• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

radiotv10by radiotv10
06/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu bice byanyuzemo umuhanda mushya wa Nyanza-Bugesera barasaba ko basubirizwaho imiyoboro y’amazi yangiritse ubwo wakorwaga, kuko nubwo wazanye impinduka nyinshi nziza mu koroshya imigenderanire, ariko ikorwa ryawo ryatumye bavoma ibishanga.

Uwineza Vestine avuga ko bishimira uyu muhanga kuko woroheje ingendo, byumwihariko izihuza Akarere kabo ka Nyanza n’aka Bugesera, ariko ikorwa ryawo rikaba ryarangije imiyoboro y’amazi meza bavomaga.

Ati “Gusa dufite ikibazo cyo kuba amatiyo yarangiritse ubwo bakoraga uyu muhanda, batwizeza ko bazawusana ariko kuri ubu ntibyakozwe turi kuvoma amazi yo mu bishanga.”

Nyiraminani Devota na we yagize ati “Badusezeranyije ko bazayasana ariko hashize amezi menshi ntacyakozwe. Ubu tuvoma mu bishanga kandi ayo mazi si meza, twifuza ko batwibuka kuko mbere twaragiraga amazi meza hafi.”

Mukamana na we ati “Iyo umuntu atagifite amazi meza, byose bihungabana. Abana batinda kujya ku ishuri kuko bajya gushaka amazi kure, abandi bakarwaragurika.”

Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Nyanza, Kajyambere Patrick, yemereye RADIOTV10 ko iki kibazo gihari kandi ko kiri gukurikiranwa, kugira ngo abaturage babone amazi meza nk’uko byari bisanzwe.

Ati “Ni byo amazi hari aho yari yaracitse ariko company ikora umuhanda iri gukorana na WASAC bagiye kuyasana.”

Aba baturage basaba ko mu gihe ibikorwa nk’ibi by’iterambere biteganyijwe, hajya habanza gutekerezwa ku ngaruka bishobora kugira ku baturage, bityo ibibazo nk’ibi bikajya bisubizwa mbere ’uko bigira ingaruka ku mibereho yabo.

Umuhanda mushya wa kaburimbo wa Nyanza-Bugesera ufite ibilometero 66, watangiye kubakwa mu mwaka wa 2019, ugamije guteza imbere ubuhahirane n’imigenderanire hagati y’Intara y’Amajyepfo, iy’Iburasirazuba ndetse n’Umujyi wa Kigali.

Bishimira umuhanda mu buryo budasanzwe
Gusa ngo ikorwa ryawo ryabasigiye ibibazo by’amazi
Amatiyo yarangiritse
Basaba ko yasanwa kuko ngo babibwiwe igihe kinini

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 8 =

Previous Post

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

Next Post

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy'imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.