Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

radiotv10by radiotv10
17/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere buravuga ko bwashyizeho siporo rusange ikorwa kabiri mu kwezi hirya no hino mu karere aho abyitabira bapimwa indwara zitandura bakanagirwa inama y’uburyo bwo kwitwara mu kuzirinda naho ikigo cy’ubuzima RBC cyo kivuga ko mu guhashya izo ndwara nibura umuntu  agomba gukora siporo iminota 30 buri munsi.

Nyuma ya siporo rusanjye abatuye mu mujyi wa Rusizi bakoranye n’abayobozi b’akarere ndeste n’intumwa z’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima Niyonsenga Simon Pierre ushinzwe ibikorwa byo kurwanya diyabete muri RBC yabwiye abayitabiriye akamaro ka Siporo mu kwirinda  ndwara zitandura .

Ati “Icyintu icyo ari cyo cyose mu mubiri w’umuntu gitemberezwa n’amaraso.iyo umuntu adakora siporo umubiri umera nk’aho usinziriye amaraso ntatembere,  ariko iyo umuntu akoze siporo amaraso agatembera akagera mu bice byose by’umubiri bikarinda indwara zitandukanye”.

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Habimana Alfred wakoranye siporo n’abatuye umujyi wa Rusizi avuga ko ubuyobozi bwashyizeho gahunda ihoraho yo gukora siporo ihuriweho inshuro ebyiri mu kwezi ikorerwa mu mirenge yose ndetse igakurikirwa n’ibikorwa byo gupima ku buntu indwara zitandura zirimo diyabete n’umuvuduko w’amaraso.

Ati “Gahunda ya kabiri mu kwezi, ntago ari hano mu mujyi gusa ni mu mirenge yose uko ari 18. Habanza siporo nyuma yayo ibigonderabuzima byo muri iyo mirenge bigabapima umuvudu w’amaraso n’isukari mu mubiri.”

Uwitwa Nirere Jeanine wo mu murenge wa Kamembe witabiriye siporo akanipimisha indwara zitandura ku nshuro ya mbere avuga ko mbere yumvaga ko gukora siporo bireba abakire gusa ariko ko akimara gusanga ahagaze neza agiye kurushaho kwita ku  buzima bwe akora siporo mu buryo buhoraho.

Ati “Ni ubwa mbere nipimishije, ntago najyaga mbyitaho ni uko numvise ko hari siporo no gupima abantu nanjye nkitabira, basanze nta kibazo mfite ariko ngiye guhagarika kunywa inzoga njye nkora siporo nyuma yo kumva inama bampaye”.

Mbarushimana Alphonse ushinzwe ibikorwa mu ihuriro ry’imiryango nyarwanda irwanya indwara zitandura (NCD Alliance) avuga ko urubyiruko rukwiye gukangukira kwirinda izi ndwara kuko zifata abageze mu myaka yo gukora zikaba zadindiza iterambere ryabo n’iry’igihugu muri rusange .

Agira ati “Urebye abantu bahitanwa na diyabete bari hagati y’imyaka 18 na 69. Mu myaka iri hagati aho ni ho umuntu aba arangije kwiga atangiye gukora, iyo tumutakaje tuba tubuze imbaraga. Icya kabiri izi ndwara ziganisha ku bukene bitewe no kuba hari ubushozi butakara mu kuzivuza bwakabaye bukoreshwa mu kwiteza imbere hakiyongeraho ko zigabanya imbaraga zo gukora kuko hari abatakaza ibice by’umubiri kubera Diyabete”.

Imibare itangwa n’ikigo cy’ubuzima (RBC) igaragaza ko indwara ya diyabete n’iziyishamikiyeho zihitana abagera ku 2000 buri mwaka mu Rwanda mu gihe ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima  (WHO) rivuga ko ku mwaka iyi ndwara yica abantu miriyoni 1.5.

WHO ikomeza ivuga ko mu myaka 20 iri imbere umubare w’abarwaye diyabete uzikuba 2 mu gihe reta z’ibihugu zitaba zifashe ingaba zo kuyirwanya.

Ab’i Rusizi bakoze siporo rusange
Biyemeje kuzajya bayikora kabiri mu kwezi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − one =

Previous Post

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Next Post

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Related Posts

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

IZIHERUKA

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri
IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

by radiotv10
17/11/2025
0

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

17/11/2025
Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

16/11/2025
Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy'amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.