Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

radiotv10by radiotv10
13/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa Ali Bongo Ondimba wahoze ari Perezida w’iki Gihugu, n’umuhungu we Noureddin Bongo Valentin, ibyaha byo kunyereza umutungo wa Leta no gukoresha nabi amafaranga ya rubanda, rubakatira igifungo cy’imyaka 20.

Sylvia Bongo Ondimba n’umuhungu we Noureddin Bongo Valentin baburanishijwe n’Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye ku byaha bitandukanye bari bakurikiranweho, birimo ruswa no gukoresha nabi umutungo wa Leta.

Urukiko rwahamije Sylvia Bongo ibyaha birimo gukoresha amafaranga mu buryo bw’amanyanga, kunyereza umutungo wa Leta, no gushishikariza abandi gukoresha inyandiko mpimbano.
Ni mu gihe umuhungu we Noureddin Bongo Valentin nawe yahamijwe ibyaha birimo gukangisha, kwiba imyanya, gutanga inshingano atabifitiye ububasha, gukoresha amafaranga mu buryo bw’amanyanga, ndetse no gucura umugambi ugize icyaha.

Urukiko kandi rwategetse ko aba bombi bacibwa ihazabu ya miliyoni 100 z’amafaranga ya CFA akoreshwa muri iki gihugu, ni ukuvuga angana na €152,000.

Uru rubanza rwari rumaze igihe kinini rukurikiranywe n’abaturage ba Gabon, nyuma y’uko Ali Bongo akuwe ku butegetsi muri Kanama 2023 mu ihirikwa ry’ubutegetsi ryakozwe n’igisirikare.

Minisitiri w’Ubutabera wa Gabon, Paul-Marie Gondjout, yatangaje ko uru rubanza rwerekana ko ubutabera butagomba gutinya imyanya cyangwa amazina y’abantu igihe bakekwaho ibyaha, yongeraho ko “nta muntu uri hejuru y’amategeko.”

Yavuze ko igikenewe ari igihugu gishya cyubakira ku kuri, ubunyangamugayo n’imicungire myiza y’umutungo wa rubanda.

Urukiko rwavuze ko rwasanze amafaranga arenga miliyari 85 z’amafaranga ya CFA yarakoreshejwe nabi mu biro by’umuryango wa Bongo wari ku butegetsi, harimo konti z’amahanga zashyirwagaho ayo mafaranga, imitungo itimukanwa ndetse n’imishinga y’ubucuruzi itarigeze ishyirwa mu bikorwa.

Ali Bongo Ondimba ntiyigeze agezwa imbere y’ubutabera, kuko uburwayi bwe butamwemerera kwitabira ibikorwa bya Leta, ibintu byatumye abazwa cyane abo mu muryango we.

Nyuma y’imyanzuro y’urukiko, abinyujije kuri X (Twitter), Noureddin Bongo yagize ati “Urubanza rwabaye nta kimenyetso na kimwe cyigeze gitangwa. Icyemezo cy’urukiko cyashingiye ku buhamya bw’abatangabuhamya bashyizweho igitutu n’ubutegetsi bwa gisirikare. Kuva narekurwa, nakomeje kugaragaza uburyo ubutabera bwa Gabon bugendera ku mabwiriza y’ubutegetsi bukuru, none uyu munsi ndimo kwishyura igiciro cy’ukuri. Sinigeze nyereza amafaranga na rimwe, kandi nzahora nirwanaho kugira ngo ukuri kumenyekane imbere y’inzego z’ubutabera zigenga.”

Kugeza ubu, Sylvia Bongo na Noureddin Bongo baba hanze y’igihugu, gusa urukiko rwategetse ko batabwa muri yombi mu gihe baba bakandagiye ku butaka bwa Gabon.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 5 =

Previous Post

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Next Post

Why every young woman should learn a practical trade

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

by radiotv10
06/12/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga ibicanwa bidahagarara ku Buhinde. Ibi Putin yabitangarije mu ruzinduko...

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Why every young woman should learn a practical trade

Why every young woman should learn a practical trade

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.