Umudepite muri Leta Zunze Ubumwe za America, yatanze umushinga w’itegeko wo gusaba amashuri makuru na za Kaminuza za Leta zo muri Florida kugira umuhanda umwe witirirwa nyakwigendera Charlie Kirk uherutse kwicwa arasiwe aho yatangaga ikiganiro muri kaminuza.
Uyu mushingamategeko wo mu ishyaka ry’Aba- Republican yatanze uyu mushinga nyuma yuko iyi mpirimbanyi Charlie Kirk yishwe arasiwe muri Kaminuza ya Utah mu kwezi gushize, aho yari ari kugirana ikiganiro n’urubyiruko.
Kevin Steele usanzwe ari Umudepite wo mu Mujyi wa Dade muri Leta ya Florida, yatanze uyu mushinga ufite nimero HB 113 ku Nteko Ishinga Amategeko y’iyi Leta ya Florida kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Ukwakira 2025.
Mu gihe uyu mushinga wakwemezwa ukagirwa itegeko, buri kaminuza n’ishuri rikuru bya Leta muri Leta ya Florida, zagenda zitirira umuhanda umwe nyakwigendera Charlie Kirk.
Ni icyemezo gisabwa gusuzumwa n’inama y’ubutegetsi ya buri kaminuza, aho uyu mushinga utekanya ishuri ryananirwa kubikora, ryahagarikirwa inkunga ya Leta.
Uyu mushinga uramutse wemejwe, watuma imihanda 40 y’amashuri makuru na za kaminuza byo muri Leta ya Florida, yitirirwa uyu mugabo wari uzwiho kugendera ku mahame akarishye yo hambere.


RADIOTV10