• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

radiotv10by radiotv10
20/08/2025
in MU RWANDA
0
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yavuze ko ikibazo cy’urugomo rukorwa n’abanyamahanga baba mu Rwanda, kimaze iminsi gikurikiranwa, ndetse ko mu mezi 12 ashize hari abagera kuri 64 basubijwe mu Bihugu baturukamo, mu gihe abarenga 200 bashyikirijwe inzego z’ubutabera.

Ni ubutumwa Polisi y’u Rwanda yatanze ubwo yasubizaga ku byatangajwe n’abanyamakuru Kakooza Nkuliza Charles na Angelbert Mutabaruka, bongeye kugaruka kuri iki kibazo cyakunze kuvugwa mu bice binyuranye mu Mujyi wa Kigali.

Mu kiganiro gikorwa n’aba banyamakuru, bagarutse kuri iki kibazo, aho bavuze ko abakunze kwibasirwa muri uru rugomo ari abakora akazi ko gutwara abantu kuri moto (Abamotari).

Mutabaruka ati “Ni bo [abamotari] bantu ba mbere bagowe kubera aba bantu bitwa ngo ni Abanye-Sudani b’urubyiruko. Aramutwara yamugeze iyo ajya kuko akenshi batega moto nk’eshanu zikurikiranye, babageza iyo bajya, ntibabishyura, barangiza bakanabakubita.”

Uyu munyamakuru akomeza avuga ko Abamotari banavuga ko bagejeje iki kibazo kuri Polisi y’u Rwanda ariko kikaba kigikomeje kugaragara.

Kakooza Nkuliza Charles na we ati “Icyo mbaza Leta y’u Rwanda; abanyamahanga bemerewe gukora urugomo? Amategeko areberera abantu ku butaka bw’u Rwanda, ntekereza ko asa […]”

Uyu munyamakuru na we yatanze urugero rw’urubyiruko rw’abanyamahanga ruherutse kunywa inzoga mu gace kamwe mu Mujyi wa Kigali, rwarangiza rugakorera urugomo abasaza bari babyukiye muri siporo.

Ati “Bakubise abasaza, bafashe abasaza barabacapa […] niba Leta idashobora kuba ibi bintu yabikurikirana ngo bamwe muri bo babiryozwe no kubihanirwa […] kandi icya kabiri niba uri umunyamahanga, twumvikane byaba biteye isoni kuba uri umuntu w’umunyarugomo kurusha n’abenegihugu.”

Mu gusubiza ibyatangajwe n’aba banyamakuru, Polisi y’u Rwanda yavuze ko hari ikiri gukorwa kuri iki kibazo.

Polisi yagize iti “Iki kibazo inzego zirimo Polisi, Ubugenzacyaha, Ubushinjacyaha n’Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka zimaze iminsi zigikurikirana kandi cyafatiwe ingamba.

Mu mezi 12 ashize, abacyekwa 240 bashyikirijwe inzego z’ubutabera bacyekwaho ibyaha bitandukanye birimo gukubita no gukomeretsa ndetse n‘ubujura, naho 64 basubijwe mu Bihugu baturukamo.”

Polisi y’u Rwanda yaboneyeho kwibutsa ko “Nta muntu n’umwe uri hejuru y’amategeko mu Rwanda kandi abakora urugomo kimwe n’ibindi byaha barakurikiranwa ntavangura.”

Uru rwego rushinzwe Umutekano w’abantu n’ibyabo, rwaboneyeho kwizeza Abaturarwanda ko ruzakomeza gukorana n’abayobozi bo muri Ambasade zihagarariye Ibihugu by’abo banyamahanga bavugwaho urugomo, kugira ngo babakangurire kubahiriza amategeko y’Igihugu barimo.

Mu mpera z’umwaka ushize mu kwezi k’Ukuboza 2024, urugomo nk’uru rwaravuzwe cyane, byumwihariko rwavugwaga cyane mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, aho urubyiruko rukomoka muri Sudani y’Epfo rwatungwaga agatoki guhohotera bagenzi babo b’Abanyarwanda.

Nyuma yuko uru rugomo rugarutsweho cyane ku mbuga nkoranyambaga muri icyo gihe aho bamwe rubyiruko rw’u Rwanda rwagaragazaga umujinya baterwaga n’ibyo bakorerwaga n’abanyamahanga, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye urubyiruko gucururuka, arusaba kubanira neza abanyamahanga, ariko ko na bo bakwiye kubahiriza indangagaciro basanze i Rwanda.

Icyo gihe Minisitiri Nduhungirehe yasabye abantu “kugirira icyizere inzego z’umutekano n’iz’ubutabera, kuko ari zo zikora iperereza rikwiye, hakurikijwe amategeko.” mu gukurikirana iki kibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − five =

Previous Post

Eng.-Rwanda to announce high school graduates’ results before the academic year for the first time

Next Post

Eng.-Former Israeli Ambassador to Rwanda shares his delight at calling it his second home

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Uwari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yita iwabo ha kabiri yagaragaje uburyo ahishimira

Eng.-Former Israeli Ambassador to Rwanda shares his delight at calling it his second home

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.