Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

radiotv10by radiotv10
30/10/2025
in AMAHANGA
0
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rwa Gisirikare rw’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwakatiye igihano cy’umwaka usubitse umusirikarekazi Adjudante Béanche Sarah Ebabi Bongoma Koli washinjwaga icyaha gishingiye ku mashusho yagaragaye asomana n’umukunzi we, icyemezo cyasamiwe hejuru n’Abanyekongo benshi, bishimiye ko agiye gukomeza imyiteguro y’ubukwe bwe.

Ni icyemezo cyasomwe n’Urukiko rwa Gombe muri Kinshasa kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Ukwakira 2025, nyuma yuko Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwari bwamusabiye gufungwa imyaka 10.

Ubushinjacyaha bwamushinjaga icyaha cyo kurenga ku mabwiriza ya gisirikare, bitewe n’amashusho ye yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza asomana n’umukunzi we, yambaye impuzankano ya gisirikare.

Ni amashusho uyu musirikare yafatanye n’umukunzi we butegura kurushingana ubwo bari bagiye muri studio ifotora, bashaka kuyasangiza abantu kubateguza ubukwe bwabo buri kuri uyu wa Gatanu.

Ubwo uyu Adjudante Béanche Sarah Ebabi yafatirwaga iki cyemezo kimurekura kuko yakatiwe igihano cy’amezi 12 asubitse, imbaga y’Abanyekongo bari baje kumva icyemezo cy’urukiko, yagisamiye hejuru icyishimira, kuko agiye kurekurwa akajya gukomeza imyuteguro y’ubukwe bwe.

Iki cyemezo cy’Urukiko rwa Gisirikare rw’i Kinshasa, kivuga ko muri ayo mezi 12 nubwo azaba ari hanze ariko atagomba gukora ikindi cyaha, kuko byaba impamvu nkomezacyaha.

Dosiye y’uyu musirikare yazamuye impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga, kubera icyaha cyaregwaga uyu musirikare, bamwe bavuga ko bitari bikwiye kumujyana mu nkiko, kuko hari abasirikare muri Congo bakora ibyaha by’indengakamere, mu gihe uyu we yari yakoze ibisanzwe.

Ariya mafoto yatumye Adjudante Béanche Sarah ajyanwa mu nkiko, yafashwe tariki 19 Ukwakira 2025 ubwo we n’umukunzi we bitegura gukora ubukwe, bajyaga muri Studio ifata amafoto yo mu gace ka Matonge muri Komini ya Kalamu, mu rwego rwo kwitegura ubukwe bwabo, no gusangiza abantu integuza yabwo.

Nyuma y’iminsi micye bifotoje, amafoto yabo yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, bizamura impaka ari na bwo yatabwaga muri yombi ashinjwa kurenga ku mabwiriza ya gisirikare, ngo kuko yagaragaye asomana n’umukunzi we yambaye impuzankano ya gisirikare.

Mu iburanisha, Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwavugaga kandi ko atari ubwa mbere hari hagaragaye amafoto y’uyu musirikarekazi, kuko no mu bihe binyuranye, hari ayo yagiye yishyirira hanze ubwe abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, kandi ko ubwo yafatwaga yahise ayasiba.

Umushinjacyaha Sous-Lieutenant Ghislain Lisalama yavugaga ko imyitwarire y’uyu musirikare ihindanya isura y’Igisirikare cya Congo.

Ni mu gihe uregwa we yavugaga ko nta mashusho cyangwa amafoto yashyize hanze, kandi ko nta na rimwe yigeze agambirira guhindanya isura y’igisirikare amazemo imyaka 10.

Yannick Kayembe, gafotozi wo muri studio yifotorejwemo n’uyu musirikare n’umukunzi we, mu ibazwa rye, yavuze ko ari we washyize hanze ariya mashusho, kandi ko atari yabanje kubivuganaho na nyiri ubwite.

Adjudante Béanche Sarah Ebabi yasomewe icyemezo kuri uyu wa Gatatu
Adjudante Sarah Ebabi Ebadjara araregwa ibifitanye isano n’amafoto ye n’umukunzi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − six =

Previous Post

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Next Post

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.