Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

radiotv10by radiotv10
20/11/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 20 Ugushyingo 2025, ku Kibuga cy’Indege aho Perezida Kagame yahaye ikaze Emir wa Qatar, uje ayoboye itsinda ry’abayobozi mu nzego nkuru za kiriya Gihugu.

Muri uyu muhango wabereye ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, Emir wa Qatar, yakiriwe mu cyubahiro gihebuje, mu karasisi gasanzwe kakira abanyacyubahiro.

Nyuma yo kuramukanya, Perezida Kagame yahise aha ikaze Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani amugaragariza bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu bari bagiye kumwakira.

Biteganyijwe kandi ko Perezida Kagame n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, bagirana ibiganiro bigamije guteza imbere umubano n’imikoranire, bisanzwe hagati y’Ibihugu byombi.

U Rwanda na Qatar, bisanzwe bifitanye umubano mwiza ushingiye ku bufatanye n’imikoranire mu nzego zinyuranye, zirimo iz’iterambere ry’ubukungu, mu by’umutekano, ndetse no mu zindi nzego.

Perezida Kagame na we aheruka muri Qatar, aho yariyo mu ntangiro z’uku kwezi, aho yari yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku iterambere (World Summit for Social Development).

Umukuru w’u Rwanda kandi n’ubundi yari yakiriwe na Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani basanzwe banafitanye umubano mwiza nk’inshuti, bombi bahuje kureba kure mu iterambere ry’Ibihugu byabo.

Emir wa Qatar, na we mu bihe bitandukanye yagendereye u Rwanda, nko muri Mata 2019, ubwo yahagiriraga uruzinduko rw’iminsi itatu, rwasize umubano w’Ibihugu byombi urushijeho gutera imbere.

Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani wanagarutse mu Rwanda muri 2022 ubwo yitabiraga Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango Commonwealth w’Ibikoresha Icyongereza CHOGM, yakunze kugaragaza Perezida Kagame nk’inshuti ye ikomeye, akaba Umuyobozi ureba kure.

Emir wa Qatar agendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda
Abo muri Qatar

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − six =

Previous Post

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Related Posts

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

by radiotv10
20/11/2025
0

Uruganda ‘Agashinguracumu’ ruherereye mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki, rwatahuwe...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.