• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Monday, June 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

radiotv10by radiotv10
21/10/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abasore batatu b’abanyamahanga biga mu Rwanda, bagaragaye basagarira abamotari, aho babakubise bakabakomeretsa.

Ibi byemejwe na Polisi y’u Rwanda mu butumwa yatanze kuri uyu wa Mbere tariki 20 Ukwakira 2025, nyuma yuko hamaze iminsi humvikana urugomo rukorwa n’abanyamahanga baba muri Kigali.

Ubutumwa bw’uru rwego rushinzwe umutekano w’abantu n’ibyabo, bugira buti “Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore batatu b’abanyamahanga biga muri UNILAK bakubise bakanakomeretsa abamotari babiri.”

Ibi bikorwa by’urugomo batumye hafatwa aba basore batatu, byabereye mu Murenge wa Gatenga, mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, ahamaze iminsi humvikana ibikorwa by’urugomo nk’ibi ndetse benshi bagasaba ko inzego zibishinzwe zabihagurukira kuko bimaze gufata indi ntera.

Aba bafashwe, ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya ya Polisi Kicukiro, kugira ngo hategegerezwe ibitagenywa n’amategeko nk’uko Polisi y’u Rwanda yabitangaje

Polisi yaboneyeho gutanga ubutumwa igira iti “Tuributsa abaturage kujya batangira amakuru ku gihe kandi ibikorwa nkibi ntabwo bizihanganirwa.”

Muri Kanama uyu mwaka, ubwo ikibazo nk’iki cyongeraga kuvugwa mu itangazamakuru, ndetse Polisi y’u Rwanda ivuga ko ku bufatanye bwayo, Ubugenzacyaha, Ubushinjacyaha n’Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka, bamaze igihe bakurikirana iki kibazo kandi ko cyafatiwe ingamba.

Polisi kandi yaboneyeho kumenyesha ko mu gihe cy’amezi 12 ashize, hagagaragaye abanyamahanga 240 bakekwaho ibyaha bifitanye isano n’iki kibazo, birimo gukubita no gukomeretsa ndetse n‘ubujura.

Polisi y’u Rwanda yavuze ko muri abo banyamahanga bafashwe bakekwaho ibyo byaha, harimo 64 basubijwe mu Bihugu baturukamo.

Icyo gihe kandi Polisi yari yaboneyeho gutanga ubutumwa igira iti “Nta muntu n’umwe uri hejuru y’amategeko mu Rwanda kandi abakora urugomo kimwe n’ibindi byaha barakurikiranwa ntavangura.”

Aba basore bakubise abamotari

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Ibyamenyekanye ku rubanza ruregwamo uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda wahamijwe gusambanya umwana

Next Post

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Abandi banyamahanga bavugwaho urugomo mu Rwanda bari mu maboko ya Polisi

by radiotv10
08/06/2026
0

Abanyamahanga umunani bakekwaho gukorera urugomo umumotari mu Karere ka Musanze, bari mu maboko ya Polisi y’u Rwanda ivuga ko nibahamwa...

Rubavu: Barashinja inzego kubateza ubukene nyuma yo kwakwa ibyangombwa by’ubutaka none amezi 8 arihiritse

Rubavu: Barashinja inzego kubateza ubukene nyuma yo kwakwa ibyangombwa by’ubutaka none amezi 8 arihiritse

by radiotv10
08/06/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu bafite ubutaka ahiswe mu masite mu Kagari ka Bisizi, bavuga...

Rusizi: Ikigo cyigaburira abana inyama n’amagi cyiri kwigirwaho udushya mu kugaburira abana ku ishuli

Rusizi: Ikigo cyigaburira abana inyama n’amagi cyiri kwigirwaho udushya mu kugaburira abana ku ishuli

by radiotv10
08/06/2026
0

Abayobozi b’ibigo by’amashuli bo mu karere ka Rubavu ndeste n’ubuyobozi bw’aka karere baravuga ko bagiye kwigira ku kigo cya GS...

Senateri Prof.Dusingizemungu abona amateka y’u Rwanda akwiye kwigishwa nk’isomo ryihariye mu makaminuza

Senateri Prof.Dusingizemungu abona amateka y’u Rwanda akwiye kwigishwa nk’isomo ryihariye mu makaminuza

by radiotv10
08/06/2026
0

Senateri Prof. Jean Pierre Dusingizemungu yavuze ko amateka y’u Rwanda akwiye kwigishwa nk’isomo ryihariye kandi rigahabwa umwanya uhagije mu mashuri...

The relationship between how you eat and how you feel

The relationship between how you eat and how you feel

by radiotv10
08/06/2026
0

Most people think of food as something that only affects the body, something that gives energy, fills the stomach, or...

Next Post
Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n'iki kinyobwa mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abandi banyamahanga bavugwaho urugomo mu Rwanda bari mu maboko ya Polisi

Rubavu: Barashinja inzego kubateza ubukene nyuma yo kwakwa ibyangombwa by’ubutaka none amezi 8 arihiritse

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yababajwe n’urupfu rw’umukinnyi w’ikinamico banakinanye witabye Imana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.