• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko utubari twatumye hahindurwa umuvinyo ukoreshwa mu misa za Kiliziya Gatulika

radiotv10by radiotv10
10/10/2025
in AMAHANGA
0
Uko utubari twatumye hahindurwa umuvinyo ukoreshwa mu misa za Kiliziya Gatulika
Share on FacebookShare on Twitter

Kiliziya Gatulika muri Kenya yafashe icyemezo cyo guhindura divayi yakoreshwaga mu gutura igitambo cy’Ukarisitiya kuri Alitari, nyuma yuko iyakoreshwaga yari imaze igihe igaragara mu bucuruzi bw’ibinyobwa bisembuye nko mu tubari no muri Liquor store.

Ni icyemezo cyafashwe n’Inama Nkuru y’Abepisikopi ba Kiliziya Gatulika muri Kenya KCCB (Kenya Conference of Catholic Bishops), yemeje ko hazajya hakoreshwa umuvinyo witwa Mass Wine.

Musenyeri wa Diyoseze Gatulika ya Nyeri, Anthony Muheria yabwiye BBC dukesha aya makuru ati “Divayi yemejwe ubu nta na hamwe igomba gucuruzwa, ahubwo yinjijwe mu Gihugu na KCCB kandi yajyanywe gusa muri za Diyoseze.”

Ni icyemezo cyashimwe n’abakristu ba Kiliziya Gatulika muri Kenya, bavuze ko umuvinyo wari usanzwe ukoreshwa, wari umaze gutakaza ubutagatifu bwawo, kuko wacuruzwaga mu tubari.

Ibiba bigize divayi ikoreshwa kuri Alitari mu gitambo cya Misa, ndetse n’ireme ry’Ukarisitiya zitangwamo, byemezwa n’Itegeko rya Kiliziya Gatulika nk’uko byatangajwe na Musenyeri Muheria.

Ati “Ibijyanye n’ireme n’igipimo cya Divayi na Ukarisitiya bikoreshwa mu gitambo cy’Ukarisitiya, bigenwa n’Abepisikopi ba buri Gihugu. Bishobora kugenda bivugururwa mu gihe runaka.”

Umuvinyo wari umaze igihe ukoreshwa muri Kenya ukaba wasimbuwe, byari bimaze kugaragara ko uri gucuruzwa n’ubucuruzi bw’ibinyobwa bisembuye burimo n’abacuruza inzoga zikomeye zizwi nka Liqor, amahoteli, utubari ndetse na supermarkets.

Musenyeri Muheria ati “Yari imaze kuba rusange mu byukuri, divayi twakoreshaga yari imaze kujya iboneka ahantu hatandukanye nko mu tubari.”

Umuvinyo mushya ugiye kujya ukoreshwa muri kiliziya, watangijwe ku mugaragaro ku nshuro ya mbere imbere y’abakirisitu bari bitabiriye amasengesho ngarukamwaka yo gusabira Igihugu azwi yabaye ku wa Gatandatu kuri Subukia National Marian Shrine.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

The pressure to go out every Friday: Is staying home, okay?

Next Post

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.