Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

radiotv10by radiotv10
15/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba
Share on FacebookShare on Twitter

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ivuga ko iri kuvuguta umuti uzakemura iki kibazo burundu.

Bamwe mu baturage baherutse kuganira na RADIOTV10, bagaragaje imbogamizi bakunze guhura na zo mu buhinzi bwabo, zirimo kubura isoko ry’umusaruro baba bejeje.

Mukamana yagize ati “Twarejeje, tumaze gusarura dutegereza umushoramari waza kuwugura turaheba. Ubu umuceri wacu waheze mu mbuga.”

Abadepite bagize Komisiyo y’Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije mu Nteko Ishinga Amategeko, bongeye kugaragariza Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda MINICOM iki kibazo, banayibaza ingamba zizakirandura.

Depite Muzana Alice yagize ati “Ntabwo bikwiye ko abahinzi, amakoperative bahinga ngo umusaruro ubure isoko, cyangwa se wanabona isoko ibiciro bikaba bitanogeye impande zombi.”

Yakomeje ati “Ni iki kiri gukorwa ngo ibijyanye no guhuza umusaruro n’isoko bitegurwe mbere yo guhinga, kugira ngo ikibazo cy’ibura ry’amasoko ku musaruro kigende gishakirwa igisubizo burambye, ku buryo tutazongera kubona umusaruro ubura isoko kandi hari imbaraga nyinshi igihugu kirimo gishyira mu kuwongera?”

Umunyamabanga Uhoraho muri MINICOM, Antoine Marie Kajangwe

avuga ko iki kibazo kiri kuvugutirwa umuti urambye, ku bufatanye bw’iyi Minisiteri n’izindi nzego zibifite mu nshingano.

Yagize ati “Mu by’ukuri ibyagaragajwe ni byo, turacyafite umusaruro ubura isoko, ariko hari ibisubizo birambye biri gushakwa. Icya mbere ni uko inzego za Leta zikorana mu gufasha uruhererekane mu bucuruzi bw’imyaka binyuze mu mikoranire na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ndetse na RAB. Hari amabwiriza turimo kunoza duteganya ko azarangira vuba.”

Yakomeje agira ati “Twari dusanzwe dukorana n’izo nzego ariko byakorwaga nta kubazwa inshingano (accountability). Turateganya ko ayo mabwiriza namara kujyaho azafasha mu kugaragaza uburyo bwumvikana izo nzego zigomba gukorana kugira ngo zibashe gufasha abahinzi kubona isoko ry’umusaruro wabo.”

Mu 2017, umuceri wasaruwe wari wageze kuri toni 3,2 kuri hegitari; muri 2024 ugera kuri toni 4,1. Biteganyijwe ko muri 2028/2029 haziyongeraho 35% ugera kuri toni 5,4. Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ivuga ko igiye gukuba gatatu umusaruro w’igihingwa cy’umuceri, ku buryo bitarenze 2030 buri mwaka hazajya hahingwa hegitari 60.000 mu gihugu, zitanga toni 390.000 buri mwaka.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Next Post

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.