Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Moïse Katumbi utavuga rumwe na Tshisekedi yavuze icyo abona cyazanira amahoro Congo

radiotv10by radiotv10
20/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Moïse Katumbi utavuga rumwe na Tshisekedi yavuze icyo abona cyazanira amahoro Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Moïse Katumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi banahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, yavuze ko afite ubushake bwo kugira uruhare mu biganiro bigamije kuzana amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Moïse Katumbi usanzwe ari na Perezdia w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo rya Ensemble pour la République, yavuze ko ibi biganiro bikenewe muri Congo, ntawe ukwiye gusubizwa inyuma.

Yabitangaje mu itangazo ryashyizwe mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, aho yagaragazaga igikwiye kuzanira amahoro Igihugu cya DRC byumwihariko mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Ni ubutumwa yatanze nyuma y’ibiherutse gutangazwa na Perezida wa Angola, João Lourenço wagaragaje ibintu by’ingenzi byatuma amahoro agaruka mu burasirazuba bwa DRC ndetse no mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

Mu by’ingenzi yerekanye ko bikenewe gukorwa, harimo kurandura burundu umutwe wa FDLR urwanya u Rwanda ndetse n’ibiganiro bitagira uwo biheza muri DRC, bigahuza Abanyekongo ubwabo.

Ishyaka rya Moïse Katumbi, rigendeye kuri ibi byatangajwe na Perezida wa Angola, ryatangaje ko rifite ubushake bwo kwitabira ibi biganiro kandi ko ryiteguye kubyitabira kugira ngo ituze riboneke muri DRC no mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Muri iri tangazo ryashyizwe hanze na Ensemble pour la République, ryongeye gusaba ko habaho ibiganiro by’Abanyekongo bose, byumwihariko bikayoborwa n’Imiryango ishingiye ku myemerere na yo yabisabye, irimo Ihuriro ry’Abepisikopi Gatulika CENCO ndetse n’Ihuriro ry’andi madini ya Gikristu ECC.

Iri shyaka rya Katumbi rivuga ko ibi biganiro ari byo byatuma haboneka umuti w’umuzi w’ibibazo ndetse n’amahoro n’ituze muri Congo, ndetse bigatuma iki Gihugu kigendera ku Itegeko Nshinga.

Itangazo ry’ishyaka rya Moïse Katumbi rigira riti “Twongeye gushimangira ko dushyigikiye inzira zose zatuma habaho ibiganiro bitagira uwo bigeza bigahuriza hamwe abagize imiryango yose y’Abanyekongo: Imitwe ya politiki, amashyaka ashyigikiye Perezida, abatavuga rumwe n’ubutegetsi badakoresha intwaro, AFC/M23 ndetse na sosiyete Sivile.”

Ibi biganiro byakunze gusabwa n’Imiryango mikuru ishingiye ku myemerere muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe Perezida Tshisekedi yakunze kubitera umugongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + five =

Previous Post

Abanyarwanda batatu basize ubuzima aho bari bagiye gushakishiriza ubutunzi mu bikorwa bitanyuze mu mucyo

Next Post

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

Related Posts

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Umushinjacyaha wo ku rwego rw’Igihugu mu Burundi ushinzwe Komini za Kirundo na Busoni, mu Ntara ya Butanyerera amaze iminsi ahungiye...

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezida wa Mexico, Madamu Claudia Sheinbaum, yatangaje ko agiye kurega umugabo wamukoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nyuma yuko hari ugaragaye...

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

by radiotv10
06/11/2025
0

Colonel Bonfort Ndoreraho usanzwe ari Komiseri Mukuru wa polisi y’Intara ya Ngozi mu Burundi, ari mu maboko y’urwego rushinzwe iperereza...

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

by radiotv10
05/11/2025
0

Madamu Claudia Sheinbaum, Perezida wa Mexico yahuye n’uruva gusenya, ubwo yari ku muhanda aganiriza abamushyigikiye, umugabo akaza akamukoraho, kugeza no...

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

by radiotv10
05/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yongeye kugaragaza ko Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasirazuba bwa DRC...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.