Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

radiotv10by radiotv10
15/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba
Share on FacebookShare on Twitter

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ivuga ko iri kuvuguta umuti uzakemura iki kibazo burundu.

Bamwe mu baturage baherutse kuganira na RADIOTV10, bagaragaje imbogamizi bakunze guhura na zo mu buhinzi bwabo, zirimo kubura isoko ry’umusaruro baba bejeje.

Mukamana yagize ati “Twarejeje, tumaze gusarura dutegereza umushoramari waza kuwugura turaheba. Ubu umuceri wacu waheze mu mbuga.”

Abadepite bagize Komisiyo y’Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije mu Nteko Ishinga Amategeko, bongeye kugaragariza Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda MINICOM iki kibazo, banayibaza ingamba zizakirandura.

Depite Muzana Alice yagize ati “Ntabwo bikwiye ko abahinzi, amakoperative bahinga ngo umusaruro ubure isoko, cyangwa se wanabona isoko ibiciro bikaba bitanogeye impande zombi.”

Yakomeje ati “Ni iki kiri gukorwa ngo ibijyanye no guhuza umusaruro n’isoko bitegurwe mbere yo guhinga, kugira ngo ikibazo cy’ibura ry’amasoko ku musaruro kigende gishakirwa igisubizo burambye, ku buryo tutazongera kubona umusaruro ubura isoko kandi hari imbaraga nyinshi igihugu kirimo gishyira mu kuwongera?”

Umunyamabanga Uhoraho muri MINICOM, Antoine Marie Kajangwe

avuga ko iki kibazo kiri kuvugutirwa umuti urambye, ku bufatanye bw’iyi Minisiteri n’izindi nzego zibifite mu nshingano.

Yagize ati “Mu by’ukuri ibyagaragajwe ni byo, turacyafite umusaruro ubura isoko, ariko hari ibisubizo birambye biri gushakwa. Icya mbere ni uko inzego za Leta zikorana mu gufasha uruhererekane mu bucuruzi bw’imyaka binyuze mu mikoranire na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ndetse na RAB. Hari amabwiriza turimo kunoza duteganya ko azarangira vuba.”

Yakomeje agira ati “Twari dusanzwe dukorana n’izo nzego ariko byakorwaga nta kubazwa inshingano (accountability). Turateganya ko ayo mabwiriza namara kujyaho azafasha mu kugaragaza uburyo bwumvikana izo nzego zigomba gukorana kugira ngo zibashe gufasha abahinzi kubona isoko ry’umusaruro wabo.”

Mu 2017, umuceri wasaruwe wari wageze kuri toni 3,2 kuri hegitari; muri 2024 ugera kuri toni 4,1. Biteganyijwe ko muri 2028/2029 haziyongeraho 35% ugera kuri toni 5,4. Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ivuga ko igiye gukuba gatatu umusaruro w’igihingwa cy’umuceri, ku buryo bitarenze 2030 buri mwaka hazajya hahingwa hegitari 60.000 mu gihugu, zitanga toni 390.000 buri mwaka.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 12 =

Previous Post

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Next Post

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.