Thursday, October 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi

radiotv10by radiotv10
02/10/2025
in MU RWANDA
0
Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi
Share on FacebookShare on Twitter

“…Ariko ahari nashonje…” Ni imwe mu mvugo ziri kugarukwaho na benshi ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda muri iyi minsi, bamwe banakoresha mu biganiro hagati yabo bashyenga. Ni amagambo yavuzwe na Nyiramajyambere Esperance. Hamenyekanye ko amaze imyaka itatu yitabye Imana.

Amashusho y’uyu mubyeyi wo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaha, aho aba ashima ubuyobozi bw’u Rwanda bwamwubakiye inzu yo kubamo kimwe na bagenzi be bo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, ariko ko bashakaga kwishyurwa amafaranga y’icyuzi cyabo.

Agira ati “Nyakubahwa Paul Kagame, bayobozi mwese muri kunyumva, banyita Nyiramajyambere Esperance umwana w’Umutwa, ariko mwarakoze, sinkinyagirwa ariko noneho nimuturwaneho, inzara itumereye nabi […] intwari ni nziza ntabwo yiganyira yishakira inzira, uti ‘nimurebe ukuntu aba basigajwe inyuma n’amateka, babona amafaranga yabo y’icyuzi, barayakobocyeye, ariko kuki twayakobocyeye mukanga mukayarya, ahubwo mukayasindamo mitsingi.”

Hari aho agira ati “Njyewe ubwanjye ku mutima wanjye, iyi Radiyo izigiye, izigiye…ariko ahari nashonje.”

Nubwo ibi byatangajwe na Nyiramajyambere bimaze igihe, ariko iyi mvugo “ariko ahari nashonje” ikomeje kwamamara muri iki gihe, aho benshi bari kuyisubiramo ku mbuga nkoranyambaga nka TikTok, ndetse benshi bakayikoresha mu biganiro hagati yabo, mu buryo bw’urwenya.

Aya mashusho ni ayo mu kiganiro nyakwigendera Nyiramajyambere Esperance yari yagiranye n’umunyamakuru witwa Protais Ngwabijimana mu myaka ine ishize

Nyiramajyambere Esperance akiriho ubwo yakoraga kiriya kiganiro kiri kwamamara ubu

Iby’urupfu rwe

Ku mbuga nkoranyambaga kandi hari hamaze iminsi hacicikana amakuru ko uyu Nyiramajyambere Esperance yitabye Imana, ndetse bikaba byemejwe n’abo mu muryango we nk’uko tubikehsa umuyobozi wa YouTube witwa Urugendo TV.

Mu kiganiro Mutuyimana Consolée, umwana wa Nyiramajyambere ari na we mfura ye, uvuga ko batari bazi ko iriya mvugo y’umubyeyi wabo yamaze kuba ikimenyabose, avuga ko yitabye Imana mu Werurwe (03) 2022 azize uburwayi bwa Cancer y’umwijima yamaranye amazi atatu.

Mutuyimana avuga ko Nyiramajyambere yapfiriye rimwe n’umubyeyi we (Se), ndetse bakaba barabashyinguriye rimwe tariki 14 z’uko kwezi kwa gatatu.

Avuga ko iriya mvugo yamamaye y’umubyeyi we, ari ikiganiro yagiranye n’umunyamakuru, ubwo yatabazaga ngo bazahabwe amafaranga y’icyuzi, bari barakoze nka Koperative y’abatishoboye b’abo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, kikaza gukurwaho ubwo hakorwaga umuhanda wa Base-Gicumbi, akaba yarasabaga ko bishyurwa ingurane.

Ati “Kariya kavidewo yagateguye amafaranga batarayaduha, bigaragara ko koko nta n’ayo bazaduha. Radiyo yayibona, agahora atakamba, agatakambira abayobozi, ndetse yari abishoboye no kubivuga ati ‘Nyakubahwa Perezida wa Repubulika turwaneho turwaneho…”

Uyu mukobwa wa Nyiramajyambere avuga ko umubyeyi we yitabye Imana, ariya mafaranga barayishyuwe, ndetse ko itsinda ryabo ryishyuwe miliyoni 5,5 Frw. Ati “Mukecuru yapfuye amafaranga ye ayariye. Ntabwo yagiye atayariye.”

Nyiramajyambere Esperance, ukomeje kwamamara atakiriho yitabiye Imana mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali CHUK, aho yari amaze iminsi arwariye.

Mutuyimana Consolée, umukobwa wa Nyiramajyambere yemeje ko umubyeyi we yitabye Imana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Havuzwe amayeri yakoreshejwe n’Abayobozi mu z’ibanze i Nyagatare bakarya umuhinzi 100.000Frw

Next Post

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Havuzwe amayeri yakoreshejwe n’Abayobozi mu z’ibanze i Nyagatare bakarya umuhinzi 100.000Frw

by radiotv10
02/10/2025
0

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari kamwe ko mu Karere ka Nyagatare n’ushinzwe Umutekano muri ako Kagari, Dosiye y’ikirego baregwamo kwakira ruswa y’ibihumbi...

Kigali: Uwafatiwe iwe kubera gukora ibitemewe yahishuye amayeri yakoreshaga

Nyanza: Abagabo babiri bari mu bikorwa bitemewe bahuye n’uruva gusenya umwe ahasiga ubuzima

by radiotv10
02/10/2025
0

Abagabo babiri barimo bateka kanyanga mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza, baturikanywe n’iki kiyobyabwenge, umwe ahasiga ubuzima, undi...

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

by radiotv10
02/10/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko mu ishyamba riri mu Kagari ka Kinzovu hafi y’umuhanda...

How to restart your life when you feel left behind

How to restart your life when you feel left behind

by radiotv10
02/10/2025
0

Feeling like everyone else is moving ahead while you’re stuck can be painful and frustrating. Maybe your friends are getting...

Dore amakosa agiye gushyirirwaho ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku bashoferi mu Rwanda

Dore amakosa agiye gushyirirwaho ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku bashoferi mu Rwanda

by radiotv10
01/10/2025
0

Itegeko rigenga ikoreshwa ry’umuhanda riri kuvugururwa, rirateganya ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku batwara ibinyabiziga, ku makosa 10 aremereye, arimo...

IZIHERUKA

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda
IBYAMAMARE

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda

by radiotv10
02/10/2025
0

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

02/10/2025
Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

02/10/2025
Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi

Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi

02/10/2025
Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Havuzwe amayeri yakoreshejwe n’Abayobozi mu z’ibanze i Nyagatare bakarya umuhinzi 100.000Frw

02/10/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu wahamagawe bwa mbere mu Mavubi witezweho guhindura byinshi

Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu wahamagawe bwa mbere mu Mavubi witezweho guhindura byinshi

02/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.