Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abakinnyi bitabiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare n’Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
29/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abakinnyi bitabiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare n’Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatewe ishema no kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare yari ibereye ku Mugabane wa Afurika ku nshuro ya mbere, anashimira abakinnyi bose baryitabiriye ku ntambwe bagezeho ndetse n’imbaraga bakoresheje, abayiteguye n’Abanyarwanda bagaragarije urugwiro abashyitsi.

Kuri iki Cyumweru tariki 28 Nzeri 2025, ni bwo Shampiyona y’Isi y’Amagare yaberaga i Kigali mu Rwanda yashyirwagaho akadomo, hakinwa isiganwa rya nyuma ry’icyiciro cy’abagabo, ryegukanywe na nimero ya mbere ku Isi, Umunya-Slovania Tadej Pogačar.

Ubwo uyu mukinnyi rurangiranwa mu mukino w’amagare yageraga ahasorejwe iyi shampiyona agiye kwegukana umudali wa Zahabu, yasanze kuri Kigali Convention Center imbaga ya benshi baturutse mu bice byose by’Isi bari baje kwihera ijisho.

Perezida Paul Kagame na we ni umwe mu barebye uyu mukinnyi asesekara ahasorejwe iyi Shampiyona, ndetse akaba ari na we wambitse umudali wa Zahabu Tadej Pogačar.

Mu butumwa bwe, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye kwakira iri rushanwa ry’amateka, anaboneraho gushimira abakinnyi bose baryitabiriye, ndetse n’abariteguye, n’Abanyarwanda bose muri rusange, bagaragarije urugwiro abaryitabiriye.

Yagize ati “U Rwanda rutewe ishema no kuba rwarakiriye UCI Road World Championships [Shampiyona y’Isi y’Amagare] y’amateka. Ndashimira abakinnyi bose bahatanye mu Mujyi wacu ku bw’intambwe bateye no kwihangana.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agira ati “Ndashimira kandi byimazeyo inshuti yanjye David Lappartient [Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi], n’itsinda rya UCI n’abafatanyabikorwa bacu, inzego z’umutekano zatumye imihanda yakiniwemo itekana, n’Abanyarwanda bagaragaje imbaraga n’inkunga batanze byatumye ibyabereye muri Kigali bitazibagirana.”

Shampiyona y’Isi y’Amagare yabereye i Kigali, ari na bwo yaberaga bwa mbere ku Mugabane wa Afurika, yitabiriwe n’abakinnyi 918 baturutse mu Bihugu 110.

Perezida Kagame yari ahasorejwe iyi shampiyona

Ni na we wambitse umudali wa Zahabu uwegukanye Shampiyona y’Isi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Amateka yiyandikiye i Rwanda: Mu maso y’Isi yose rurangiranwa Pogačar yegukanye Shampiyona y’Amagare yakurikiwe bidasanzwe

Next Post

Eng.-President Kagame Commends riders and Rwandans for their role in the UCI World Championship

Related Posts

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

IZIHERUKA

How to Choose What Matters Most in Life
IMIBEREHO MYIZA

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-President Kagame Commends riders and Rwandans for their role in the UCI World Championship

Eng.-President Kagame Commends riders and Rwandans for their role in the UCI World Championship

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.