Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abakinnyi bitabiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare n’Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
29/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abakinnyi bitabiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare n’Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatewe ishema no kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare yari ibereye ku Mugabane wa Afurika ku nshuro ya mbere, anashimira abakinnyi bose baryitabiriye ku ntambwe bagezeho ndetse n’imbaraga bakoresheje, abayiteguye n’Abanyarwanda bagaragarije urugwiro abashyitsi.

Kuri iki Cyumweru tariki 28 Nzeri 2025, ni bwo Shampiyona y’Isi y’Amagare yaberaga i Kigali mu Rwanda yashyirwagaho akadomo, hakinwa isiganwa rya nyuma ry’icyiciro cy’abagabo, ryegukanywe na nimero ya mbere ku Isi, Umunya-Slovania Tadej Pogačar.

Ubwo uyu mukinnyi rurangiranwa mu mukino w’amagare yageraga ahasorejwe iyi shampiyona agiye kwegukana umudali wa Zahabu, yasanze kuri Kigali Convention Center imbaga ya benshi baturutse mu bice byose by’Isi bari baje kwihera ijisho.

Perezida Paul Kagame na we ni umwe mu barebye uyu mukinnyi asesekara ahasorejwe iyi Shampiyona, ndetse akaba ari na we wambitse umudali wa Zahabu Tadej Pogačar.

Mu butumwa bwe, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye kwakira iri rushanwa ry’amateka, anaboneraho gushimira abakinnyi bose baryitabiriye, ndetse n’abariteguye, n’Abanyarwanda bose muri rusange, bagaragarije urugwiro abaryitabiriye.

Yagize ati “U Rwanda rutewe ishema no kuba rwarakiriye UCI Road World Championships [Shampiyona y’Isi y’Amagare] y’amateka. Ndashimira abakinnyi bose bahatanye mu Mujyi wacu ku bw’intambwe bateye no kwihangana.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agira ati “Ndashimira kandi byimazeyo inshuti yanjye David Lappartient [Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi], n’itsinda rya UCI n’abafatanyabikorwa bacu, inzego z’umutekano zatumye imihanda yakiniwemo itekana, n’Abanyarwanda bagaragaje imbaraga n’inkunga batanze byatumye ibyabereye muri Kigali bitazibagirana.”

Shampiyona y’Isi y’Amagare yabereye i Kigali, ari na bwo yaberaga bwa mbere ku Mugabane wa Afurika, yitabiriwe n’abakinnyi 918 baturutse mu Bihugu 110.

Perezida Kagame yari ahasorejwe iyi shampiyona

Ni na we wambitse umudali wa Zahabu uwegukanye Shampiyona y’Isi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − ten =

Previous Post

Amateka yiyandikiye i Rwanda: Mu maso y’Isi yose rurangiranwa Pogačar yegukanye Shampiyona y’Amagare yakurikiwe bidasanzwe

Next Post

Eng.-President Kagame Commends riders and Rwandans for their role in the UCI World Championship

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-President Kagame Commends riders and Rwandans for their role in the UCI World Championship

Eng.-President Kagame Commends riders and Rwandans for their role in the UCI World Championship

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.