• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyeshuri wa kaminuza wiyahuye yasize urwandiko rurimo ubutumwa yageneye urubyiruko rw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
07/10/2025
in MU RWANDA
0
Kigali: Ibyagaragaye ahabonetse umurambo w’umusore byatumye hari igikekwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyeshuri wigaga muri Kaminuza y’Imyuga n’Ubumenyingiro ya Hanika y’Itorero ry’Abangilikani yo mu Karere ka Nyanza, yasanzwe yapfuye bikekwa ko yiyahuye, anasiga urwandiko rw’ubutumwa burimo aho avuga ko yari arambiwe kubaho ubuzima bw’ikinyoma, anasaba urubyiruko arusaba kwirinda ibibagira imbata.

Uyu munyeshuri witwa Nzabonimana Jean Paul yapfuye ku myaka 22, aho yasanzwe mu bwogero bw’aho yari acumbitse mu Mudugudu wa Mugonzi, mu Murenge wa Busasamana, mu Karere ka Nyanza.

Bamusanze amanitse mu ishuka, bikekwa ko ari iyo yiyahuje, gusa bikaba abamuzi bakaba bavuga ko batumva icyatuma uyu musore yakwiyambura ubuzima kuko bari basanzwe bamuziho ko ari umwana mwiza.

Umwe mu banyeshuri biganaga na nyakwigendera muri kaminuza baniganye mu mashuri yisumbuye, yavuze ko bari bavuganye mu ijoro ahagana saa cyenda, akaza kujya hanze, ariko bakaza kumubona kuri iki Cyumweru yapfuye. Yagize ati “Twasanze yimanitse mu ishuka, yayishyize mu ijosi iziritse yejuru ku giti.”

Uyu munyeshuri yavuze ko nyakwigendera yajyaga afatwa n’uburwayi bwamukubitaga hasi, ariko ko atajyaga amusobanurira ubwoko bwabwo.

Ati “Icyo yansobanuriye ni uko ari imyuka mibi abo mu muryango we bamutezaga ikaba ari yo yatumaga yitura hasi.”

Nyakwigendera kandi yasize urwandiko rurimo ubutumwa yageneye ababyeyi be abashimira, anabasaba imbabazi kuri iki cyemezo kigayitse cyo kwiyambura ubuzima yafashe, ndetse n’abanyeshuri biganaga.

Muri iyi baruwa kandi, hari aho asaba urubyiruko kwirinda kuba imbata y’ibyabatwaye uruhu n’uruhande, kuko na we hari icyari cyaramugize addicted.

Uyu mugenzi we yagize ati “Yagiriye inama urubyiruko kwirinda ibintu byaba byarabagize imbata, avuga ko hari ikintu yari amaranye umwaka cyari cyaramugize imbata, yongeraho ko yararambiwe ubuzima bw’ikinyoma.”

Amakuru y’urupfu rwa nyakwigendera kandi yanemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, wavuze ko uru Rwego na RIB bihutiye kugera ahabereye ibi byago, bagasanga koko nyakwigendera yapfuye.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, wavuze ko hahise hatangira iperereza, yatangaje ko umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu Bitari by’Akarere ka Nyanza kugira ngo hakorwe isuzuma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

Next Post

Soft skills that make you look confident without speaking

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Soft skills that make you look confident without speaking

Soft skills that make you look confident without speaking

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.