• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye umukinnyi w’iteramakofe amuha impano y’igihembo yegukanye ku Isi

radiotv10by radiotv10
29/09/2025
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yakiriye umukinnyi w’iteramakofe amuha impano y’igihembo yegukanye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Carlos Takam, Umufaransa ukomoka muri Cameroon usanzwe ari umukinnyi mpuzamahanga w’iteramakofe, anamushyikiriza impano y’umukandara w’umwimerere yegukanye muri shampiyona y’Isi.

Umukuru w’u Rwanda yakiriye uyu mukinnyi w’iteramakofe kuri iki Cyumweru tariki 28 Nzeri 2025 nk’uko tubikesha Perezidansi y’u Rwanda.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko “Perezida Paul Kagame kandi yahuye n’Umunya-Cameroon w’Umufaransa, Umukinnyi w’iteramakofe wabigize umwuga, Carlos Takam.”

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda, bikomeza bivuga ko uyu mukinnyi w’iteramakofe, muri iki cyumweru yanashinze ishuri ry’umukino w’iteramakofe i Kigali, rishingiye ku  Mryango we ‘Carlos Takam Foundation’, ryitezweho kuzateza imbere uyu mukino ku Mugabane wa Afurika.

Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, ikomeza igira iti “Carlos Takam kandi yanahaye Perezida impano y’umukanda w’umwimerere wa WBC World Champion mu rwego rwo guha icyubahiro u Rwanda n’intego y’Umuryango.”

Armand Carlos Netsing Takam wavukiye i Douala muri Cameroon mu 1980, yahatanye mu marushanwa mpuzamahanga akomeye harimo iyi shampiyona y’umukino w’iteramakofe, ndetse n’irushanwa rihiga andi muri uyu mukino rya WBA, yanitabiriye kandi andi marushanwa nka IBF, ndetse na IBO y’abafite ibilo bishyitse yitabiriye muri 2017.

Perezida Kagame kandi kuri iki Cyumweru yanakiriye umukinnyi w’magare Umunya-Canada Magdeleine Vallieres Mill wegukanye Shampiyona y’Isi y’amagare mu cyiciro cy’abagore.

Perezida Kagame ubwo yahaga ikaze Carlos Takam
Bagiranye ibiganiro

Yamushyikirije impano y’umukandara w’umwimerere yegukanye muri shampiyona y’Isi mu mukino w’iteramakofe

Perezida w’u Rwanda kandi yakiriye Umunya-Canada Magdeleine Vallieres Mill wegukanye Shampiyona y’Isi y’amagare mu cyiciro cy’abagore

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + seventeen =

Previous Post

I Masisi urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo rwabyutse rwambikanye

Next Post

UCI KIGALI 2025 : International press review

Related Posts

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
03/07/2026
0

Mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, umusore yakubiswe na bagenzi be bari bamaze gusangira...

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

by radiotv10
03/07/2026
0

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda ARJ ryagaragaje impungenge “zikomeye” rifite ku kwibasirwa, gukorerwa bamwe mu banyamakuru bikorwa mu mvugo za bamwe...

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

by radiotv10
03/07/2026
0

Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo yasuye Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado, azishimira...

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

by radiotv10
02/07/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho...

Next Post
UCI KIGALI 2025 : International press review

UCI KIGALI 2025 : International press review

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.