Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

radiotv10by radiotv10
24/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho ipoto y’umuyoboro mugari w’amashanyarazi, ariko amaze iyo myaka yose yarabuze uwamukemurira iki kibazo.

Nyirahategekimana Speciose utuye mu Mudugudu wa Kabigabiro, Akagari ka Bunyoni, Umurenge wa Kivumu, avuga ko ababazwa no kubona ipoto y’umuyoboro mugari w’amashanyarazi yashinzwe mu mbuga ye none imyaka ikaba ibaye 14 asiragira ku ngurane y’amafaranga ibihumbi 400 yemerewe.

Yagize ati “Abarundi baje kubaka batubwiye ko bazatwishyura. Igihe amafaranga bavuze ngo yasohotse nagiye ku murenge bambwira ko uwayubatse ngo yatorotse. Nkibaza ngo kuki ari njye bimye amafaranga! Narakurikiranye ariko kugeza n’ubu sindayabona nyamara aba nyuma yanjye barayishyuye. Nta hantu ntagejeje ikibazo cyanjye nyamara ntacyo bansubiza.”

Uyu muturage akomeza agaragaza ingaruka uku gusiragira byamuteye, ari na ko atakamba asaba ko yahabwa ayo mafaranga y’ingurane y’ubutaka bwe.

Nyirahategekimana Speciose ati “Amafaranga narayabuze, n’ubutaka ndabubura. Nk’ubu umuhungu wanjye agize imyaka 22 yabuze aho yasiza ikibanza cyo kubaka none yarangaye. Nabuze byose, bampejeje inyuma y’amateka.”

Ni mu gihe ubwo umunyamakuru yavuganaga n’umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu (REG), ishami rya Rutsiro, Bahoranimana Barnabé, yamwizeje ko agiye gukurikirana iki kibazo kugira ngo gikemurwe.

Ibibazo by’itinda ry’ingurane z’ubutaka bw’abaturage bwubakwaho ibikorwa by’inyungu rusange biri mu bikunda kugaragara cyane mu bihangayikishije abaturage, mu gihe Itegeko rigenga ingurane ku bikorwa by’inyungu rusange ryo mu mwaka wa 2015 riteganya ko nta muntu wemerewe kubuza ko hari igikorwa cy’inyungu rusange kinyuzwa mu butaka bwe, ariko kandi rikavuga ko icyo gikorwa gitangira ari uko nyir’ubutaka abanje kwishyurwa ingurane ikwiye.

Nyirahategekimana asaba kurenganurwa

Ipoto iteretse mu marembo y’iwe

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

10 Reasons why you should visit Rwanda

Related Posts

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

IZIHERUKA

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho
IMIBEREHO MYIZA

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

24/11/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

22/11/2025
Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

10 Reasons why you should visit Rwanda

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.