• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

radiotv10by radiotv10
16/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yihanganishije umuryango w’umunyapolitiki Raila Odinga wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Kenya, witabye Imana.

Ubutumwa bwo kwihanganisha bwa Perezida Paul Kagame, yabutanze kuri uyu wa Kane tariki 16 Ukwakira 2025 nyuma yuko uyu munyapolitiki wo muri Kenya atabarutse kuri uyu wa Gatatu tariki 15, apfiriye mu Buhindi aho yari yaragiye kwivuriza.

Perezida Paul Kagame, mu butumwa bwe, yavuze ko “mu izina ry’Abanyarwanda no mu izina ryanjye bwite, nihanganishije umuryango wa nyakwigdera Hon. Raila Odinga, umuvandimwe wanjye Perezida William Ruto, n’Abaturage ba Kenya ku bw’urupfu rwa nyakwigendera Hon. Raila Odinga.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko nyakwigendera Odinga, yaranzwe n’umuhate wo gukorera Igihugu cye, ndetse no guharanira Demokarasi, Ubutabera, ubumwe muri Kenya ndetse no ku Mugabane wa Afurika, kandi ko uyu murage “uzahora uzirikanwa n’abo mu gihe kizaza.”

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yasoje ubutumwa bwe agira ati “Twifatanyije na Guverinoma ya Kenya n’abaturage ba Kenya muri ibi bihe by’akababaro.”

Nyakwigendera Raila Odinga wiyamamaje mu matora y’Umukuru w’Igihugu cya Kenya inshuro eshanu zose atsindwa, yari yaniyamamarije kuba Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu matora yabaye muri Gashyantare uyu mwaka, ariko na bwo atsindwa n’Umunya-Djibouti Mahmoud Ali Youssouf.

Muri Werurwe umwaka ushize, Odinga yari yaje mu Rwanda ubwo yariho ashaka abamushyigikira kuri kandidatire yo kuri uyu mwanya wo kuyobora Komisiyo ya AU, aho icyo gihe yanakiriwe na Perezida Paul Kagame.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − twelve =

Previous Post

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Next Post

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Related Posts

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Next Post
Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.