Monday, October 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

radiotv10by radiotv10
06/10/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 n’inyeshyamba za Wazalendo zirwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabyutse yumvikana mu gace ka Luke muri Teritwari ya Masisi.

Ni imirwano yaramutse muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 05 Ukwakira 2025, aharamutse humvikana urusaku rw’imbunda za rutura ndetse n’izoroheje.

Ikinyamakuru ACTUALITE.CD dukesha aya makuru, kiravuga ko abatuye muri aka gace ka Luke muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, baramutse bumva urufaya rw’amasasu kuva saa kumi n’imwe za mu gitondo.

Amakuru avuga ko abarwanyi ba AFC/M23 bagabye igitero mu birindiro by’inyeshyamba za Wazalendo aho bakambitse muri kariya gace ka Luke, kigamije gukwiza imishwaro izi nyeshyamba zisanzwe zizwiho ibikorwa by’urugomo.

Ni igitero kandi kigamije gufasha AFC/M23 kwagura ibice igenzura, no kubohora abaturage bakomeje kugirirwa nabi n’uruhande bahanganye rwa Leta ya Congo Kinshasa rugizwe n’abarimo izi nyeshyamba za Wazalendo.

Amakuru avuga ko aha hari kubera imirwano, abaturage bagize ubwoba bwinshi, ndetse bakaba bakwiriye imishwaro bakajya kwihisha mu bihuru no mu mashyamba.

Hari hashize ukwezi umutwe w’inyeshyamba wa Wazalendo, wigaruriye aka gace ka Luke, mu gihe uzwiho ko aho ugeze hose, ubuzima buhagarara kubera ibikorwa byawo bibi bibangamira imibereho y’abaturage.

Iyi mirwano iramukiye ku muryango, mu gihe mu cyumweru gishzie, Ihuriro AFC/M23 ryungutse abakomando barenga 9 000 binjijwe mu gisirikare mu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru waryo, Maj Gen Sultani Makenga.

Gen Makenga, mu butumwa yahaye aba Bakomando bashya, yabibukije ko intego y’iri Huriro ari ugukuraho ubutegetsi bwa DRC, burangajwe imbere na Perezida Felix Tshisekedi, bityo ko bakwiye kwinjira muri iki gisirikare bayumva neza, ndetse bumva n’uruhare bagomba kubigiramo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 6 =

Previous Post

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

Next Post

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

Related Posts

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

by radiotv10
06/10/2025
0

Bwa mbere umwimukira yageze ku Mugabane w’u Burayi akoresheje umutaka ufasha abantu kuguruka mu kirere bunazwi ku basirikare, ibintu byagaragaye...

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

by radiotv10
06/10/2025
0

Ibiganiro by’imishyikirano hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23, bigiye gusubukurwa, byitezweho kuganirirwamo ingingo zikomeje kugorana...

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

by radiotv10
06/10/2025
0

Abayobozi ba Israël na Hamas bageze i Cairo mu Misiri, kugira ngo baganire ku mugambi w’amahoro wa Perezida wa Leta...

Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe

Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe

by radiotv10
06/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwinjije mu gisirikare cyaryo abandi basirikare 9 350 bakurikiye abandi...

BREAKING: Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bufaransa yeguye ataramara n’ukwezi

BREAKING: Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bufaransa yeguye ataramara n’ukwezi

by radiotv10
06/10/2025
0

Nyuma y’amasaha macye hatangajwe abagize Guverinoma azayobora, Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bufaransa, Sebastien Lecornu wari washyizweho mu kwezi gushize, yeguye...

IZIHERUKA

Kigali: Ibyagaragaye ahabonetse umurambo w’umusore byatumye hari igikekwa
MU RWANDA

Umunyeshuri wa kaminuza wiyahuye yasize urwandiko rurimo ubutumwa yageneye urubyiruko rw’u Rwanda

by radiotv10
06/10/2025
0

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

06/10/2025
Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

06/10/2025
Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

06/10/2025
Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

06/10/2025
Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

06/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

Ibitegerejwe ku meza y'ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyeshuri wa kaminuza wiyahuye yasize urwandiko rurimo ubutumwa yageneye urubyiruko rw’u Rwanda

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.