Monday, October 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Intambara irarangiye- Trump yatangaje ku mugaragaro ibya Israel na Hamas

radiotv10by radiotv10
13/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Intambara irarangiye- Trump yatangaje ku mugaragaro ibya Israel na Hamas
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko intambara imaze imyaka ibiri ihanganishije Israel n’umutwe wa Hamas muri Gaza, yarangiye, kandi ko byanyuze buri wese.

Trump yabitangaje ubwo yari mu rugendo yerecyeza muri Israel, aho yaherekejwe na bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu cye, bikaba biteganyijwe ko aza no kubonana na bamwe mu Banya-Israel bari barafashwe bugwate na Hamas, barekuwe.

Ubwo yari mu ndege ye Air Force One, aganira n’abanyamakuru, uyu Mukuru wa Leta Zunze Ubumwe za America, Trump, yagize ati “Intambara yarangiye.”

Nubwo Trump yatangaje gutya, ibiganiro bya nyuma byo kurangiza iyi ntambara yo muri Gaza, birakomeje, ndetse biteganyijwe ko yakira Perezida wa Misiri, Abdel Fattah al-Sisi, mu rwego rwo gushyira akadomo kuri aya masezerano.

Gusa Trump yemeza ko kugeza ubu buri wese yishimiye iyi ntambwe yagezweho yo kurangiza iyi ntambara yari imaze imyaka ibiri.

Ati “Buri wese arishimye, yaba Abayahudi, yaba Abayisilamu, ndetse n’Ibihugu by’Abarabu, buri Gihugu kiri mu byishimo. Sintekereza ko ibyabaye bazongera kubibona ukundi.”

Umuvugizi wa Guverinoma ya Israel, Shosh Bedrosian yavuze ko iki Gihugu cyiteguye na cyo kurekura imfungwa z’Abanya-Palestine mu rwego rwo kuzihererekanya na Hamas.

Biteganyijwe ko Israel izarekura imfungwa 250 z’Abanya-Palestine zari zarakatiwe burundu, mu gihe Hamas na yo izarekura imfungwa 1 722 ziri muri Gaza nyuma y’igitero uyu mutwe wagabye tariki 07 Ukwakira 2023cyanabaye intandaro y’iyi ntambara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + one =

Previous Post

Eng.-US and Belgium react to the DRC’s call for the FDLR to disarm and return to Rwanda

Next Post

Abadipolomate batatu bitabiriye ibiganiro byatanze umusaruro hagati ya Israel na Hamas bapfiriye mu Misiri

Related Posts

Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Amayobera ku cyatumye uruhande ruhanganye na AFC/M23 rufata icyemezo gitunguranye

by radiotv10
13/10/2025
0

Nyuma y’iminsi ibiri inyeshyamba z’umutwe wa Wazalendo urwana ku ruhande rwa Leta ya DRC zigenzura ibice bine byo muri Teritwari...

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

by radiotv10
13/10/2025
0

Israel yashyikirijwe imfungwa 20 bari barafashwe bugwate n’umutwe wa Hamas mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amasezerano y’agahenge agamije kurangiza...

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

by radiotv10
13/10/2025
0

Guverinoma y’u Bubiligi n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zagaragaje ko zishimiye itangazo ry’igisirikare cya DRC (FARDC) rihamagarira abarwanyi b’umutwe...

Abadipolomate batatu bitabiriye ibiganiro byatanze umusaruro hagati ya Israel na Hamas bapfiriye mu Misiri

Abadipolomate batatu bitabiriye ibiganiro byatanze umusaruro hagati ya Israel na Hamas bapfiriye mu Misiri

by radiotv10
13/10/2025
0

Abakozi batatu b’Urwego rukuru rw’Ubuyobozi rwa Qatar, bari bitabiriye ibiganiro bihuza Israel na Hamas mu Misiri, bapfiriye mu mpanuka y’imodoka...

Eng.-US and Belgium react to the DRC’s call for the FDLR to disarm and return to Rwanda

Eng.-US and Belgium react to the DRC’s call for the FDLR to disarm and return to Rwanda

by radiotv10
13/10/2025
0

The Governments of Belgium and the United States have expressed satisfaction with the announcement made by the Forces Armées de...

IZIHERUKA

Former genocide convict Emmanuel Ndindabahizi dies in Benin while serving life sentence
MU RWANDA

Former genocide convict Emmanuel Ndindabahizi dies in Benin while serving life sentence

by radiotv10
13/10/2025
0

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

13/10/2025
AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

13/10/2025
Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Amayobera ku cyatumye uruhande ruhanganye na AFC/M23 rufata icyemezo gitunguranye

13/10/2025
Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

13/10/2025
Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

13/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abadipolomate batatu bitabiriye ibiganiro byatanze umusaruro hagati ya Israel na Hamas bapfiriye mu Misiri

Abadipolomate batatu bitabiriye ibiganiro byatanze umusaruro hagati ya Israel na Hamas bapfiriye mu Misiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Former genocide convict Emmanuel Ndindabahizi dies in Benin while serving life sentence

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.