Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

radiotv10by radiotv10
15/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba
Share on FacebookShare on Twitter

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ivuga ko iri kuvuguta umuti uzakemura iki kibazo burundu.

Bamwe mu baturage baherutse kuganira na RADIOTV10, bagaragaje imbogamizi bakunze guhura na zo mu buhinzi bwabo, zirimo kubura isoko ry’umusaruro baba bejeje.

Mukamana yagize ati “Twarejeje, tumaze gusarura dutegereza umushoramari waza kuwugura turaheba. Ubu umuceri wacu waheze mu mbuga.”

Abadepite bagize Komisiyo y’Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije mu Nteko Ishinga Amategeko, bongeye kugaragariza Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda MINICOM iki kibazo, banayibaza ingamba zizakirandura.

Depite Muzana Alice yagize ati “Ntabwo bikwiye ko abahinzi, amakoperative bahinga ngo umusaruro ubure isoko, cyangwa se wanabona isoko ibiciro bikaba bitanogeye impande zombi.”

Yakomeje ati “Ni iki kiri gukorwa ngo ibijyanye no guhuza umusaruro n’isoko bitegurwe mbere yo guhinga, kugira ngo ikibazo cy’ibura ry’amasoko ku musaruro kigende gishakirwa igisubizo burambye, ku buryo tutazongera kubona umusaruro ubura isoko kandi hari imbaraga nyinshi igihugu kirimo gishyira mu kuwongera?”

Umunyamabanga Uhoraho muri MINICOM, Antoine Marie Kajangwe

avuga ko iki kibazo kiri kuvugutirwa umuti urambye, ku bufatanye bw’iyi Minisiteri n’izindi nzego zibifite mu nshingano.

Yagize ati “Mu by’ukuri ibyagaragajwe ni byo, turacyafite umusaruro ubura isoko, ariko hari ibisubizo birambye biri gushakwa. Icya mbere ni uko inzego za Leta zikorana mu gufasha uruhererekane mu bucuruzi bw’imyaka binyuze mu mikoranire na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ndetse na RAB. Hari amabwiriza turimo kunoza duteganya ko azarangira vuba.”

Yakomeje agira ati “Twari dusanzwe dukorana n’izo nzego ariko byakorwaga nta kubazwa inshingano (accountability). Turateganya ko ayo mabwiriza namara kujyaho azafasha mu kugaragaza uburyo bwumvikana izo nzego zigomba gukorana kugira ngo zibashe gufasha abahinzi kubona isoko ry’umusaruro wabo.”

Mu 2017, umuceri wasaruwe wari wageze kuri toni 3,2 kuri hegitari; muri 2024 ugera kuri toni 4,1. Biteganyijwe ko muri 2028/2029 haziyongeraho 35% ugera kuri toni 5,4. Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ivuga ko igiye gukuba gatatu umusaruro w’igihingwa cy’umuceri, ku buryo bitarenze 2030 buri mwaka hazajya hahingwa hegitari 60.000 mu gihugu, zitanga toni 390.000 buri mwaka.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 5 =

Previous Post

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Next Post

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

by radiotv10
14/11/2025
0

Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu REG, yateguje ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice bimwe byo mu Turere twa Nyarugenge, Nyamasheke na...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.