Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bavuga ko abantu bataramenyekana bagiye kubateza ubukene nyamara bariyushye akuya

radiotv10by radiotv10
01/10/2025
in MU RWANDA
0
Bavuga ko abantu bataramenyekana bagiye kubateza ubukene nyamara bariyushye akuya
Share on FacebookShare on Twitter

Abafite imirima mu cyanya gihuriweho gihingwamo imbuto mu Mirenge ya Kabarondo na Murama mu Karere ka Kayonza n’igice gito cy’Akarere ka Ngoma, bataka ubujura bakorerwa n’abataramenyekana, bitwikira ijoro bakaza kwiba imyaka yabo, ku buryo babona bazacyura amaramasa.

Aba baturage bakorera ubuhinzi mu Midugudu ya Rugazi, Rurenge na Rwakigeri ahari icyanya gikorwamo ubuhinzi b’imbuto, bavuga ko nta cyizere cyo gusarura bafite kubera ubu bujura bakorerwa.

Uwiringimana Marcel ati “Ari voka barasoroma, ari imyembe barasoroma, ari amaronji barasoroma n’ibifenesi byose, urebye umuhinzi ntakintu abasha kuvanamo, cyane cyane ko ibifenesi byerera hasi usanga babitwaye.”

Mugenzi we na we yagize ati “Bahemgera nka nimugoroba, kuko iyo tugiye guhinga mu gitondo saa sita twahingura, bo bakaducunga duhinguye bagahita bajyamo. Ntabwo tumenya abo aribo ariko tumenya ko ari abajya kwahiramo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco avuga ko aba bahinzi bashyizwe muri Koperative mu buryo bwo kwicungira ibikorwa byabo, gusa akavuga ko bagiye gukorana na bo bakarebera hamwe uko ikibazo giteye.

Ati “Icyo twasaba aba baturage ni ukumva ko ibikorwa bakwiye kubyumva nk’ibyabo kuko igihe hari hakirimo Akarere kabitaho konyine icyo gihe twabashaga kubirinda. Uyu munsi mu gihe twubakiye Koperative ubushobozi ikaba ibasha kuba iriho ifite ubushobozi, ntabwo byakabaye ngombwa ko Akarere kongera kurinda iriya mirima yabo.”

Uyu Muyobozi agira inama aba bahindi gusaba ubuyobozi bwa Koperative yabo, gukurikirana iki kibazo bugashyiraho n’uburyo bwo kurinda imirima yabo, ariko ko n’ubuyobozi bugiye kubaba hafi.

Imirima yabo ngo babona ntacyo bazakuramo
Aba baturage basaba ko hagirwa igikorwa

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Umwana ni uw’umuryango! Wite ku mwana wese nk’uwawe!- Ubutumwa bwa Madamu Jeannette Kagame

Next Post

Intumwa z’u Rwanda na DRCongo zongeye guhurira muri America

Related Posts

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

IZIHERUKA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo
MU RWANDA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Intumwa z’u Rwanda na DRCongo zongeye guhurira muri America

Intumwa z’u Rwanda na DRCongo zongeye guhurira muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.