• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwanda batatu basize ubuzima aho bari bagiye gushakishiriza ubutunzi mu bikorwa bitanyuze mu mucyo

radiotv10by radiotv10
20/10/2025
in MU RWANDA
0
Abanyarwanda batatu basize ubuzima aho bari bagiye gushakishiriza ubutunzi mu bikorwa bitanyuze mu mucyo
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batatu barimo umuhungu ukiri muto w’imyaka 16, basize ubuzima mu kirombe bari bagiye kwibamo amabuye y’agaciro giherereye mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Rutsiro, bageramo bagahera umwuka.

Uretse uyu Tuyishime Jean Pierre w’imyaka 16 wasize ubuzima muri icyo kirombe giherereye mu Mudugudu wa Kazizi mu Kagari ka Kagano; abandi bahapfiriye, ni Niyonsenga Samuel w’imyaka 20 na Singuranayo Théogène w’imyaka 29.

Nubwo abahasize ubuzima ari batatu, ariko abari bagiye muri ubu bujura ni bantu umunani, ubwo bitwikiraga ijoro bakajya muri iki kirombe cyahoze gicukurwamo amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Coltan na Cassitérite cyari icya Kompanyi yitwa Aly Group & Holding Ltd, ariko kikaba cyari cyafunzwe kuko amabuye yari yarashizemo.

Amakuru y’urupfu rw’aba bantu batatu yamenyekanye mu gicuku cy’ijoro rishyira kuri iki cyumweru tariki 19 Ukwakira 2025, ubwo abarinzi b’iki kirombe bafataga bamwe mu bari basigaye hejuru.

Ndayambaje Emmanuel uyobora Umurenge wa Mukura, yagize ati “Bakibafata, umwe muri bane barimo imbere mu mwobo w’ikirombe bacukura yumvise umwuka utangiye kubabana muke, arazamuka, akigera hejuru atangiye kwiruka agwa mu maboko y’abo barinzi, ababwira ko asize bagenzi be batatu mu mwobo batangiye kubura umwuka, akeka ko bapfuye.”

Uyu muyobozi avuga ko icyo gihe hahise hatangwa amakuru, inzego zirimo iz’umutekano zikahagera mu gitondo, hagakorwa ibikorwa byo gushaka aba bantu, bikaza kugaragara ko batatu bahasize ubuzima.

Aya makuru kandi anemezwa n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro, wavuze ko uru rwego rwatabaye ariko rugasanga abantu batatu bapfuye, imirambo yabo igahita ijyanwa ku Bitaro bya Murunda kugira ngo ikorerwe isuzuma.

SP Twajamahoro avuga ko ku bufatanye bwa Polisi n’ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze, bahise bakoresha inama abaturage bo muri aka gace, kugira ngo bibutswe ko bibujijwe gukora ibikorwa nk’ibi bitemewe by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kuko bishyira ubuzima bwabo mu kaga bikaba byabambura ubuzima nk’uko byagendekeye aba.

Inzego zahise zikoresha inama abaturage

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + twelve =

Previous Post

Things to leave behind with the end of the week

Next Post

Moïse Katumbi utavuga rumwe na Tshisekedi yavuze icyo abona cyazanira amahoro Congo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Moïse Katumbi utavuga rumwe na Tshisekedi yavuze icyo abona cyazanira amahoro Congo

Moïse Katumbi utavuga rumwe na Tshisekedi yavuze icyo abona cyazanira amahoro Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.