Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

radiotv10by radiotv10
16/10/2025
in MU RWANDA
0
Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage babarirwa mu 180 bo mu Karere ka Ruhabu bavuga ko bamaze imyaka ibiri bategereje kwishyurwa ingurane y’imitungo yabo yangiritse ubwo hakorwaga umuhanda Pfunda-Gisiza-Karongi, mu gihe Ubuyobozi bw’Akarere buvuga ko atari bwo bwishyura ariko ko dosiye zabo zohererejwe ikigo kibishinzwe.

Aba baturage bo mu Murenge wa Nyamyumva barimo abangirijwe imyaka irimo urutoki n’amashyamba, bavuga ko bari babariwe ingurane y’amafaranga bazishyurwa, ariko bagategereza bagaheba.

Bavuga ko bakunze gusiragira ku Karere kubaza aho ubwishyu bwabo bugeze, bagasabwa gutegereza, none amaso yaheze mu kirere ari nako batahwemye guhura n’ingaruka mu miryango yabo.

Mushabizi wo mu Mudugudu wa Mutende,A kagari ka Burushya yagize ati “Mu mwaka wa 2023 banyangirije urutoki, ishyamba, barambarira ndanasinya ariko kugeza n’ubu nirirwa nsiragira ku Karere bakambwira gutegereza kandi nyamara inzara irenda kutwica kuko ni ho twakuraga ibyo kurya, amafaranga yo kwishyurira abana ishuri none ubu barabirukanye turi kumwe na bo mu rugo.”

Nyiracabugufi Catherine wo mu Kagari ka Kinigi na we yagize at “Twirirwa ku Karere buri munsi uwitwa Noella Teta akatubwira ngo tuzagaruke igihe iki n’iki, twagerayo akongera gutyo, ubwo duherukayo yari yatubwiye mu kwezi kwa cyenda none reba tugeze mu kwa cumi ntacyo aratubwira ngo i Kigali ntibaramusubiza.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko ibibazo byo gutinda kwishyurwa kw’abaturage nk’ibi biterwa no kuba mu gihe cyo kubarurirwa hari abatari bafite ibyangombwa bisabwa.

Yagize ati “Hari amadosiye maze iminsi nsinya kuko Njyanama yari yabitwemereye, rwose hari ayoherejwe muri RTDA kuko ntabwo ari twe twishyura.”

Abaturage 186 nibo bataka kumara imyaka ibiri biruka ku ngurane z’imitungo yabo yangijwe kandi bagasiragizwa n’abakabaye babafasha ahubwo bagahora babarerega.

Aba baturage basaba kwishyurwa ingurane y’ibyabo byangijwe kuko bayitegereje igihe kinini

Bavuga imibereho yabaye mibi

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 10 =

Previous Post

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

Next Post

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Related Posts

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’umuceri bahinga mu gishanga cya Rwasave, giherereye mu Karere ka Gisagara gihana imbibi n’aka Huye, baravuga ko...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.