Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
21/10/2025
in MU RWANDA
0
Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda iragira inama abantu bose bacuruza ibinyobwa byakozwe n’inganda zagaragaweho kutuzuza ubuziranenge byumwihariko urwa Salama rukora umutobe (Jus/Juice), kubimena vuba na bwangu, ndetse byaba na ngombwa ababinyoye bakajya kwa muganga kwisuzumisha kugira ngo barebe niba ntakibazo wabateye mu mubiri.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga ubwo herekanwaga ibicuruzwa bifite agaciro ka Miliyoni 106 Frw byafashwe mu mukwabu wiswe Operation Usalama wo gushakisha no gufata ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge, ibitemewe ndetse n’ibyinjiye mu Gihugu mu buryo bwa magendu.

Mu byafashwe bitujuje ubuziranenge, harimo ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, birimo umutobe wa kizungu (Jus) uzwi nka nka Salama ukorwa n’uruganda rwa Joyland Company LTD, ndetse n’ikinyobwa cyitwa Intwali cyengwa n’uruganda SKY BREWERY LTD.

Uretse ibi binyobwa byerekanywe, hanagaragajwe abantu 72 barimo ba rwiyemezamirimo bashinze izi nganda ndetse n’abazikoragamo.

ACP Boniface Rutikanga avuga ko ubusanzwe umuntu ugiye gutangiza uruganda cyangwa ubucuruzi runaka, biba bigaragara ko hari icyo aje gutanga, ariko aba bo ahubwo baje kwangiza ubuzima bw’abantu dore ko muri aba berekanywe, nta n’umwe wanabyigiye.

Ati “Izi nganda zoze bababwira nta muntu n’umwe urimo wize ibijyanye na food security (kwihaza mu biribwa), nutrition (ibijyanye n’imirire) n’ibindi byose bifite aho bihuriye no kuba yaba umuntu w’umunyamwuga watunganya biriya bintu ku buryo byaribwa n’abantu. Ni abantu batazi ibyo bakora babwirwa icyo gukora, ntibazi n’ingaruka,…”

ACP Rutikanga avuga ko ibikorwa nk’ibi bitera ibyago byinshi ku buzima bw’abantu kuko biteza uburwayi ndetse hakaba n’abagira ubusinzi kubera ibiyobyabwenge banyoye, bagateza umutekano mucye no kubangamira ituze rya rubanda.

Avuga ko nubwo hafashwe ibi muri biriya bikorwa by’umukwabu, ariko bigaragara ko mu bice binyuranye mu Gihugu hari ibindi bihakorerwa bitujuje ubuziranenge, kandi ko inzego ubu zabihagurukiye.

Yaboneyeho gutanga inama agira ati “Muntu wese ugurisha umutobe wa Salama, aho uri hose muri iki Gihugu cy’u Rwanda, aka kanya tuvugana fata umene, niba warawunyoye nibishoboka ujye kwa muganga umenye uko uhagaze.

Muntu wese ucuruza ibinyobwa byose byakozwe na Sky Breweries, aka kanya tuvugana, bisohore ubimene. Uwo tubisangana abicuruza nyuma y’iyi nama tugiranye, na we araba umufatanyacyaha.”

Yavuze ko kuba hafashwe ba nyiri izi nganda, na zo zigafungwa, bigomba guhita binaba itegeko ko abacuruza ibicuruzwa zakoraga, na byo bihita bivanwa ku isoko vuba na bwangu.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry na we yavuze ko igenzura ryagaragaje umwanda ukabije muri ruriya ruganda rutunganyirizwamo uriya mutobe wa Salama, ndetse rukaba runakoresha uburyo butujuje ubuziranenge.

Nanone kandi uru ruganda rwari rwarahawe uburenganzira bwo gukora umutobe, rwiyongereyeho no gukora udukoresho twifashishwa mu koza ibikoresho byo mu gikoni tuzwi nka Stiruwaya.

Ni uruganda rwanditse mu mazina y’uwitwa Murekatete Rebecca ariko imicungire n’imikorere y’uru ruganda buri munsi bikaba byari mu maboko y’umugabo we Karangwa Thomas, ubu bombi bakaba bari mu maboko y’inzego z’ubutabera.

ACP Rutikanga ati “Nubwo uruganda rutamwanditseho, rwanditse ku mugore we ariko ni we ukurikira management ya buri munsi, ni we uhemba abakozi, ni we ugura ni we ugurisha, ni we ushaka abakozi…”

Muri biriya bicuruzwa byerekanywe, hahise hangizwa ibifite agaciro ka miliyoni 104 Frw, mu gihe amande yaciwe ababifatiwemo, abarirwa muri miliyoni 107 Frw.

Umutobe wa Salama wahagaritswe ku isoko

ACP Rutikanga yasabye abacuruza uyu mutobe kuwumena byihuse
Dr Murangira B. Thierry yavuze ko inzego zahagurutse

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − two =

Previous Post

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Next Post

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

Ibidasanzwe ku modoka nshya y'akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.