Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyeshuri wa kaminuza wiyahuye yasize urwandiko rurimo ubutumwa yageneye urubyiruko rw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
07/10/2025
in MU RWANDA
0
Kigali: Ibyagaragaye ahabonetse umurambo w’umusore byatumye hari igikekwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyeshuri wigaga muri Kaminuza y’Imyuga n’Ubumenyingiro ya Hanika y’Itorero ry’Abangilikani yo mu Karere ka Nyanza, yasanzwe yapfuye bikekwa ko yiyahuye, anasiga urwandiko rw’ubutumwa burimo aho avuga ko yari arambiwe kubaho ubuzima bw’ikinyoma, anasaba urubyiruko arusaba kwirinda ibibagira imbata.

Uyu munyeshuri witwa Nzabonimana Jean Paul yapfuye ku myaka 22, aho yasanzwe mu bwogero bw’aho yari acumbitse mu Mudugudu wa Mugonzi, mu Murenge wa Busasamana, mu Karere ka Nyanza.

Bamusanze amanitse mu ishuka, bikekwa ko ari iyo yiyahuje, gusa bikaba abamuzi bakaba bavuga ko batumva icyatuma uyu musore yakwiyambura ubuzima kuko bari basanzwe bamuziho ko ari umwana mwiza.

Umwe mu banyeshuri biganaga na nyakwigendera muri kaminuza baniganye mu mashuri yisumbuye, yavuze ko bari bavuganye mu ijoro ahagana saa cyenda, akaza kujya hanze, ariko bakaza kumubona kuri iki Cyumweru yapfuye. Yagize ati “Twasanze yimanitse mu ishuka, yayishyize mu ijosi iziritse yejuru ku giti.”

Uyu munyeshuri yavuze ko nyakwigendera yajyaga afatwa n’uburwayi bwamukubitaga hasi, ariko ko atajyaga amusobanurira ubwoko bwabwo.

Ati “Icyo yansobanuriye ni uko ari imyuka mibi abo mu muryango we bamutezaga ikaba ari yo yatumaga yitura hasi.”

Nyakwigendera kandi yasize urwandiko rurimo ubutumwa yageneye ababyeyi be abashimira, anabasaba imbabazi kuri iki cyemezo kigayitse cyo kwiyambura ubuzima yafashe, ndetse n’abanyeshuri biganaga.

Muri iyi baruwa kandi, hari aho asaba urubyiruko kwirinda kuba imbata y’ibyabatwaye uruhu n’uruhande, kuko na we hari icyari cyaramugize addicted.

Uyu mugenzi we yagize ati “Yagiriye inama urubyiruko kwirinda ibintu byaba byarabagize imbata, avuga ko hari ikintu yari amaranye umwaka cyari cyaramugize imbata, yongeraho ko yararambiwe ubuzima bw’ikinyoma.”

Amakuru y’urupfu rwa nyakwigendera kandi yanemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, wavuze ko uru Rwego na RIB bihutiye kugera ahabereye ibi byago, bagasanga koko nyakwigendera yapfuye.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, wavuze ko hahise hatangira iperereza, yatangaje ko umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu Bitari by’Akarere ka Nyanza kugira ngo hakorwe isuzuma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + three =

Previous Post

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

Next Post

Soft skills that make you look confident without speaking

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Soft skills that make you look confident without speaking

Soft skills that make you look confident without speaking

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.