Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

radiotv10by radiotv10
16/10/2025
in MU RWANDA
0
Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage babarirwa mu 180 bo mu Karere ka Ruhabu bavuga ko bamaze imyaka ibiri bategereje kwishyurwa ingurane y’imitungo yabo yangiritse ubwo hakorwaga umuhanda Pfunda-Gisiza-Karongi, mu gihe Ubuyobozi bw’Akarere buvuga ko atari bwo bwishyura ariko ko dosiye zabo zohererejwe ikigo kibishinzwe.

Aba baturage bo mu Murenge wa Nyamyumva barimo abangirijwe imyaka irimo urutoki n’amashyamba, bavuga ko bari babariwe ingurane y’amafaranga bazishyurwa, ariko bagategereza bagaheba.

Bavuga ko bakunze gusiragira ku Karere kubaza aho ubwishyu bwabo bugeze, bagasabwa gutegereza, none amaso yaheze mu kirere ari nako batahwemye guhura n’ingaruka mu miryango yabo.

Mushabizi wo mu Mudugudu wa Mutende,A kagari ka Burushya yagize ati “Mu mwaka wa 2023 banyangirije urutoki, ishyamba, barambarira ndanasinya ariko kugeza n’ubu nirirwa nsiragira ku Karere bakambwira gutegereza kandi nyamara inzara irenda kutwica kuko ni ho twakuraga ibyo kurya, amafaranga yo kwishyurira abana ishuri none ubu barabirukanye turi kumwe na bo mu rugo.”

Nyiracabugufi Catherine wo mu Kagari ka Kinigi na we yagize at “Twirirwa ku Karere buri munsi uwitwa Noella Teta akatubwira ngo tuzagaruke igihe iki n’iki, twagerayo akongera gutyo, ubwo duherukayo yari yatubwiye mu kwezi kwa cyenda none reba tugeze mu kwa cumi ntacyo aratubwira ngo i Kigali ntibaramusubiza.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko ibibazo byo gutinda kwishyurwa kw’abaturage nk’ibi biterwa no kuba mu gihe cyo kubarurirwa hari abatari bafite ibyangombwa bisabwa.

Yagize ati “Hari amadosiye maze iminsi nsinya kuko Njyanama yari yabitwemereye, rwose hari ayoherejwe muri RTDA kuko ntabwo ari twe twishyura.”

Abaturage 186 nibo bataka kumara imyaka ibiri biruka ku ngurane z’imitungo yabo yangijwe kandi bagasiragizwa n’abakabaye babafasha ahubwo bagahora babarerega.

Aba baturage basaba kwishyurwa ingurane y’ibyabo byangijwe kuko bayitegereje igihe kinini

Bavuga imibereho yabaye mibi

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − eleven =

Previous Post

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

Next Post

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.