• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

radiotv10by radiotv10
13/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwo urubyiruko rwinshi rwari ruteraniye kuri sitade El-Wak Sports Stadium i Accra  muri Ghana mu gikorwa cyo kureba abashaka kwinjira mu gisirikare cy’iki Gihugu, abantu batandatu bapfiriye mu mvururu zabaye, abandi benshi barakomereka biturutse ku mubyigano w’abantu benshi.

Amakuru atangazwa n’inzego z’umutekano avuga ko uwo muvundo watangiye mbere y’uko igikorwa gitangira ku mugaragaro, ubwo abantu benshi barwaniraga kwinjira icyarimwe, ibyateje umutekano muke.

Uwo mubyigano w’abantu benshi watumye bamwe bahasiga ubuzima, mu gihe abandi benshi bakomerekeye muri izo mvururu. Kuri ubu, bamwe muri bo bari kuvurirwa mu bitaro bya gisirikare bya 37 biherereye i Accra, mu murwa mukuru w’iki gihugu.

Ubuyobozi bw’igisirikare bwahise bufata ingamba zo kongera ingufu mu gukaza umutekano, mu gihe igikorwa cyo gushaka abinjira mu gisirikare gikomeje.

Izi mvururu zibaye mu gihe urubyiruko rwa Ghana rukomeje guhangana n’ikibazo cy’ubushomeri kiri hafi ya 13%, bituma ibihumbi by’abasore n’inkumi bashaka amahirwe yo kubona akazi mu nzego z’umutekano.

Igihe ntarengwa cyo gutanga ubusabe bwo kwiyandikisha kwinjira mu gisirikare cyari cyarongerewe icyumweru, bituma abiyandikishije barushaho kuba benshi kurusha uko byari biteganyijwe.

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru, Igisirikare cya Ghana (GAF) cyatangaje ko cyifatanyije n’imiryango y’abapfushije ababo, kandi cyijeje ko hakorwa iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane icyateye izo mvururu ndetse hashakwe uburyo bwo kwirinda ko byongera kuba.

Ubushomeri mu rubyiruko bukomeje kuba ikibazo gikomeye muri Ghana, aho kubona akazi mu gisirikare bifatwa nk’amahirwe yizewe yo kugira ubuzima burambye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

Next Post

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.