Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye umukinnyi w’iteramakofe amuha impano y’igihembo yegukanye ku Isi

radiotv10by radiotv10
29/09/2025
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yakiriye umukinnyi w’iteramakofe amuha impano y’igihembo yegukanye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Carlos Takam, Umufaransa ukomoka muri Cameroon usanzwe ari umukinnyi mpuzamahanga w’iteramakofe, anamushyikiriza impano y’umukandara w’umwimerere yegukanye muri shampiyona y’Isi.

Umukuru w’u Rwanda yakiriye uyu mukinnyi w’iteramakofe kuri iki Cyumweru tariki 28 Nzeri 2025 nk’uko tubikesha Perezidansi y’u Rwanda.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko “Perezida Paul Kagame kandi yahuye n’Umunya-Cameroon w’Umufaransa, Umukinnyi w’iteramakofe wabigize umwuga, Carlos Takam.”

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda, bikomeza bivuga ko uyu mukinnyi w’iteramakofe, muri iki cyumweru yanashinze ishuri ry’umukino w’iteramakofe i Kigali, rishingiye ku  Mryango we ‘Carlos Takam Foundation’, ryitezweho kuzateza imbere uyu mukino ku Mugabane wa Afurika.

Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, ikomeza igira iti “Carlos Takam kandi yanahaye Perezida impano y’umukanda w’umwimerere wa WBC World Champion mu rwego rwo guha icyubahiro u Rwanda n’intego y’Umuryango.”

Armand Carlos Netsing Takam wavukiye i Douala muri Cameroon mu 1980, yahatanye mu marushanwa mpuzamahanga akomeye harimo iyi shampiyona y’umukino w’iteramakofe, ndetse n’irushanwa rihiga andi muri uyu mukino rya WBA, yanitabiriye kandi andi marushanwa nka IBF, ndetse na IBO y’abafite ibilo bishyitse yitabiriye muri 2017.

Perezida Kagame kandi kuri iki Cyumweru yanakiriye umukinnyi w’magare Umunya-Canada Magdeleine Vallieres Mill wegukanye Shampiyona y’Isi y’amagare mu cyiciro cy’abagore.

Perezida Kagame ubwo yahaga ikaze Carlos Takam
Bagiranye ibiganiro

Yamushyikirije impano y’umukandara w’umwimerere yegukanye muri shampiyona y’Isi mu mukino w’iteramakofe

Perezida w’u Rwanda kandi yakiriye Umunya-Canada Magdeleine Vallieres Mill wegukanye Shampiyona y’Isi y’amagare mu cyiciro cy’abagore

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − four =

Previous Post

I Masisi urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo rwabyutse rwambikanye

Next Post

UCI KIGALI 2025 : International press review

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UCI KIGALI 2025 : International press review

UCI KIGALI 2025 : International press review

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.