Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

radiotv10by radiotv10
13/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa Ali Bongo Ondimba wahoze ari Perezida w’iki Gihugu, n’umuhungu we Noureddin Bongo Valentin, ibyaha byo kunyereza umutungo wa Leta no gukoresha nabi amafaranga ya rubanda, rubakatira igifungo cy’imyaka 20.

Sylvia Bongo Ondimba n’umuhungu we Noureddin Bongo Valentin baburanishijwe n’Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye ku byaha bitandukanye bari bakurikiranweho, birimo ruswa no gukoresha nabi umutungo wa Leta.

Urukiko rwahamije Sylvia Bongo ibyaha birimo gukoresha amafaranga mu buryo bw’amanyanga, kunyereza umutungo wa Leta, no gushishikariza abandi gukoresha inyandiko mpimbano.
Ni mu gihe umuhungu we Noureddin Bongo Valentin nawe yahamijwe ibyaha birimo gukangisha, kwiba imyanya, gutanga inshingano atabifitiye ububasha, gukoresha amafaranga mu buryo bw’amanyanga, ndetse no gucura umugambi ugize icyaha.

Urukiko kandi rwategetse ko aba bombi bacibwa ihazabu ya miliyoni 100 z’amafaranga ya CFA akoreshwa muri iki gihugu, ni ukuvuga angana na €152,000.

Uru rubanza rwari rumaze igihe kinini rukurikiranywe n’abaturage ba Gabon, nyuma y’uko Ali Bongo akuwe ku butegetsi muri Kanama 2023 mu ihirikwa ry’ubutegetsi ryakozwe n’igisirikare.

Minisitiri w’Ubutabera wa Gabon, Paul-Marie Gondjout, yatangaje ko uru rubanza rwerekana ko ubutabera butagomba gutinya imyanya cyangwa amazina y’abantu igihe bakekwaho ibyaha, yongeraho ko “nta muntu uri hejuru y’amategeko.”

Yavuze ko igikenewe ari igihugu gishya cyubakira ku kuri, ubunyangamugayo n’imicungire myiza y’umutungo wa rubanda.

Urukiko rwavuze ko rwasanze amafaranga arenga miliyari 85 z’amafaranga ya CFA yarakoreshejwe nabi mu biro by’umuryango wa Bongo wari ku butegetsi, harimo konti z’amahanga zashyirwagaho ayo mafaranga, imitungo itimukanwa ndetse n’imishinga y’ubucuruzi itarigeze ishyirwa mu bikorwa.

Ali Bongo Ondimba ntiyigeze agezwa imbere y’ubutabera, kuko uburwayi bwe butamwemerera kwitabira ibikorwa bya Leta, ibintu byatumye abazwa cyane abo mu muryango we.

Nyuma y’imyanzuro y’urukiko, abinyujije kuri X (Twitter), Noureddin Bongo yagize ati “Urubanza rwabaye nta kimenyetso na kimwe cyigeze gitangwa. Icyemezo cy’urukiko cyashingiye ku buhamya bw’abatangabuhamya bashyizweho igitutu n’ubutegetsi bwa gisirikare. Kuva narekurwa, nakomeje kugaragaza uburyo ubutabera bwa Gabon bugendera ku mabwiriza y’ubutegetsi bukuru, none uyu munsi ndimo kwishyura igiciro cy’ukuri. Sinigeze nyereza amafaranga na rimwe, kandi nzahora nirwanaho kugira ngo ukuri kumenyekane imbere y’inzego z’ubutabera zigenga.”

Kugeza ubu, Sylvia Bongo na Noureddin Bongo baba hanze y’igihugu, gusa urukiko rwategetse ko batabwa muri yombi mu gihe baba bakandagiye ku butaka bwa Gabon.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 15 =

Previous Post

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Next Post

Why every young woman should learn a practical trade

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Why every young woman should learn a practical trade

Why every young woman should learn a practical trade

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.