Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

radiotv10by radiotv10
27/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi buhangayikishijwe no kuba hari abaturage batafite aho kuba ndetse n’abafite ahatameze neza bakeneye gusanirwa, hari umuturage wo mu murenge wa Rwimbogo wubakiye umuryango w’uwarokotse jenoside yakorewe abatutsi abitewe no kuba akiri muto yarababazwaga no kubona baba ahantu hadakwiye, ubuyobozi bw’uyu murenge bukavuga ko bwifuza ko n’abandi bifite bagira umutima nk’uwe bakabufasha gukemura ibibazo byugarije abaturage.

Mwalimu Neretse Jean uvuka mu murenge wa Rwimbogo ari naho  akorera imirimo itandukanye irimo ubucuruzi n’ubworozi, avuga ko akiri muto yabonaga umuryango w’uwarokotse jenoside yakorewe abatutsi uba mu nzu mbi bimutera kwiyemeza kuzabubakira  nabona amafaranga.

Neretse agira ati “Bari barubakiwe mu 1996, ariko igihe kimwe imodoka igonga inzu yabo kubera ahantu habi yari iri , nanjye numva ngize impuwe, rero nkura muri njyewe mvuga nti nimara kwiga imana ikampa ubushobozi nzabubakira

Mukanyubahiro Annonciata wo mu muryango wubakiwe na Neretse avuga ko  kujya muri iyi nzu byatumye batekana mu mitima ndeste ntibongera kunyagirwa nk’uko byari byifashe bakiri mu nzu yari yarangiritse.

Ati “Iyo nzu yaravaga, atugirira impuwe ku mpamvu z’uko abo muri ibuka bari bataragira icyo batumarira. Byaradushimishije ubu twumva tumerewe neza ni ukuri”.

Nyuma yo kubakira uyu muryango, Mwalimu Neretse avuga ko yumva nawe bimushimishije kuba yarashoboye guhigura umuhigo yahize akiri muto .

Ati “Abemera twemera ko dushobozwa byose na kirisito uduha imbaraga, yaranshoboje ndabikora bigenda neza. Iyo nyirebye binezeza kuruta izanjye niyubakiye. Nyine ukaba uriho ariko wumva ko hari umuntu wagiriye akamaro.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rwimbogo Joas Nzayishima avuga ko nk’ubuyobozi bashimira ubwitange bw’uyu muturage ndetse ko bifuza ko n’abandi nkawe bafite ubushobozi bagira uruhare mu guhangana n’ibibazo bibangamiye imibereho y’abaturage.

Ati “Yadufashije kubonera icumbi umuturage warokotse jenoside yakorewe abatutsi, amwubakira inzu ihagaze muri miriyoni 8, mu by’ukuri ni igikorwa cyiza cyadushimishije, n’abandi twifuzako baza muri uwo mujyo kugira ngo turebe ko twacyemura ibibazo bya human security bibangamiye abaturage”.

Muri uyu murenge wa Rwimbogo muri rusange  haracyari abaturage 15 batagira aho kuba, ndetse n’abagera kuri 30 bafite aho kuba hatameze neza, mu gihe imibare itangwa n’ akarere ka Rusizi ivuga ko gafite abaturage 140 batagira aho kuba n’abagera ku 1200 baba ahatameze neza.

Ashima umuturage mugenzi we wamwubakiye inzu

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + twenty =

Previous Post

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

Next Post

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned 'Salama Juice'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.