• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

radiotv10by radiotv10
15/10/2025
in AMAHANGA
0
Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umujyi wa Dubai urateganya gutangira gukoresha imodoka zo mu kirere zitwara abagenzi mu mwaka utaha, umushinga umwe n’uherutse kumurikwa mu Rwanda mu ntangiro za Nzeri 2025.

Ikoreshwa ry’izi modoka zimeze nk’indege zitagira abapilote zizwi nka ‘eVTOL’, zamuritswe mu Rwanda muri Nzeri uyu mwaka ubwo i Kigali haberaga inama Nyafurika y’iminsi ibiri yigaga ku iterambere ry’ubwikorezi bwo mu kirere izwi nka ‘Aviation Africa’.

Izi modoka zikoresha amashanyarazi zishobora kunyarukana abagenzi mu gihe cya vuba zikabageza aho berecyeza ariko hatarimo urugendo rurerure.

Ikoreshwa ryazo mu Mujyi wa Dubai, ryitezweho kuzanira amahirwe uyu mujyi, byumwihariko rikazagabanya imodoka zakoraga ingendo ku butaka.

Ali Ahmad Al Blooshi, inzobere mu kigo gishinzwe indege za Gisivile i Dubai (Dubai Civil Aviation), yagize ati “Tekereza kuba ikirere kigiye gukoreshwa nk’umuhanda.”

Kompanyi y’Abashinwa ya Xpeng Aeroht, isanzwe ikora imodoka zikoresha amashanyarazi, iherutse kumurika iyi ijya kumera nk’indege ya eVTOL, yayimurikiye muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Iyi modoka yo mu kirere, ifite ubushobozi bwo gutwara abantu babiri kandi nta mupilote, aho iyi kompanyi yatangaje ko byoroshye kuyiyobora mu rugendo, kandi umutekano wayo mu kirere ukaba wizewe.

Michael Du usanzwe ari Umuyobozi ushinzwe Imari akaba na Visi Perezida wa Xpeng Aeroht yagize ati “Mu by’ukuri ishobora kugenda mu bihe byose.”

Yakomeje agira ati “Mu bushakashatsi bwayo no kuyikora, twabanje gukoresha 200 mu 5000 twakoze, mu igerageza ko zishobora gukora mu bihe by’ubushyuhe bukabije, mu butumburuje bwo hejuru, mu bukonje bukabije ndetse no mu bice birimo ubuherere.”

Muri Nzeri uyu mwaka ubwo izi modoka zamurikwaga mu Rwanda, Umuyobozi ushinzwe Ubuhahirane Mpuzamahanga mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Indege zitari iza gisirikare (RCAA), Melissa Rusanganwa yavuze ko iki Gihugu cyabaye icya 21 ku Isi kigejewemo uyu mushinga.

Yavuze kandi ko izi ndege zizafasha cyane abo mu rwego rw’ubukerarugendo. Yagize ati “Umuntu agashobora kujya gusura Intara y’Amajyaruguru mu minota micye, izanye amahirwe menshi cyane cyane ko ari ubwa mbere bikozwe hano muri Afurika hano mu Rwanda.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 12 =

Previous Post

Haravugwa gusubiranamo hagati ya FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha guhangana na AFC/M23

Next Post

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Abaregwa ubucukuzi bw'amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.