Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

radiotv10by radiotv10
17/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere buravuga ko bwashyizeho siporo rusange ikorwa kabiri mu kwezi hirya no hino mu karere aho abyitabira bapimwa indwara zitandura bakanagirwa inama y’uburyo bwo kwitwara mu kuzirinda naho ikigo cy’ubuzima RBC cyo kivuga ko mu guhashya izo ndwara nibura umuntu  agomba gukora siporo iminota 30 buri munsi.

Nyuma ya siporo rusanjye abatuye mu mujyi wa Rusizi bakoranye n’abayobozi b’akarere ndeste n’intumwa z’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima Niyonsenga Simon Pierre ushinzwe ibikorwa byo kurwanya diyabete muri RBC yabwiye abayitabiriye akamaro ka Siporo mu kwirinda  ndwara zitandura .

Ati “Icyintu icyo ari cyo cyose mu mubiri w’umuntu gitemberezwa n’amaraso.iyo umuntu adakora siporo umubiri umera nk’aho usinziriye amaraso ntatembere,  ariko iyo umuntu akoze siporo amaraso agatembera akagera mu bice byose by’umubiri bikarinda indwara zitandukanye”.

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Habimana Alfred wakoranye siporo n’abatuye umujyi wa Rusizi avuga ko ubuyobozi bwashyizeho gahunda ihoraho yo gukora siporo ihuriweho inshuro ebyiri mu kwezi ikorerwa mu mirenge yose ndetse igakurikirwa n’ibikorwa byo gupima ku buntu indwara zitandura zirimo diyabete n’umuvuduko w’amaraso.

Ati “Gahunda ya kabiri mu kwezi, ntago ari hano mu mujyi gusa ni mu mirenge yose uko ari 18. Habanza siporo nyuma yayo ibigonderabuzima byo muri iyo mirenge bigabapima umuvudu w’amaraso n’isukari mu mubiri.”

Uwitwa Nirere Jeanine wo mu murenge wa Kamembe witabiriye siporo akanipimisha indwara zitandura ku nshuro ya mbere avuga ko mbere yumvaga ko gukora siporo bireba abakire gusa ariko ko akimara gusanga ahagaze neza agiye kurushaho kwita ku  buzima bwe akora siporo mu buryo buhoraho.

Ati “Ni ubwa mbere nipimishije, ntago najyaga mbyitaho ni uko numvise ko hari siporo no gupima abantu nanjye nkitabira, basanze nta kibazo mfite ariko ngiye guhagarika kunywa inzoga njye nkora siporo nyuma yo kumva inama bampaye”.

Mbarushimana Alphonse ushinzwe ibikorwa mu ihuriro ry’imiryango nyarwanda irwanya indwara zitandura (NCD Alliance) avuga ko urubyiruko rukwiye gukangukira kwirinda izi ndwara kuko zifata abageze mu myaka yo gukora zikaba zadindiza iterambere ryabo n’iry’igihugu muri rusange .

Agira ati “Urebye abantu bahitanwa na diyabete bari hagati y’imyaka 18 na 69. Mu myaka iri hagati aho ni ho umuntu aba arangije kwiga atangiye gukora, iyo tumutakaje tuba tubuze imbaraga. Icya kabiri izi ndwara ziganisha ku bukene bitewe no kuba hari ubushozi butakara mu kuzivuza bwakabaye bukoreshwa mu kwiteza imbere hakiyongeraho ko zigabanya imbaraga zo gukora kuko hari abatakaza ibice by’umubiri kubera Diyabete”.

Imibare itangwa n’ikigo cy’ubuzima (RBC) igaragaza ko indwara ya diyabete n’iziyishamikiyeho zihitana abagera ku 2000 buri mwaka mu Rwanda mu gihe ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima  (WHO) rivuga ko ku mwaka iyi ndwara yica abantu miriyoni 1.5.

WHO ikomeza ivuga ko mu myaka 20 iri imbere umubare w’abarwaye diyabete uzikuba 2 mu gihe reta z’ibihugu zitaba zifashe ingaba zo kuyirwanya.

Ab’i Rusizi bakoze siporo rusange
Biyemeje kuzajya bayikora kabiri mu kwezi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 13 =

Previous Post

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Next Post

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.