• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi

radiotv10by radiotv10
02/10/2025
in MU RWANDA
0
Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi
Share on FacebookShare on Twitter

“…Ariko ahari nashonje…” Ni imwe mu mvugo ziri kugarukwaho na benshi ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda muri iyi minsi, bamwe banakoresha mu biganiro hagati yabo bashyenga. Ni amagambo yavuzwe na Nyiramajyambere Esperance. Hamenyekanye ko amaze imyaka itatu yitabye Imana.

Amashusho y’uyu mubyeyi wo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaha, aho aba ashima ubuyobozi bw’u Rwanda bwamwubakiye inzu yo kubamo kimwe na bagenzi be bo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, ariko ko bashakaga kwishyurwa amafaranga y’icyuzi cyabo.

Agira ati “Nyakubahwa Paul Kagame, bayobozi mwese muri kunyumva, banyita Nyiramajyambere Esperance umwana w’Umutwa, ariko mwarakoze, sinkinyagirwa ariko noneho nimuturwaneho, inzara itumereye nabi […] intwari ni nziza ntabwo yiganyira yishakira inzira, uti ‘nimurebe ukuntu aba basigajwe inyuma n’amateka, babona amafaranga yabo y’icyuzi, barayakobocyeye, ariko kuki twayakobocyeye mukanga mukayarya, ahubwo mukayasindamo mitsingi.”

Hari aho agira ati “Njyewe ubwanjye ku mutima wanjye, iyi Radiyo izigiye, izigiye…ariko ahari nashonje.”

Nubwo ibi byatangajwe na Nyiramajyambere bimaze igihe, ariko iyi mvugo “ariko ahari nashonje” ikomeje kwamamara muri iki gihe, aho benshi bari kuyisubiramo ku mbuga nkoranyambaga nka TikTok, ndetse benshi bakayikoresha mu biganiro hagati yabo, mu buryo bw’urwenya.

Aya mashusho ni ayo mu kiganiro nyakwigendera Nyiramajyambere Esperance yari yagiranye n’umunyamakuru witwa Protais Ngwabijimana mu myaka ine ishize

Nyiramajyambere Esperance akiriho ubwo yakoraga kiriya kiganiro kiri kwamamara ubu

Iby’urupfu rwe

Ku mbuga nkoranyambaga kandi hari hamaze iminsi hacicikana amakuru ko uyu Nyiramajyambere Esperance yitabye Imana, ndetse bikaba byemejwe n’abo mu muryango we nk’uko tubikehsa umuyobozi wa YouTube witwa Urugendo TV.

Mu kiganiro Mutuyimana Consolée, umwana wa Nyiramajyambere ari na we mfura ye, uvuga ko batari bazi ko iriya mvugo y’umubyeyi wabo yamaze kuba ikimenyabose, avuga ko yitabye Imana mu Werurwe (03) 2022 azize uburwayi bwa Cancer y’umwijima yamaranye amazi atatu.

Mutuyimana avuga ko Nyiramajyambere yapfiriye rimwe n’umubyeyi we (Se), ndetse bakaba barabashyinguriye rimwe tariki 14 z’uko kwezi kwa gatatu.

Avuga ko iriya mvugo yamamaye y’umubyeyi we, ari ikiganiro yagiranye n’umunyamakuru, ubwo yatabazaga ngo bazahabwe amafaranga y’icyuzi, bari barakoze nka Koperative y’abatishoboye b’abo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, kikaza gukurwaho ubwo hakorwaga umuhanda wa Base-Gicumbi, akaba yarasabaga ko bishyurwa ingurane.

Ati “Kariya kavidewo yagateguye amafaranga batarayaduha, bigaragara ko koko nta n’ayo bazaduha. Radiyo yayibona, agahora atakamba, agatakambira abayobozi, ndetse yari abishoboye no kubivuga ati ‘Nyakubahwa Perezida wa Repubulika turwaneho turwaneho…”

Uyu mukobwa wa Nyiramajyambere avuga ko umubyeyi we yitabye Imana, ariya mafaranga barayishyuwe, ndetse ko itsinda ryabo ryishyuwe miliyoni 5,5 Frw. Ati “Mukecuru yapfuye amafaranga ye ayariye. Ntabwo yagiye atayariye.”

Nyiramajyambere Esperance, ukomeje kwamamara atakiriho yitabiye Imana mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali CHUK, aho yari amaze iminsi arwariye.

Mutuyimana Consolée, umukobwa wa Nyiramajyambere yemeje ko umubyeyi we yitabye Imana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 20 =

Previous Post

Havuzwe amayeri yakoreshejwe n’Abayobozi mu z’ibanze i Nyagatare bakarya umuhinzi 100.000Frw

Next Post

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.