• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

radiotv10by radiotv10
17/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko bahangayikishijwe n’imibereho yabo y’ahazaza kubera itsinda ryiyise Abajongo rikomeje kwirara mu mirima yabo ku ngufu rikarimbura imyaka yabo rigamije gucukura amabuye y’agaciro.

Mu buhamya bwa bamwe muri aba baturage, bavuga ko iri tsinda rizwi nk’Abajongo rimaze igihe kinini ribabuza umutekano ku buryo ibikorwa byabo bigeye kubateza inzara bakaba abatindi kandi bari bitunze.

Nyirabagiri Annonciata (wo muri Nyamyumba/Rubavu) yagize ati “Uwitawe Mbabare Pierre yari atunzwe n’urutoki none Abajongo bararuhingaguye inzara igiye kumwica kimwe na Dativa na Emmanuel. Abo bose ni imbabare kubera Abajongo.”

Nyiraturatsinze Marceline (wo muri Kivumu/Rutsiro) yagize ati “None se ko ugeze mu isambu yanjye ntubyiboneye? [umunyamakuru yageze mu isambu y’uyu muturage asanga bari gucukura, bamwe bari mu mwobo undi ari kubacungira hejuru, bahita bamwirukankana].

Uyu muturage akomeza agira ati “Ubu iriya sambu nayihingaga abuzukuru nkabaciramo agatoki bakararira none sinzi uko tuzabaho.”

Bakomeza bagaragaza ko izi nsoresore zidatinya no gusenyeraho abantu inzu iyo zamenye ko yubatswe hejuru y’amabuye, zikirirwa inyuma mu mirima yabo.

Cyakora nubwo hari abaturage bamwe na bamwe bagenda bakorana n’izo nsoresore, bamwe mu baganiriye na RADIOTV10 babwiye umunyamakuru ko bigamba ko bishyuye ba nyirimirima, ahanini bagamije kugira ngo ubuyobozi abe ari bwo bubakurikirana.

Shyirambere Minani (wo muri Nyamyumba/Rubavu) ati “Bo baza baje gucukura bafite imipanga, kandi iyo bafashe umuntu bahita bamutema. Ubwo rero iyo ubonye umurima wawe ugiye kuzawusigaho ubuzima, ukabareka bagacukura.”

Nyiraturatsinze Marceline (wo muri Kivumu/Rutsiro) ati “Uwitwa Ruburi ubahagarariye sinzi aho ajyana ayo mabuye, ni we ubihazi gusa. Iyo bamaze gusinda bagenda bigamba ngo muzehe twamuhaye ibihumbi 180k kandi ari ukubeshya.”

Ubwo umunyamakuru yageraga mu mudugudu wa Kagera mu Kagari ka Kabere, umurenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, hafi y’agasozi bivugwa ko umubare munini w’abagize iryo tsinda batuyeho, yabonye bamwe muri bo bacukura umuhanda ku manywa y’ihangu.

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa yamagana iby’iri tsinda rizwi nk’Abajongo, akavuga ko ari ubucukuzi butemewe bukunze gukorwamo na ba nyirimirima.

Ati “Aho hantu duhana imbibe na Rubavu, urumva bamwe baturuka za Rubavu bagahura n’abahaturiye mu Karere kacu maze bagakora ubucukuzi butemewe. Gusa muri kwa guhuza imbaraga nk’Uturere twombi twari twahashyize bamwe bakora ubwo bucukuzi butemewe. Ubundi rero icyo tugiye gukora ni ugufatanya n’inzego zibegereye kuko harimo abana babo, harimo abavandimwe. Gusa rya tsinda ngo ryitwa Abajongo, iryo ntaririho, ni abaturage baho, ni abana baho bakora ubucukuzi butemewe.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko kuva mu myaka itatu ishize, muri aka gace hamaze gufatwa abakora ubwo bucukuzi butemewe barenga 47.

Imirima yabo barayicukuye imwe yari irimo n’imyaka

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 1 =

Previous Post

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Next Post

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.