Thursday, October 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

radiotv10by radiotv10
30/10/2025
in AMAHANGA
0
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rwa Gisirikare rw’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwakatiye igihano cy’umwaka usubitse umusirikarekazi Adjudante Béanche Sarah Ebabi Bongoma Koli washinjwaga icyaha gishingiye ku mashusho yagaragaye asomana n’umukunzi we, icyemezo cyasamiwe hejuru n’Abanyekongo benshi, bishimiye ko agiye gukomeza imyiteguro y’ubukwe bwe.

Ni icyemezo cyasomwe n’Urukiko rwa Gombe muri Kinshasa kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Ukwakira 2025, nyuma yuko Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwari bwamusabiye gufungwa imyaka 10.

Ubushinjacyaha bwamushinjaga icyaha cyo kurenga ku mabwiriza ya gisirikare, bitewe n’amashusho ye yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza asomana n’umukunzi we, yambaye impuzankano ya gisirikare.

Ni amashusho uyu musirikare yafatanye n’umukunzi we butegura kurushingana ubwo bari bagiye muri studio ifotora, bashaka kuyasangiza abantu kubateguza ubukwe bwabo buri kuri uyu wa Gatanu.

Ubwo uyu Adjudante Béanche Sarah Ebabi yafatirwaga iki cyemezo kimurekura kuko yakatiwe igihano cy’amezi 12 asubitse, imbaga y’Abanyekongo bari baje kumva icyemezo cy’urukiko, yagisamiye hejuru icyishimira, kuko agiye kurekurwa akajya gukomeza imyuteguro y’ubukwe bwe.

Iki cyemezo cy’Urukiko rwa Gisirikare rw’i Kinshasa, kivuga ko muri ayo mezi 12 nubwo azaba ari hanze ariko atagomba gukora ikindi cyaha, kuko byaba impamvu nkomezacyaha.

Dosiye y’uyu musirikare yazamuye impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga, kubera icyaha cyaregwaga uyu musirikare, bamwe bavuga ko bitari bikwiye kumujyana mu nkiko, kuko hari abasirikare muri Congo bakora ibyaha by’indengakamere, mu gihe uyu we yari yakoze ibisanzwe.

Ariya mafoto yatumye Adjudante Béanche Sarah ajyanwa mu nkiko, yafashwe tariki 19 Ukwakira 2025 ubwo we n’umukunzi we bitegura gukora ubukwe, bajyaga muri Studio ifata amafoto yo mu gace ka Matonge muri Komini ya Kalamu, mu rwego rwo kwitegura ubukwe bwabo, no gusangiza abantu integuza yabwo.

Nyuma y’iminsi micye bifotoje, amafoto yabo yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, bizamura impaka ari na bwo yatabwaga muri yombi ashinjwa kurenga ku mabwiriza ya gisirikare, ngo kuko yagaragaye asomana n’umukunzi we yambaye impuzankano ya gisirikare.

Mu iburanisha, Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwavugaga kandi ko atari ubwa mbere hari hagaragaye amafoto y’uyu musirikarekazi, kuko no mu bihe binyuranye, hari ayo yagiye yishyirira hanze ubwe abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, kandi ko ubwo yafatwaga yahise ayasiba.

Umushinjacyaha Sous-Lieutenant Ghislain Lisalama yavugaga ko imyitwarire y’uyu musirikare ihindanya isura y’Igisirikare cya Congo.

Ni mu gihe uregwa we yavugaga ko nta mashusho cyangwa amafoto yashyize hanze, kandi ko nta na rimwe yigeze agambirira guhindanya isura y’igisirikare amazemo imyaka 10.

Yannick Kayembe, gafotozi wo muri studio yifotorejwemo n’uyu musirikare n’umukunzi we, mu ibazwa rye, yavuze ko ari we washyize hanze ariya mashusho, kandi ko atari yabanje kubivuganaho na nyiri ubwite.

Adjudante Béanche Sarah Ebabi yasomewe icyemezo kuri uyu wa Gatatu
Adjudante Sarah Ebabi Ebadjara araregwa ibifitanye isano n’amafoto ye n’umukunzi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 15 =

Previous Post

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Next Post

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Related Posts

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

by radiotv10
30/10/2025
0

Umuryango urwanya Ubushomeri n’Iyicarubozo ALUCHOTO watanze umuburo ko Abarundi baba mu Bihugu bimwe nka Tanzania na Malawi, bari gukorerwa ibikorwa...

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Ifoto y’imodoka yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi bivugwa ko ari umutamenwa, yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, ni iyo ingabo z’iki Gihugu zamurikiye...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

by radiotv10
29/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko rigiye gukora ibishoboka byose rigahagarika ibikorwa bibi biri...

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

by radiotv10
29/10/2025
0

Adjudante Sarah Ebabi Ebadjara wo mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera icyaha...

Hitezwe iki mu muhuro w’amateka wa Perezida Trump wa America na Xi Jinping w’u Bushinwa

Hitezwe iki mu muhuro w’amateka wa Perezida Trump wa America na Xi Jinping w’u Bushinwa

by radiotv10
29/10/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yatangaje ko yizeye ko Igihugu cye kigiye kugirana amasezerano n’u Bushinwa,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.