Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

radiotv10by radiotv10
17/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere buravuga ko bwashyizeho siporo rusange ikorwa kabiri mu kwezi hirya no hino mu karere aho abyitabira bapimwa indwara zitandura bakanagirwa inama y’uburyo bwo kwitwara mu kuzirinda naho ikigo cy’ubuzima RBC cyo kivuga ko mu guhashya izo ndwara nibura umuntu  agomba gukora siporo iminota 30 buri munsi.

Nyuma ya siporo rusanjye abatuye mu mujyi wa Rusizi bakoranye n’abayobozi b’akarere ndeste n’intumwa z’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima Niyonsenga Simon Pierre ushinzwe ibikorwa byo kurwanya diyabete muri RBC yabwiye abayitabiriye akamaro ka Siporo mu kwirinda  ndwara zitandura .

Ati “Icyintu icyo ari cyo cyose mu mubiri w’umuntu gitemberezwa n’amaraso.iyo umuntu adakora siporo umubiri umera nk’aho usinziriye amaraso ntatembere,  ariko iyo umuntu akoze siporo amaraso agatembera akagera mu bice byose by’umubiri bikarinda indwara zitandukanye”.

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Habimana Alfred wakoranye siporo n’abatuye umujyi wa Rusizi avuga ko ubuyobozi bwashyizeho gahunda ihoraho yo gukora siporo ihuriweho inshuro ebyiri mu kwezi ikorerwa mu mirenge yose ndetse igakurikirwa n’ibikorwa byo gupima ku buntu indwara zitandura zirimo diyabete n’umuvuduko w’amaraso.

Ati “Gahunda ya kabiri mu kwezi, ntago ari hano mu mujyi gusa ni mu mirenge yose uko ari 18. Habanza siporo nyuma yayo ibigonderabuzima byo muri iyo mirenge bigabapima umuvudu w’amaraso n’isukari mu mubiri.”

Uwitwa Nirere Jeanine wo mu murenge wa Kamembe witabiriye siporo akanipimisha indwara zitandura ku nshuro ya mbere avuga ko mbere yumvaga ko gukora siporo bireba abakire gusa ariko ko akimara gusanga ahagaze neza agiye kurushaho kwita ku  buzima bwe akora siporo mu buryo buhoraho.

Ati “Ni ubwa mbere nipimishije, ntago najyaga mbyitaho ni uko numvise ko hari siporo no gupima abantu nanjye nkitabira, basanze nta kibazo mfite ariko ngiye guhagarika kunywa inzoga njye nkora siporo nyuma yo kumva inama bampaye”.

Mbarushimana Alphonse ushinzwe ibikorwa mu ihuriro ry’imiryango nyarwanda irwanya indwara zitandura (NCD Alliance) avuga ko urubyiruko rukwiye gukangukira kwirinda izi ndwara kuko zifata abageze mu myaka yo gukora zikaba zadindiza iterambere ryabo n’iry’igihugu muri rusange .

Agira ati “Urebye abantu bahitanwa na diyabete bari hagati y’imyaka 18 na 69. Mu myaka iri hagati aho ni ho umuntu aba arangije kwiga atangiye gukora, iyo tumutakaje tuba tubuze imbaraga. Icya kabiri izi ndwara ziganisha ku bukene bitewe no kuba hari ubushozi butakara mu kuzivuza bwakabaye bukoreshwa mu kwiteza imbere hakiyongeraho ko zigabanya imbaraga zo gukora kuko hari abatakaza ibice by’umubiri kubera Diyabete”.

Imibare itangwa n’ikigo cy’ubuzima (RBC) igaragaza ko indwara ya diyabete n’iziyishamikiyeho zihitana abagera ku 2000 buri mwaka mu Rwanda mu gihe ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima  (WHO) rivuga ko ku mwaka iyi ndwara yica abantu miriyoni 1.5.

WHO ikomeza ivuga ko mu myaka 20 iri imbere umubare w’abarwaye diyabete uzikuba 2 mu gihe reta z’ibihugu zitaba zifashe ingaba zo kuyirwanya.

Ab’i Rusizi bakoze siporo rusange
Biyemeje kuzajya bayikora kabiri mu kwezi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − thirteen =

Previous Post

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Next Post

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.