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 25 Nzeri 2025, ubwo yafunguraga ku Mugaragaro Inama y’Inteko Rusange y’Ishyirahamwe ry’Umukino wo Gusiganwa ku Magare (UCI) ibaye ku nshuro y’ 194 iakaba ibaye mu gihe n’ubundi mu Rwanda hari kubera Shampiyona y’Isi y’Amagare.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul kagame yashimiye ubuyobozi bwa UCI bwemeye ko ibi bikorwa byose byose bibera mu Rwanda.

Ati “Mbere na mbere ndashaka kubanza gushimira UCI iyobowe na David Lappartient, guhitamo Igihugu cyacu cy’u Rwanda ngo cyakire Inama y’Inteko Rusange y’Ishyirahamwe ry’Umukino wo Gusiganwa ku Magare (UCI), ndetse n’irushanwa ry’isi ry’amagare ribaye ku nshuro y’194. 

Isabukuru y’imyaka 125 ya UCI ni intambwe ikomeye cyane, ibirushijeho kuba byiza ni uko ari ubwa mbere ibi bikorwa bibereye muri Afurika. Dutewe ishema no kuba dufite Ibihugu 108 biri guhatana ibi bigaragaza ubwitabire mpuzamahanga budasanzwe. Muri Afurika honyine dufite Ibihugu 36 biri guhatana, uyu akaba umubare munini w’Ibihugu byitabiriye mu mateka ya Afurika. Twishimiye abakinnyi n’abafana bavuye hafi na kure kugira ngo babe bari hano.”

Umukuru w’Igihugu kandi yavuze ko siporo ibonwa nk’umusemburo wo gutera imbere n’amahirwe byumwihariko ku Mugabane wa Afurika.

Ati “Ku Mugabane wose wa Afurika Mu bice bitandukanye bya Afurika, amagare amaze igihe ari uburyo bwo gutwara ibintu no kwifashishwa mu buzima busanzwe. Mu Rwanda, natwe twashoye imari kugira ngo duteze imbere umukino w’amagare. Ndashaka gushimira abafatanyabikorwa twakoranye ngo bigerweho. Izo mbaraga zatumye Tour du Rwanda iba rimwe mu masiganwa akomeye muri Afurika ndetse byashyize ifatizo ku iterambere ry’umukino.

Muri uyu mwaka twafunguye satellite eshatu za UCI bituma u Rwanda ruba Igihugu cya kabiri muri Afurika kizifite, ndetse ubu abakinnyi benshI b’umukino w’amagare bo kuri uyu mugabane batangiye kuhitoreza ndetse babasha kubona ibyangombwa byose bibafasha bizatuma bagera ku rwego rwisumbuye.

Tubona siporo nk’umusemburo wo gutera imbere n’amahirwe ndetse kwakira ibikorwa biri ku rwego rw’Isi nk’ibi byihutisha iterambere, ndetse bigakuba inyungu ibivamo.”

Perezida wa UCI, David Lappartient yashimiye Perezida Paul Kagame ndetse avuga ko ibi bihe bazahora babyibuka.

Ati “Ibihugu 132 biri imbere yanjye hano, byansabye kugushimira Perezida, hamwe n’u Rwanda, gutuma aya mateka agerwaho. Kubera iyi Shampiyona y’Isi y’Amagare y’akataraboneka, ntituzibagirwa ibihe twagiriye mu gihugu cyanyu cyiza.”

Shampiyona y’Isi y’Amagare yatangiye ku cyumweru tariki ya 21 Nzeri 2025 ikaba izarangira tariki 28 Nzeri 2025.

Perezida Kagame yafunguye Inteko Rusange ya UCI
David Lappartient yashimiye Perezida Paul Kagame

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

Next Post

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda

Related Posts

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

by radiotv10
25/09/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye bashyira mu majwi bamwe mu banyerondo gukorana n’abagira uruhare...

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

by radiotv10
25/09/2025
0

Ikirego cya Muganga Chantal wari wareze Dr Nsabimana Ernest wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, amushinja kuba barigeze gukundana akamwizeje kuzamugira...

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

by radiotv10
25/09/2025
1

Rwanda is rolling out a new digital ID system, launched by the National Identification Agency (NIDA) in August 2025, to...

Eng.-What students in Kigali are busy with after their schools were closed

Eng.-What students in Kigali are busy with after their schools were closed

by radiotv10
25/09/2025
0

Some students in Kigali City say that after classes were suspended because of the UCI World Cycling Championship, they have...

The untold pressure of being the first-born in African families

The untold pressure of being the first-born in African families

by radiotv10
25/09/2025
0

In many African families, being the first-born is often seen as both a blessing and a burden. While parents may...

IZIHERUKA

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda
SIPORO

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda

by radiotv10
25/09/2025
0

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

25/09/2025
Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

25/09/2025
Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

25/09/2025
Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

25/09/2025
Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

25/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.