Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

radiotv10by radiotv10
17/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko bahangayikishijwe n’imibereho yabo y’ahazaza kubera itsinda ryiyise Abajongo rikomeje kwirara mu mirima yabo ku ngufu rikarimbura imyaka yabo rigamije gucukura amabuye y’agaciro.

Mu buhamya bwa bamwe muri aba baturage, bavuga ko iri tsinda rizwi nk’Abajongo rimaze igihe kinini ribabuza umutekano ku buryo ibikorwa byabo bigeye kubateza inzara bakaba abatindi kandi bari bitunze.

Nyirabagiri Annonciata (wo muri Nyamyumba/Rubavu) yagize ati “Uwitawe Mbabare Pierre yari atunzwe n’urutoki none Abajongo bararuhingaguye inzara igiye kumwica kimwe na Dativa na Emmanuel. Abo bose ni imbabare kubera Abajongo.”

Nyiraturatsinze Marceline (wo muri Kivumu/Rutsiro) yagize ati “None se ko ugeze mu isambu yanjye ntubyiboneye? [umunyamakuru yageze mu isambu y’uyu muturage asanga bari gucukura, bamwe bari mu mwobo undi ari kubacungira hejuru, bahita bamwirukankana].

Uyu muturage akomeza agira ati “Ubu iriya sambu nayihingaga abuzukuru nkabaciramo agatoki bakararira none sinzi uko tuzabaho.”

Bakomeza bagaragaza ko izi nsoresore zidatinya no gusenyeraho abantu inzu iyo zamenye ko yubatswe hejuru y’amabuye, zikirirwa inyuma mu mirima yabo.

Cyakora nubwo hari abaturage bamwe na bamwe bagenda bakorana n’izo nsoresore, bamwe mu baganiriye na RADIOTV10 babwiye umunyamakuru ko bigamba ko bishyuye ba nyirimirima, ahanini bagamije kugira ngo ubuyobozi abe ari bwo bubakurikirana.

Shyirambere Minani (wo muri Nyamyumba/Rubavu) ati “Bo baza baje gucukura bafite imipanga, kandi iyo bafashe umuntu bahita bamutema. Ubwo rero iyo ubonye umurima wawe ugiye kuzawusigaho ubuzima, ukabareka bagacukura.”

Nyiraturatsinze Marceline (wo muri Kivumu/Rutsiro) ati “Uwitwa Ruburi ubahagarariye sinzi aho ajyana ayo mabuye, ni we ubihazi gusa. Iyo bamaze gusinda bagenda bigamba ngo muzehe twamuhaye ibihumbi 180k kandi ari ukubeshya.”

Ubwo umunyamakuru yageraga mu mudugudu wa Kagera mu Kagari ka Kabere, umurenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, hafi y’agasozi bivugwa ko umubare munini w’abagize iryo tsinda batuyeho, yabonye bamwe muri bo bacukura umuhanda ku manywa y’ihangu.

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa yamagana iby’iri tsinda rizwi nk’Abajongo, akavuga ko ari ubucukuzi butemewe bukunze gukorwamo na ba nyirimirima.

Ati “Aho hantu duhana imbibe na Rubavu, urumva bamwe baturuka za Rubavu bagahura n’abahaturiye mu Karere kacu maze bagakora ubucukuzi butemewe. Gusa muri kwa guhuza imbaraga nk’Uturere twombi twari twahashyize bamwe bakora ubwo bucukuzi butemewe. Ubundi rero icyo tugiye gukora ni ugufatanya n’inzego zibegereye kuko harimo abana babo, harimo abavandimwe. Gusa rya tsinda ngo ryitwa Abajongo, iryo ntaririho, ni abaturage baho, ni abana baho bakora ubucukuzi butemewe.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko kuva mu myaka itatu ishize, muri aka gace hamaze gufatwa abakora ubwo bucukuzi butemewe barenga 47.

Imirima yabo barayicukuye imwe yari irimo n’imyaka

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Next Post

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.