Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Netanyahu wa Israel yagaragarijwe ko atishimiwe mu nama y’abayobozi b’Isi

radiotv10by radiotv10
26/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Netanyahu wa Israel yagaragarijwe ko atishimiwe mu nama y’abayobozi b’Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Nteko Rusange ya 80 y’Umuryango w’Abibumbye iri kubere i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America, ubwo Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yari agiye gutanga imbwirwaruhame ye, benshi mu bayobozi basohotse mu cyumba cy’Inteko.

Imbwirwaruhame z’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma n’abayobozi benshi batandukanye bagiye bavugira muri ibi biganiro, banengaga Israel ndetse bakanasaba ko ihagarika intambara muri Gaza.

Kutishimira ibikorwa na Israel, banabigaragarije Benjamin Netanyahu, Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, ubwo yari imbere y’Inteko Rusange ya LONI ngo agire icyo avuga, abenshi basohotse nk’ikimenyetso ko batamushyigikiye.

Netanyahu wanashyiriweho impapuro zimuta muri yombi, ari mu manza z’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa ICC, rumushinja ibyaha bya gisirikare ndetse n’ibyibasiye inyokomuntu.

Al Jazeera ivuga ko Mu rugendo rwe yerecyeza i New York ahari kubera iyi nama, indege ye itanyuze mu kirere cy’u Bufaransa, nkuko byari byagenze muri Nyakanga ubwo yajyaga muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho bwo yari yemerewe gukoresha ikirere cy’u Bufaransa nubwo impapuro za ICC zari zaramaze gutangazwa.

U Bufaransa ntibwigeze butangaza ko bwamwimye inzira, mu gihe Ibihugu by’u Butaliyani n’u Bugereki abyo byemeye ko indege ye inyura mu kirere cyabyo.

Televiziyo ya Israel, Kan, yatangaje ko umwe mu badipolomate utashatse gutangaza amazina ye, yavuze ko u Bufaransa butigeze bubuza Netanyahu gukoresha ikirere cyabwo, ahubwo ko icyemezo cyo kutagikoresha cyari icye bwite.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 2 =

Previous Post

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

Next Post

The secret life of introverts in a loud world

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
The secret life of introverts in a loud world

The secret life of introverts in a loud world

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.