• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

radiotv10by radiotv10
14/10/2025
in MU RWANDA
0
Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu Kagari ka Gisagara mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, baratabariza umuturanyi wabo ufite ubumuga ubayeho ubuzima bubi, bagasaba ko nibura yabonerwa icumbi akava mu nzu yahoze ari ubwiherero abamo ubu na yo yacumbikiwemo n’umugiraneza.

Uyu Havugimana Etienne utuye mu Mudugudu wa Kabuye mu Kagari ka Gisagara, avuga ko amaranye igihe kinini ubumuga, hakiyongeraho n’ubuzima bubi arimo burimo kuba aba mu nzu ya metero imwe kuri imwe na yo yacumbikiwemo n’umuturage.

Yagize ati “Nabyirutse nta babyeyi  mfite bitabye Imana, ntaho ngira ho kuba, aho mba ni mu nzu ntoya cyane yahoze ari ubwiherero nyuma barahasiba, umuturage aba ahampaye ngo mbe ari ho nibera mu kumba kamwe ka metero imwe kuri imwe n’igice.”

Akomeza agira ati “Mbayeho mu buzima bubi kuko kugira ngo mbone icyo kurya ni abagiraneza babimfashamo, iyo batabonetse ndabwirirwa nkanaburara.”

Abazi uyu muturage bavuga ko abayeho mu buzima bubi, bagasaba ko yafashwa nibona akabona aho kurambika umusaya, akaba yanashyirwa mu bagenerwa inkunga y’abafite ubumuga batishoboye.

Muragije ati “Afite ubumuga ntashoboye kugira icyo yikorera, abagiraneza bamufasha akabona aho kuba ndetse akanafashwa kubona ibigenerwa abafite ubumuga.”

Safari na we ati “Rwose nafashwe ajye abona icyo kurya ndetse anafashwe kubona icumbi kuko ubuzima bwe burahangayikishije.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ndora, Eugene Manirarora avuga ko atari azi uyu muturage, ariko ko agiye kumukurikirana kugira ngo harebwe icyo yafashwa.

Havugimana Etienne abayeho ubuzima bugoye
Aba mu kazu gato kahoze ari ubwiherero
Abaturanyi be baramusabira ubufasha

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + twenty =

Previous Post

Huye: Bagaragaje icyifuzo cyarandura ibyo babona nko kubigirizaho nkana

Next Post

Igisubizo AFC/M23 iha Tshisekedi wavuze ko hari ibyashoboka ari uko yishwe

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Igisubizo AFC/M23 iha Tshisekedi wavuze ko hari ibyashoboka ari uko yishwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.