Monday, October 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

radiotv10by radiotv10
27/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi buhangayikishijwe no kuba hari abaturage batafite aho kuba ndetse n’abafite ahatameze neza bakeneye gusanirwa, hari umuturage wo mu murenge wa Rwimbogo wubakiye umuryango w’uwarokotse jenoside yakorewe abatutsi abitewe no kuba akiri muto yarababazwaga no kubona baba ahantu hadakwiye, ubuyobozi bw’uyu murenge bukavuga ko bwifuza ko n’abandi bifite bagira umutima nk’uwe bakabufasha gukemura ibibazo byugarije abaturage.

Mwalimu Neretse Jean uvuka mu murenge wa Rwimbogo ari naho  akorera imirimo itandukanye irimo ubucuruzi n’ubworozi, avuga ko akiri muto yabonaga umuryango w’uwarokotse jenoside yakorewe abatutsi uba mu nzu mbi bimutera kwiyemeza kuzabubakira  nabona amafaranga.

Neretse agira ati “Bari barubakiwe mu 1996, ariko igihe kimwe imodoka igonga inzu yabo kubera ahantu habi yari iri , nanjye numva ngize impuwe, rero nkura muri njyewe mvuga nti nimara kwiga imana ikampa ubushobozi nzabubakira

Mukanyubahiro Annonciata wo mu muryango wubakiwe na Neretse avuga ko  kujya muri iyi nzu byatumye batekana mu mitima ndeste ntibongera kunyagirwa nk’uko byari byifashe bakiri mu nzu yari yarangiritse.

Ati “Iyo nzu yaravaga, atugirira impuwe ku mpamvu z’uko abo muri ibuka bari bataragira icyo batumarira. Byaradushimishije ubu twumva tumerewe neza ni ukuri”.

Nyuma yo kubakira uyu muryango, Mwalimu Neretse avuga ko yumva nawe bimushimishije kuba yarashoboye guhigura umuhigo yahize akiri muto .

Ati “Abemera twemera ko dushobozwa byose na kirisito uduha imbaraga, yaranshoboje ndabikora bigenda neza. Iyo nyirebye binezeza kuruta izanjye niyubakiye. Nyine ukaba uriho ariko wumva ko hari umuntu wagiriye akamaro.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rwimbogo Joas Nzayishima avuga ko nk’ubuyobozi bashimira ubwitange bw’uyu muturage ndetse ko bifuza ko n’abandi nkawe bafite ubushobozi bagira uruhare mu guhangana n’ibibazo bibangamiye imibereho y’abaturage.

Ati “Yadufashije kubonera icumbi umuturage warokotse jenoside yakorewe abatutsi, amwubakira inzu ihagaze muri miriyoni 8, mu by’ukuri ni igikorwa cyiza cyadushimishije, n’abandi twifuzako baza muri uwo mujyo kugira ngo turebe ko twacyemura ibibazo bya human security bibangamiye abaturage”.

Muri uyu murenge wa Rwimbogo muri rusange  haracyari abaturage 15 batagira aho kuba, ndetse n’abagera kuri 30 bafite aho kuba hatameze neza, mu gihe imibare itangwa n’ akarere ka Rusizi ivuga ko gafite abaturage 140 batagira aho kuba n’abagera ku 1200 baba ahatameze neza.

Ashima umuturage mugenzi we wamwubakiye inzu

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 4 =

Previous Post

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

Next Post

Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri

Related Posts

Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?

Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?

by radiotv10
27/10/2025
0

Umusesenguzi mu bya politiki, avuga ko ifatwa ry’umurwanyi wa FDLR uzwi nka Tokyo, ari gihamya ko uyu mutwe w’iterabwoba ari...

Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri

Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri

by radiotv10
27/10/2025
0

Mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragara abana barengeje imyaka 13 batarakandagira mu ishuri birirwa bazerera bakanishora mu...

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

by radiotv10
27/10/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yakoreye impanuka mu Karere ka Ngororero ubwo yari itwaye abari bagiye mu birori...

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

by radiotv10
25/10/2025
0

Mu biganiro nyunguranabitekerezo mu Karere ka Kicukiro, Hon. Edda Mukabagwiza wo mu Muryango Unity Club Intwararumuri, yibukije ko kugira ngo...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
25/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

IZIHERUKA

Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?
MU RWANDA

Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?

by radiotv10
27/10/2025
0

Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri

Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri

27/10/2025
Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

27/10/2025
Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

27/10/2025
AFC/M23 yashenguwe n’urupfu rwa Musenyeri wo muri Kiliziya Gatulika i Goma

AFC/M23 yashenguwe n’urupfu rwa Musenyeri wo muri Kiliziya Gatulika i Goma

27/10/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri

Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?

Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.