• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Amazi meza begerejwe yabaye imbonekarimwe none amaburakindi yabasubije mu bishanga

radiotv10by radiotv10
06/10/2025
in MU RWANDA
0
Musanze: Amazi meza begerejwe yabaye imbonekarimwe none amaburakindi yabasubije mu bishanga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze bavuga ko, nubwo begerejwe ivomero ry’amazi meza, ariko bakomeje kuvoma amazi mabi y’imigezi, kuko iri vomero ryabo rishobora kumara amezi atatu nta mazi ararikandagiramo.

Aba baturag bo mu Mudugudu wa Kiryi, Akagari ka Kigombe, bavuze ko kuvoma amazi yo mu mugezi utemba wa Mpenge ari amaburakindi.

Ntawirengagiza Mariyaroza, umukecuru w’imyaka 82 avuga ko amaze imyaka itatu avoma aya mazi nyuma yaho ahimukiye avuye mu Murenge wa Gacaca.

Yagize ati “Kuva nagera hano mu Kiryi, sindabona ariya mazi aboneka buri gihe, ubu nahisemo kwivomera hariya muri Mpenge, njyana utujerekani tubiri, nkabanza nkadaha kamwe kakuzura nkavoma akandi.”

Mugenzi we Munyaneza Alphonse na we ahamya ko kuba bavoma amazi yo mu mugezi wa Mpenge kandi bazi neza ingaruka yabagiraho, ari uko ntakundi babigenza.

Ati “Aya mazi nawe nk’uko uyabona ntiyaburamo ingaruka zirimo kuba umuntu yarwara inzoka zo mu nda, ariko natwe ntabwo ari uko tuyakunze ahubwo ni uko uyu mugezi wa hano ntacyo umaze hano kuko amazi yawo ashobora kubura amezi abiri cyangwa atatu, none ubwo wakoresha iki ko amazi akenerwa buri munsi? Ikindi kandi n’iyo aje ni ukuvomaho amasaha macye akongera akagenda.”

Aba baturage bose bahuriza ku kuvuga ko ivomo ryabo riramutse rihoramo amazi ntawavoma muri Mpenge ndetse kandi ikibateye impungenge ari indwara ashobora kuzabakururira.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Isuku n’Isukura (WASAC), ishami rya Musanze, Kayiru Desire avuga ko kugira ngo bamenye ikibazo gihari ari uko bagomba kubanza kubasura kuko iki kibazo ntacyo bamenyeshejwe.

Ati “Ntibyumvikana ko abantu bamara amezi abiri nta mazi bafite ntibatumenyeshe […] Ubwo twakurikirana.”

Ubushakashatsi bwa karindwi ku mibereho y’ingo mu Rwanda bwo muri 2024 bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), bwagaragaje ko ingo z’Abaturarwanda bagerwaho n’amazi meza zigeze ku gipimo cya 90%, zikaba zariyongereye kuko zari kuri 87% muri 2017.

Ubu bushakashatsi kandi bwerekana ko 68% byabo bashobora kuyabona bakoresheje iminota iri munsi ya 30, mu gihe 21% bayabona bakoze urugendo ruri hejuru y’imonota 30.

Robine bahawe izamo amazi gacye cyane
Byatumye bongera kuyoboka ibishanga

Munyankotore Francois asaba ko hakwiye kugira igikowa
Kimwe na Munyaneza Alphonse
Ajya kuvoma ibishanga kubera amburakindi

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 10 =

Previous Post

Urunturuntu muri Rayon nyuma yo kunganya na Gasogi n’umukino wa gatatu nta ntsinzi

Next Post

Do men really want independent women, or just the idea of them?

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Do men really want independent women, or just the idea of them?

Do men really want independent women, or just the idea of them?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.