• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

radiotv10by radiotv10
17/10/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyikazi wa Filimi uzwi mu Rwanda, Alliah Cool yongeye kwikoma umunyamakuru wagize icyo avuga ku modoka ye ifite plaque yo muri DRC, nyuma yuko uyu munyamakuru agaragaje ko atibuka neza uruhande imodoka zo mu Rwanda zitwarirwamo.

Guterana amagambo hagati ya Alliah Cool n’umunyamakuru DC Clement, kwabayeho nyuma yuko uyu mukinnyikazi wa filimi agaragaje imodoka ye aherutse kugura yo mu bwoko bwa Mercedes-Benz G-Class, ifite plaque yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umunyamakuru DC Clement atanga igitekerezo kuri iriya modoka, yavuze ko “Aho kurata imodoka y’Inkongoman nitwa umukire i Nyarugenge, nagumana ‘caterpillar’ yanjye yambaye inyarwanda. Ndakubwiza ukuri ko igitutu cyo kwemeza abantu kizahitana benshi.”

Ni igitekerezo kitakiriwe neza n’uyu mukinnyikazi wa Filimi wasubiye uyu munyamakuru amwibutsa ko akomoka muri DRC, bityo ko kuba yatunga imodoka ifite ibirango byo muri kiriya Gihugu nta gikuba cyacitse, kandi ko adakwiye gukinisha amateka yo kuba yari yaravukijwe uburenganzira bwo kukibamo, none ubu akaba akirimo.

Nyuma y’ibi, umunyamakuru DC Clement yongeye kumvikana avuga ku by’iriya modoka, aho mu kiganiro cyitwa Isibo Radar gitambuka kuri Radio Isibo, yongeye kuvuga ko adashobora gutunga imodoka ifite ibirango byo muri Congo.

Uyu munyamakuru wavugaga ko mu butumwa bwe nta muntu yigeze avugamo, muri iki kiganiro hari aho yagaragaje impamvu atatunga imodoka ifite ibirango byo muri Congo ati “icya mbere cyo itwarirwa ibumoso, harya mu Rwanda ni iburyo cyangwa ni ibumoso…”

Alliah Cool yifashishije aka gace k’aya mashusho, yongeye kugira icyo avuga ku byatangajwe n’uyu munyamakuru, avuga ko bibabaje kuba uyu munyamakuru atazi n’uruhande imodoka zo mu Rwanda zitwarirwamo.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Instagram, Alliah Cool yagize ati “Ngaho munyumvire…uyu nyirandabizi wacu…burya bwose ntazi n’uruhande imodoka zo mu Rwanda zigenderamo?? Yesu weee… ubwo ngo uyu niwe harya wamenya agaciro k’amamodoka mu bindi Bihugu…???”

Umukinnyikazi wa Filimi Alliah Cool
N’umunyamakuru DC Clement

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

Next Post

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.